Abiganjemo abagore batuye mu Mudugudu wa Magonde mu Kagari ka Rukira mu Murenge wa Huye w’Akarere ka Huye bafite ibibazo mu ngo, ntibishimiye ugutorwa kwa Jacqueline Mukeshimana.
Bamwe mu bayobozi b’inzego z’ibanze mu karere ka Ruhango, bongeye kugirirwa icyizere n’abaturage bakongera kubatora, barasaba bagenzi babo kwicisha bugufi.
Abayobozi b’inzego z’ibanze batowe mu Murenge wa Ndora, bijeje abaturage kuzabafasha kumva ibyiza bya koperative no kuzigana maze bakiteza imbere.
Kwitonda Youssuf, yatorewe kongera kuyobora Umudugudu wa Nyagacaca nyuma y’uko yari yahakaniye abaturage ariko yabona banze kugira undi batora akabyemera.
Abagore bo mu Karere ka Burera barasaba abagore batorewe kubahagararira kubakorera ubuvugizi bakava mu bukene.
Amatora y’inzego z’ibanze yabaye tariki ya 8/2/2016, mu karere ka Gicumbi abayobozi batowe basabwe gufasha abaturage kurwanya ubujura buciye icyuho.
Ihame ry’uburinganire ryatumye abagore bigirira icyizere cy’uko bakwiyamamaza, kandi bakabasha kuyobora kugira ngo nabo bagire uruhare mu iterambere ry’igihugu.
Abaturage bo mu karere ka Gakenke basanga iterambere igihugu kimaze kugeraho rifitanye isano n’amatora kuko bagira uruhare mu kwitorera abayobozi.
Bamwe mu bitabiriye amatora y’abayobozi b’inzego z’ibanze muri Kigari bateguje abayobozi bashya kuzahangana n’ibibazo by’ibiyobwenge, imibereho mibi no gukaza ubukangurambaga.
Amatora y’inzego z’ibanze mu kagali ka Kabeza mu murenge wa Muhima yaranzwe n’umukandida umwe hafi kuri buri myanya wose yatorewe.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda (RDF), yahinduye bamwe mu bayobozi muri RDF.
Abaturage bo mu murenge wa Kirehe basanga gutora umuyobozi ushoboye bifitanye isano n’iterambere,bakizera ko abayobozi bihitiyemo bazabageza kuri byinshi kuko babatoye babizeye.
Abaturage barasaba abayobozi b’imidugudu bashya kuvugurura isura y’ubuyobozi bw’umudugudu yari imaze kumungwa na ruswa.
Abatuye mu mujyi wa Muhanga barifuza ko abayobozi b’inzego z’ibanze ku rwego rw’Umudugudu bakaza umurego mu guhangana n’amabandi ndetse n’umwanda.
Abatuye mu mujyi wa Rwamagana barasaba abatorewe kuyobora mu nzego z’ibanze kubakorera ubuvugizi bakegerezwa ibikorwa remezo birimo n’imihanda.
Kuva mu gitondo cyo kuri uyu wa 8 Gashyantare 2016, Abanyarwanda bazindukiye mu matora y’inzego z’ibanze yahereye ku rwego rw’umudugudu. Aho Kigali Today yabashije kugera, dore uko byari byifashe mu mafoto:
Abashoferi ba Taxi mu Karere ka Nyagatare barashinja RFTC kubateranya n’abakiriya ibabuza guhagarara ahitwa kwa Ngoga nyamara Coaster zo zikabikora.
Abaturage 77 bangirijwe imitungo hakorwa umuhanda Nyamata-Rilima ahazubakwa Ikibuga cy’Indege cya Bugesera barasaba ingurane z’imitungo yangijwe.
Polisi mu Karere ka Muhanga iravuga ko imaze kwakira ibibazo umunani by’abantu bibwe n’abanyonzi mu Mujyi wa Muhanga ubwo bari babatwaje ibintu.
Abaturage bo mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo batinze gutangira amatora kuko umubare wagenwe ngo atangire wari utaruzura.
Muri gahunda y’Akarere yo kwegera abaturage babigisha ububi bw’ibiyobyabwenge, abaturage bo mu murenge wa Gahara batunze agatoki abayobozi mu babikwirakwiza.
Impunzi z’Abarundi ziri mu nkambi ya Mahama zisanga imibereho ari myiza ariko ngo ikibazo gikomeye ni ukubaho abashakanye batabonana kubera inzu nto.
Polisi y’u Rwanda iratangaza ko ishimira abitabiriye Shampiyona y’Ibihugu ya Afurika (CHAN) uburyo bitwaye kugira ngo irushanwa ryose rigende neza.
Komisiyo y’Igihugu y’Amatora itangaza ko abafite ubumuga butandukanye bashobora kuzagorwa no gutora muri aya matora y’abayobozi b’inzego z’ibanze, baziyambaza inshuti n’abaturanyi.
Abacuruza imigati ku modoka zinyura muri gare ya Kabarondo i Kayonza barinubira uburyo abayobozi babamenera imigati baba bagurisha.
Komisiyo y’Igihugu y’Amatora iributsa abahatanira kwinjira mu Nama Njyanama z’uturere ko igihe cyo kwiyamamaza atari umwanya wo guterana amagambo no gusebanya.
Abagize Komite zo kwicungira umutekano (Community Policing Committees -CPCs) mu Karere ka Nyaruguru bahawe ubumenyi ku byaha by’ihohoterwa rishingiye ku gitsina, basabwa kubikumira.
Polisi y’u Rwanda ifunze abagabo bane bakurikiranyweho kugerageza kwiba miliyoni 30,5Frw bakoresheje sheki y’impimbano; bayavanye muri Banki y’Ubucuruzi ya Kenya (KCB) bayimurira muri Banki ya Kigali (BK).
Mu baherutse mu itorero ry’abarangije amashuri yisumbuye umwaka ushize, abakobwa 96 basanze batwite basubizwa iwabo.
Komite z’ubuzima mu bigo nderabuzima byo mu Karere ka Karongi zagiye zirukana bamwe mu bakozi zirasabwa kubagarura kuko zanyuranyije n’amategeko.