Abaturage bo mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo batinze gutangira amatora kuko umubare wagenwe ngo atangire wari utaruzura.
Muri gahunda y’Akarere yo kwegera abaturage babigisha ububi bw’ibiyobyabwenge, abaturage bo mu murenge wa Gahara batunze agatoki abayobozi mu babikwirakwiza.
Impunzi z’Abarundi ziri mu nkambi ya Mahama zisanga imibereho ari myiza ariko ngo ikibazo gikomeye ni ukubaho abashakanye batabonana kubera inzu nto.
Polisi y’u Rwanda iratangaza ko ishimira abitabiriye Shampiyona y’Ibihugu ya Afurika (CHAN) uburyo bitwaye kugira ngo irushanwa ryose rigende neza.
Komisiyo y’Igihugu y’Amatora itangaza ko abafite ubumuga butandukanye bashobora kuzagorwa no gutora muri aya matora y’abayobozi b’inzego z’ibanze, baziyambaza inshuti n’abaturanyi.
Abacuruza imigati ku modoka zinyura muri gare ya Kabarondo i Kayonza barinubira uburyo abayobozi babamenera imigati baba bagurisha.
Komisiyo y’Igihugu y’Amatora iributsa abahatanira kwinjira mu Nama Njyanama z’uturere ko igihe cyo kwiyamamaza atari umwanya wo guterana amagambo no gusebanya.
Abagize Komite zo kwicungira umutekano (Community Policing Committees -CPCs) mu Karere ka Nyaruguru bahawe ubumenyi ku byaha by’ihohoterwa rishingiye ku gitsina, basabwa kubikumira.
Polisi y’u Rwanda ifunze abagabo bane bakurikiranyweho kugerageza kwiba miliyoni 30,5Frw bakoresheje sheki y’impimbano; bayavanye muri Banki y’Ubucuruzi ya Kenya (KCB) bayimurira muri Banki ya Kigali (BK).
Mu baherutse mu itorero ry’abarangije amashuri yisumbuye umwaka ushize, abakobwa 96 basanze batwite basubizwa iwabo.
Komite z’ubuzima mu bigo nderabuzima byo mu Karere ka Karongi zagiye zirukana bamwe mu bakozi zirasabwa kubagarura kuko zanyuranyije n’amategeko.
Abakandida bitegura kwiyamamaza,komisiyo y’igihugu y’amatora irabasaba kuba maso, bakirinda abatekamutwe biyita abakozi bayo, babizeza kuzabafasha gutsinda amatora.
Mu mudugudu wa Ryabitana, Akagari ka Gihinga, mu murenge wa Gacurabwenge, umusaza yagwiriwe n’urukuta rw’ikiraro yari arimo gusanira umuvandimwe we, bimuviramo gupfa.
Ku ncuro ya mbere u Rwanda rwafunguye Ambasade mu gihugu cya Congo Brazaville, hagamijwe gushimangira umubano w’ibihugu byombi.
Komisiyo y’igihugu y’amatora NEC irasaba abakandida ku myanya y’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze kwitwararika ku mabwiriza n’amategeko agenga kwiyamamaza.
Ikamyo yari itwaye amagaziye y’inzoga za Skol yaguye mu muhanda amagaziye akomeretsa umupolisi wari uri mu muhanda n’umugenzi wari muri Coaster.
Komisiyo y’igihugu y’amatora,NEC, yagiranye inama n’abakandida 52 biyamamaje mu karere ka Ruhango tariki ya 05/02/2016, ibasaba kubahiriza amabwiriza yashyizweho.
Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) yasabye abakandida bateganya gukoresha ikoranabuhanga biyamamaza mu myanya inyuranye y’ubuyobozi mu nzego z’ibanze kuzitwararika.
Abakandida baziyamamariza ubujyanama rusange mu karere ka Gakenke ntibavuga rumwe ku ikoreshwa ry’imbuga nkoranyambaga biyamamaza kuko bishobora kuzateza imbogamizi.
Imodoka itwara abarwayi (Ambulance) y’ikigo nderabuzima cya Busoro mu karere ka Nyanza yakoze impanuka abantu bane barimo bararusimbuka.
U Rwanda ruramagana raporo y’abakorera Umuryango w’abibumbye(LONI) muri Kongo Kinshasa, barushinja gutoza igisirikare inyeshyamba z’Abarundi.
Abantu bane bakekwaho kugerageza kwiba miliyoni 30.5Frw kuri konti y’umukiriya wa KCB bakayabikuza muri Banki ya Kigali batawe muri yombi.
Mu gihe kuri uyu wa 8 Gashyantare 2016 hateganyijwe amatora mu gihugu hose, Ministeri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo irasaba abakoresha korohereza abakozi kuyitabira.
Mu gihe amwe mu makoperative yo mu Karere ka Rusizi bigaragara ko yadindiye abashinzwe kuyayobora bavuga ko abanyamuryango bayo ari bo bayadindiza.
Abanyeshuri b’Urwunge rw’Amashuri rwa Ruyumba batangaza ko hari bagenzi babo b’abakobwa bararurwa n’abashoferi b’amakamyo atwara umucanga bakabashora mu ngeso mbi.
Abaturage bo mu Murenge wa Ntongwe mu Karere ka Ruhango baravuga ko bugarijwe n’uburwayi bw’inzoka kubera gukoresha amazi mabi, bagasaba ubuyobozi kubaha amazi meza.
Iteka rya Minisitiri rishyiraho amabwiriza yerekeye imari ryongereye amafaranga yakenerwaga mu kwishyura ibikorwa bito mu mpamvu z’akazi.
Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gashora mu Karere ka Bugesera, Muyengeza Jean de Dieu, yeguye ku mirimo ye kubera impamvu ze bwite.
Umutingito ufite ubukana bwa 5.1 wumvikanye mu Burasirazuba bwa Congo n’u Rwanda uturutse i Masisi na Walikale kuri uyu wa 4 Gashyantare 2016.
Abakobwa babyariye iwabo bo mu Murenge wa Mushubati mu Karere ka Rutsiro bemerewe kwandikisha abana mu bitabo by’irangamimerere ku buntu.