Abagore bo mu karere ka Muhanga, bagize itsinda bise “abagore b’ibyiringiro,” batangiye igikorwa cyo kwigisha abagore bagenzi babo kugirango bagaruke ku nshingano zabo zo kubaka urugo kuko byagaragaye ko za “gatanya” zikomeje kugenda ziyongera.
Mu rwego rwo kurushaho gufatanya mu gukumira ibyaha bitaraba, tariki 09/10/2013 uturere dutandatu two mu Ntara y’Amajyepfo twasinye amasezerano na polisi y’u Rwanda agamije ubufatanye mu guhanahana amakuru arebana n’iby’umutekano w’abantu n’ibyabo.
Ubwo yagaragazaga uko ingengo y’imari y’umuryango w’abibumbye (UN) ihagaze, umunyamabanga wungirije w’uwo muryango ushinzwe ibikorwa, Yukio Takasu, yatangaje ko UN ifitiye u Rwanda umwenda wa miliyoni 37 z’amadolari z’abasirikare bajya mu butumwa bwo kubungabunga amahoro.
Ababaruye sim cards za MTN ahuzwa n’indangamuntu za ba nyirayo mu Karere ka Huye n’aka Nyamagabe bavuga ko nta n’umwe wishyuwe amafaranga ye yose nk’uko bari babibasezeranyije.
Koperative y’abahinzi b’icyayi ba Gisovu mu karere ka Karongi (COOTHEGIM) yanze guhabwa ubuzima gatozi bwa koperative yabo yo kugurizanya (COOPEC THEGIM) kuko ngo bishobora kuviramo umurenge SACCO gusenyuka kubera ko abanyamuryango bayo benshi n’ubundi ari abahinzi b’icyayi.
Umuvugizi wa polisi y’u Rwanda mu ntara y’Iburasirazuba yabwiye Kigali Today ko muri Rwamagana hafungiye abagabo babiri bashobora kuzafungwa burundu nibaramuka bahamwe n’icyaha bakurikiranyweho cyo kugaburira abantu inyama z’imbwa.
Ikigega cya Koreya y’Epfo gishinzwe iterambere (KOICA) cyasinyanye amasezerano y’ubufatanye na Polisi y’igihugu yo kuyifasha kongera ubumenyi muri gahunda zose zikenewe, nk’uko byemejwe n’impande zombi mu isinywa ry’aya masezerano kuri uyu wa 08/10/2013.
Umusaza witwa Mawimbi Saidi ubu ufite imyaka 89 akaba atuye mu karere ka Rusizi aracyabasha gukora umwuga we wo gukanika ibyuma bitandukanye. Uyu musaza avuga ko atigeze yiga ariko ngo yavukanye impano zo kuvumbura agakora ibyo buri wese atapfa gushobora.
Ubwo hizihizwaga y’umunsi w’abasheshe akanguhe, tariki 06/10/2013, abo mu karere ka Nyagatare basabwe kwirinda icyakongera kugarura amacakubiri mu baturage ndetse bakanabisobanurira abo babyaye kubera ko aribo bazi byinshi mu byaranze igihugu cyacu.
Ubwo yasezeraga kuri Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, uwari uhagarariye umuryango w’ubumwe bw’i Burayi (EU) mu Rwanda, Amb. Michel Arrion, yavuze ko EU izakomeza gushyigikira u Rwanda muri gahunda z’iterambere.
Mu ivugurura rya gahunda yo gutwara abagenzi mu mujyi wa Kigali, Ruyenzi na yo yahawe tagisi zihagarukira zivuye Nyabugogo ku mafaranga 200Frw. Abatuye ku Ruyenzi n’abagenda bishimiye guhabwa izo modoka kandi ku giciro gito kuko ngo bahendwaga.
Abayobozi b’akanama k’Umuryango w’abibumbye gashinzwe umutekano ku isi (UNSC), bari mu rugendo mu bihugu bya Congo Kishasa, u Rwanda na Uganda, bemeranyijwe na Perezida Kagame ko ikibazo cy’umutwe wa FDLR urwanya u Rwanda kigiye gukurikiranwa mu gihe cya vuba.
Samantha Power uhagarariye Leta Zunze Ubumwe z’Amerika mu muryango w’Abibumye (LONI), yasuye abitandukanyije n’imitwe yitwaje intwaro mu mashyamba ya Congo, atangaza ko u Rwanda rugaragaza ubushatse mu gushishikariza Abanyarwanda kugaruka mu gihugu cyabo.
Abapolisi barenga 26, kuva kuri uyu wa mbere tariki 07/10/2013 batangiye amasomo yo ku rwego rwo hejuru ya gipolisi “Senior command and staff course” agiye kuba ku nshuro ya kabiri mu ishuri rikuru rya polisi (National Police Academy) riherereye mu karere ka Musanze.
Umukuru w’umuryango wa FPR-Inkotanyi mu karere ka Nyamasheke, Habyarimana Jean Baptiste, arasaba abanyamuryango b’uwo muryango muri aka karere kuba abanyamuryango badahuhwa n’umuyaga ahubwo baharanira ishema ry’ishyaka ryabo.
Abaturage bageze mu zabukuru bo mu karere ka Nyamasheke barasaba Leta kubafasha mu buryo bw’umwihariko kugira ngo bagire amasaziro meza kuko abenshi muri bo usanga batishoboye kandi bagifite inshingano nyinshi zirimo kubaho no gutunga abo mu miryango yabo.
Mu bihe by’imvura nyinshi, hari ubwo bamwe mu batuye mu gishanga cyo mu Rwabuye baterwa n’amazi mu nzu. Ibi byatumye inama njyanama y’Akarere ka Huye yateranye kuwa 4/10/2013 ifata icyemezo cy’uko abatuye mu gishanga bo mu Rwabuye bimuka, bagatuzwa ahandi, mbere y’itumba ry’umwaka utaha.
Ubwo yasozaga amahugurwa y’iminsi itatu y’abanyeshuri bibumbiye mu muryango w’abanyeshuri barokotse Jenoside (AERG), Madamu Jeannette Kagame yabasabye gutegura neza ahazaza ha bo.
Ambasaderi wa Koreya y’Epfo mu Rwanda aravuga ko u Rwanda ari igihugu gitandukanye n’ibindi muri Afurika, haba mu miyoborere ndetse n’uburyo ubukungu bwarwo buzamuka ku gipimo mpuzamahanga buri mwaka.
Bamwe mu baturage baranenga bagenzi babo bakoresha inzitiramubu mu bikorwa byo kubaka amazu, ndetse no mu kuboha ibiziriko by’amatungo bitwaje ko zishaje nyamara bakaba bavangamo n’inshya.
Ikigo MIPAREC (Ministère Paix et Réconciliation Sous la Croix) cyo mu Burundi, kigamije kubaka amahoro mu karere k’ibiyaga bigari kirashima u Rwanda kuba rwarabashije kubika amateka ya Jenoside ngo atazima kuko iyo umuntu atigiye ku mateka ibibi byabaye bishobora kongera kuba.
Mu muhango wo kwizihiza yubile y’imyaka 100 iseminari nto ya Kabgayi iri mu karere ka Muhanga mu ntara y’Amajyepfo kuri uyu wa Gatandatu tariki 05/10/2013, umukuru w’igihugu Paul Kagame yavuze ko n’ubwo amateka mabi yaranze iyi seminari nto ya Kabgayi yitiriwe mutagatifu Leon, atagororwa ariko ngo ashobora gufasha mu (…)
Guverineri w’intara y’Amajyaruguru, Aime Bosenibamwe, arasaba aboyobozi b’inzego z’ibanze kumva kimwe gahunda za leta, kugirango babashe gesenyera umugozi umwe, maze gahunda ziba zatekerezwe zishyirwe mu bikorwa nta nkomyi.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, atangaza ko u Rwanda rufite umwihariko warwo wo kubaho no gukora bitandukanye n’abandi. Agasaba Inteko ishinga amategeko kugaragaza ko ibyo Igihugu rukora atari ubujiji.
Nkurikiyinka washoboye kwinjira amashyamba ya Congo gushaka umuryango we bari baraburanye, avuga ko Abanyarwanda bari mu gihugu bagize ubushake bwo gushishikariza imiryango yabo iri mu buhunzi yatahuka.
Abayobozi b’intara y’uburengerazuba batandukanye bari kwigira hamwe uko bakorana n’ikigo cya Capital Market mu rwego rwo gushaka uko iki kigo cyaguriza uturere amwe mu mafaranga yatangwaga na Leta agakoreshwa mu ngengo y’imari y’uturere.
Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU) wageneye u Rwanda inkunga ya miliyoni 40 z’amayero azakoreshwa mu gusana no kubaka imihanda ihuza ibice by’icyaro n’umujyi wa Kigali mu rwego rwo guteza imbere abaturage no kugabanya ubukene.
Niyigira Theogene utuye Mu Karere ka Gatsibo Umurenge wa Kabarore, yasenyewe inzu n’abaturanyi be bamushinja kuba umurozi ruharwa. Tariki 03/10/2013 bamenagura ibirahure by’inzu ye nini bakuramo amadirishya n’urugi banamusenyera igikoni.
Ubuyobozi bw’akarere ka Kayonza tariki 03/10/2013 bwashyikirije inkunga ako karere kakusanyije yo kugoboka Abanyarwanda birukanywe muri Tanzaniya bacumbikiwe mu nkambi ya Rukara muri ako karere.
Khaled Mikawi, wari umuyobozi mukuru wa sosiyete y’itumanaho ya MTN, aratangaza ko yishimira iterambere iyi sosiyete igezeho ugereranyije n’igihe yashingwaga kuyiyobora kandi akanishimira uburyo u Rwanda ari igihugu cyorohereza ishoramari.