Umwana w’umuhungu witwa Twizeyimana Claude ufite imyaka 13 uvuga ko iwabo ari mu murenge wa Rurenge, akagari ka Gitaraga, umudugudu wa Rujambara ho mu karere ka Ngoma ubu arabarizwa mu karere ka Ngororero aho avuga ko yatawe na se umubyara.
Mu gutangiza gahunda yiswe ‘Ndi Umunyarwanda’, Perezida Kagame yavuze ko bizaruhanya gukemura ibibazo by’urusobe biri mu Banyarwanda, barimo abatagira ukuri, abakigaragaza ko babonye uburyo bakwica abandi, n’abatiyakira uko baremwe; ariko ngo hari n’abarenze ibyo bakwiye gutanga isomo.
Abagore bo mu karere ka Rusizi bakoze igitaramo cyiswe umugoroba w’ababyeyi hagamijwe kurebera hamwe no kwishimira ibyo bagezeho birimo kugarura indangagaciro n’umuco mu muryango nyarwanda, guhuza ingo zibanye mu makimbirane n’ibindi ibikorwa by’iterambere bamaze kugeraho.
Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda arasaba abapolisikazi bari mu mahugurwa yo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina, i Nkumba mu karere ka Burera, gushyira mu bikorwa ibyo bari kuhigira kugira ngo ihohoterwa rishingiye ku gitsina mu Rwanda ricike burundu.
Koperative ikora ubworozi bw’inzuki mu Mudugudu wa Ngarama, Akagali ka Nyabikiri, Umurenge wa Kabarore mu Karere ka Gatsibo yitwa KABACO (Kabarore Abatiganda Cooperative) iratabaza ubuyobozi bw’aka Karere ku gihombo yatewe n’umuntu wayirogeye inzuki.
Gen. James Hoth Mai, Umugaba mukuru w’ingabo za Sudani y’Epfo, aratangaza ko igihugu cye kiteze kwigira byinshi ku gisirikare cy’u Rwanda, nyuma y’uko ibi bihugu byombi byasinyanye kugirana ubufatanye mu rwego rwa gisirikare.
Kuri uyu wa kane tariki ya 07/11/2013, mu karere ka Nyamagabe hatangiye amahugurwa y’iminsi ibiri komisiyo y’uburenganzira bwa muntu yageneye abagize komite z’ibigo nderabuzima mu turere twa Huye na Nyaruguru, aho bazaba bahugurwa ku burenganzira bwa muntu muri rusange, ndetse n’uburenganzira bw’ibyiciro byihariye.
Ubwo hatangizwaga ku mugaragaro ikiciro cya kabiri cy’amahugurwa mu itunganyamakuru ry’amajwi no gukoresha imbuga nkoranyambaga, tariki 06/11/2013, abanyabukorikori bibumbiye mu rugaga rw’abikorera (PSF) basabwe kubyaza umusaruro ubumenyi bazahabwa, bukabafasha kumenyekanisha ibikorwa bakora.
Itangazamakuru ryo mu Rwanda ryeguriwe uburenganzira bwo kwigenzura ku makuru rigeza ku Banyarwanda, nyuma y’uko Leta imaze gusanga ryarakuze mu myumvire, nk’uko bitangazwa na Prof. Anastase Shyaka, umuyobozi w’ikigo cy’igihugu cy’imiyoborere (RGB).
Amazu 19 harimo ay’abaturage, ibiro by’akagari n’insengero byo mu murenge wa Mukura mu karere ka Rutsiro byangijwe n’imvura ivanze n’umuyaga yaguye tariki 05/11/2013 hagati ya saa munani na saa kumi z’igicamunsi.
Umumotari umwe yitabye Imana naho abandi batatu barakomereka bikomeye bitewe n’impanuka yabereye mu murenge wa Kibungo akarere ka Ngoma tariki 06/11/2013 mu masaha ya saa saba.
Ikigega gishinzwe gutera inkunga imyigishirize y’ubumenyi ngiro cyane ku bigo n’abantu bashobora gutanga amahugurwa mu buryo bwihuse (SDF) kuri uyu wa 06/11/2013 cyasuye ibigo, amakoperative, abikorera n’abandi bashobora kwigisha Abanyarwanda imyuga bo mu karere ka Nyamagabe hagamijwe kubigisha uko bashobora gutegura (…)
Uruganda rukora ibinyobwa bisembuye n’ibidasembuye rwa Bralirwa rubifashijwemo na Polisi y’igihugu rwahuguye abakozi barwo uburyo bakwitwararika mu muhanda, kugira ngo birinde impanuka zishobora gutwara ubuzima bw’abantu.
U Rwanda rurasaba abapolisi bagiye kuruhagararira mu gikorwa cyo kubungabunga amahoro mu gihugu cya Mali, kuzatahukana intsinzi iturutse ku gukora neza umwuga bashinzwe, mu myitwarire no gukomeza indangagaciro z’umuco nyarwanda.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’akagari ka Murambi mu murenge wa Musasa mu karere ka Rutsiro, Karegeya Mathieu n’umucuruzi witwa Simiyoni bakurikiranyweho kunyereza ibiro 250 by’imbuto y’ibigori.
Umutwe wa M23 warwanyaga Leta ya Congo washyize intwaro hasi kuva tariki 05/11/2013 nk’uko bigaragara mu itangazo uwo mutwe washyize ahagaragara.
Mu nama abayobozi ba polisi y’u Rwanda bagiranye n’abayobora polisi y’u Burundi kuri uyu wa 5/11/2013, bishimiye ibyo bamaze kugeraho babikesha ubufatanye, kandi biyemeza gukomeza gufatanya mu gutuma umutekano w’ibihugu byombi urushaho kugenda neza.
Raporo za Minisiteri y’abakozi ba Leta n’umurimo zigaragaza ko nibura abakozi bagera kuri babiri mu bucukuzi bapfa bazira impanuka ahanini zikomoka ku kazi buri kwezi.
Abanyeshuri 1442 basoje amashuri yisumbuye bo mu karere ka Nyamasheke ni bo bategerejwe mu Itorero ryo ku Rugerero mu rwego rw’aka karere riteganyijwe kuzatangira tariki 29/11/2013.
Abahagarariye ibihugu 20 bigize imiryango ya SADC n’ihuriro ICGLR ry’ibihugu byo mu karere basabye bakomeje ko ingabo za LONI muri Kongo zibumbiye mu mutwe wa MONUSCO zafatanya n’umutwe wihariye bakanatsimbura imitwe yindi yitwaje intwaro ifite ibirindiro muri Kongo.
Abagenzuzi bigenga bashinzwe kugenzura uburyo ikigo cy’amahoro (Rwanda Peace Academy) gikoresha inkunga kigenerwa n’ikigo cy’Abadage gishinzwe iterambere (GIZ), baravuga ko iki kigo gikwiye kugenerwa inkunga ndetse ikiyongera kugirango kirusheho kwesa imihigo.
Mu gihe byari biteganyijwe ko abarwanyi ba FDLR 43 bamaze iminsi mu kigo cya MONUSCO i Goma bagaruka mu Rwanda, ku isaha ya 15h15 ubuyobozi bwa Congo bushinzwe abinjira n’abasohoka bwabangiye kugaruka mu Rwanda buvuga ko ari benshi batashobora kubabarura.
Ishyirahamwe ry’inzego zishinzwe gukumira no kurwanya ruswa mu muryango w’Afurika y’uburasirazuba (EAAACA), ryemeranya n’abavuga ko ibihugu bigize uwo muryango biri mu bifite ruswa yo ku rwego ruhanitse ku isi, aho ngo riteganya gufata ingamba zikomeye zo gukaza ibihano ku bahamwa n’icyo cyaha.
Taliki ya 2/11/2013 mu murenge wa Bugeshi mu karere ka Rubavu hafi y’umupaka w’u Rwanda na Congo, abasirikare batatu ba Congo bigabye mu murima w’umuturage kwiba ibirayi abaturage barabatesha.
Abayobozi bakuru b’igihugu bagomba kugira imyumvire imwe ku bibazo bituruka ku macakubiri yabibwe mu Rwanda kugira ngo bafashe abaturage mu kwiyubakamo Ubunyarwanda.
Umukobwa w’imyaka 16 y’amavuko ukomoka mu mudugudu wa Murambi, akagari ka Shororo mu murenge wa Busanze mu karere ka Nyaruguru amaze amezi arenga abiri ari mu karere ka Rutsiro ashakisha uwamuteye inda.
Mu nama yahuje Guverineri w’intara y’amajyepfo Alphonse Munyantwari na mugezi we w’intara ya Kirundo mu Burundi, Nzigamasabo Leverien, hemejwe ko Abanyarwanda baherutse kwirukanwa mu Burundi bafite ibyangombwa ndetse n’abandi bari kubishaka bamaze kubibona bashobora gusubira mu buzima bwabo.
Abantu 47 bakomoka mu Karere ka Gakenke birukanwe na Leta ya Tanzaniya mu ntangiriro za Nzeri uyu mwaka hari gahunda yo gusuzuma ubufasha bakeneye ngo babugezweho mu minsi iri imbere.
Ubwo umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’umutekamo mu gihugu, Ambasaderi Munyabagisha Valens, yasuraga gereza ya Nyanza tariki 2/11/2013 yagaragaje ko isuku yaho n’abaho ikwiye kuba yafatwaho icyitegererezo.
Imiryango y’abanyeshuri n’abarangije kwiga barokotse Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, AERG na GAERG, iravuga ko isabukuru yayo igeze batakiri impfubyi, ahubwo ubu ngo bashoboye kwishakira ikibatunga, bamwe bakaba ari ababyeyi mu ngo zabo.