Bahangayikishijwe n’amazu yabasenyukiyeho

Bamwe mu baturage batuye mu Kagari ka Ntwali ho mu Murenge wa Munini mu Karere ka Nyaruguru barasaba ubuyobozi kububakira inzu zabasenyukiyeho.

Abo baturage bavuga ko bamaze igihe barasenyewe n’ibiza ni abahoze batuye muri nyakatsi bakaza kubakirwa n’ubuyobozi mu Kagari ka Ntwali.

Amazu yarasenyutse burundu
Amazu yarasenyutse burundu

Bavuga ko kubakirwa byari bikenewe, gusa kuri ubu ngo amwe muri mazu yarasenyutse avaho ibisenge.

Umwe muri bo agira ati «Inzu yanjye imaze imyaka ine yaragurutse, ubuyobozi bwamye butubwira ngo buzadusanira twarategereje turaheba ».

Abagombaga kubakirwa bose si ko bubakiwe, icyakora abasigaye batarubakirwa bacumbikiwe na bagenzi babo.

Abacumbitse bavuga ko ubuzima butaboroheye, kuko ngo ababacumbikiye bamaze kubarambirwa bakaba basaba ko na bo bakubakirwa.

Umwe muri bo ati «Hari igihe batwirukana tukajya ku buyobozi bw’Umudugudu bukadusabira imbabazi bakongera bakatubabarira, ariko ubundi baraturambiwe ».

Ndamuramya yizeza abaturage ko uyu mwaka uzashira barubakiwe
Ndamuramya yizeza abaturage ko uyu mwaka uzashira barubakiwe

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’agateganyo w’Umurenge wa Munini, Fidele Ndamuramya, avuga ko iki kibazo cyizwi kandi cyanagejejwe ku karere, hakaba hari gahunda yo kubakira aba baturage.

Ati « Hari inzu koko zasenyutse twarazibaruye dutanga raporo ku karere, ubu dutegereje ko bazaza bakazisana kandi turizera ko uyu mwaka uzajya kurangira zasanwe ».

Ubuyobozi bw’Umurenge bwemeza ko hazakomeza kubakirwa abagaragara ko batishoboye, binyuze mu kubaha umuganda ndetse n’isakaro.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka