Umusaza witwa Kurujyibwami Constantin w’imyaka 75 y’amavuko ku wa 1 Gashyantare 2016 bamusanze munsi y’umukingo yapfuye.
Abaturage bo mu mirenge ya Shyara, Nyarugenge na Musenyi mu Bugesera barasaba ubuyobozi kurangiza umuhanda uhuza iyi mirenge kugira ngo woroshye ubuhahirane.
Mu bikorwa by’urugerero rw’Intore z’inkomezabigwi z’Akarere ka Kamonyi, ziyemeje gukora ubukangurambaga buganisha ku mibereho myiza y’abaturage kuko ariyo nzira y’iterambere.
Mu mwaka wa 2016 wonyine u Rwanda ruzatanga miriyoni 94 z’amadorari ya Amerika ku mpunzi z’Abarundi zigera ku 100,000.
Komisiyo y’Abadepite ishinzwe ubuhinzi, ubworozi n’ibidukikije ikomeje gusuzuma umushinga w’itegeko ryo gushyiraho urugaga rw’abanyamwuga mu bidukikije inarutangaho ibitekerezo.
Abagize Komite Nyobozi icyuye igihe mu Karere ka Ngororero bahamya ko basoje manda zabo bemye kuko bazamuye akarere.
Munyambibi Joseph wari umupfumu yishwe akubiswe n’uwitwa Ndungutse Theoneste wari ufite uburwayi bwo mu mutwe arimo kumuvurira iwe mu rugo.
Ubwo bizihizaga Umunsi w’Intwari ku wa 1 Gashyantare 2016, abagore mu Murenge wa Kanombe mu Karere ka Kicukiro bavuze ko Perezida Kagame akwiriye kuba mu ntwari zikiriko.
Mu gitondo cyo ku wa 01 Gashyantare 2016 mu Ruzi rw’Akagera, ubwato bwaroshye abagabo batanu, batatu muri bo baburirwa irengero babiri bararokoka.
Abatuye Akarere ka Ruhango baravuga ko bamaze kumenya neza ko ubutwari atari amagambo, ahubwo ko ari ibikorwa kandi biharanirwa.
Ku Munsi w’Intwari, abaturage b’i Kirehe bibukijwe ko u Rwanda rutajya rutsindwa basabwa guharanira iryo shema bitoza umuco wo gutsinda.
Ubuyobozi bwa Gereza ya Karubanda buvuga ko ikibazo cy’ubucucike bw’imfungwa n’abagororwa bafite kizakemuka vuba, kuko hari amazu mashya bujuje.
Umuyobozi wa Kivu y’Amajyaruguru muri DRC yatangaje ko ashimira Polisi y’u Rwanda uburyo icungira umutekano Abanyekongo baza kureba imikino ya CHAN mu Rwanda.
Nyuma yo kugezwaho amateka y’intwari, abaturage b’Umurenge wa Ngamba basobanuriwe ko buri wese ashobora kuba intwari bitewe n’ibikorwa bye.
Mu birori by’umunsi w’Intwari z’u Rwanda byabereye mu karere ka Gicumbi, abaturage basabwe gukomeza kubumbatira umutekano intwari z’u Rwanda zaharaniye.
Abanyarwanda baba muri Republika ya Congo / Brazzaville bakiriye Ambasaderi mushya Jean Baptiste Habyalimana, wahatangiye imirimo yo guhagararira u Rwanda.
Abaturage bo mu murenge wa Muhima barakangurirwa gukora ibikorwa by’ubutwari kuko ngo kuba Intwari bidasaba ko umuntu aba atakiriho gusa.
Umuturage wo mu Murenge wa Kibangu, Isa Mpozenzi, wari konseye igihe cy’abacengezi yashimiwe ahabwa inka kuko yabashije kwambura imbunda abacengezi.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo Alphonse Munyantwari, arakangurira abayobozi basigiwe ubuyobozi bw’uturere two muri iyo ntara mu gihe cy’inzibacyuho kuzagira ijisho ridahuga.
Abaturage b’Umurenge wa Cyanika mu Karere ka Burera barasabwa gufatanya bakarwanya ibiyobyabwenge kuko uwabinyoye adashobora kuba intwari.
Mu birori by’umunsi w’Intwari z’u Rwanda byabereye mu Karere ka Nyanza, hari abifuje ko n’“Umuturage Utazwi” yahagararirwa mu byiciro by’intwari.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yunamiye intwari azihesha icyubahiro, ariko ngo binasobanura ko urugamba rwo guharanira ubutwari rukomeje.
Mu gihe manda y’abayobozi b’uturere yarangiye, Léandre Karekezi wayoboraga Gisagara, atangaza ko mu byo atabashije kugeraho, kaburimbo iri mu byamubabaje.
Byukusenge Gaspard wayoboraga Akarere ka Rutsiro na Nyirabagurinzira Jacqueline wari umwungirije ashinzwe imibereho myiza, bavuga ko bashoje manda y’imyaka 5 hari ibyo batagejeje ku baturage.
Umuyobozi w’Intara y’Amajyepfo Munyatwari Alphonse aratangaza ko kuba hari abagize komite nyobozi z’uturere bararangije manda bitaba urwitwazo rwo gukora amakosa.
Zikama Eric wahawe inshingano zo kuyobora Akarere ka Kirehe mu gihe cy’inzibacyuho asanga azatunganya inshingano ze neza kuko abifitemo uburambe.
Bamwe mu bakozi bo mu rugo bishimira amahugurwa bahawe ku itegeko ry’imbonezamubano kuko ngo rizabarinda ingorane zo gushyingirwa bitemewe n’amategeko.
Abanyehuye bavuga ko n’ubwo bababajwe n’uko u Rwanda rwavuye mu marushanwa rutsinzwe na Congo tariki 30/1, byibura CHAN yabasusurukije.
ARCT-Ruhuka yasoje amahugurwa y’iminsi 2 yaberaga kuri Nyirangarama yari agamije kongerera ubumenyi abafatanyabikorwa bo muri sociyete sivile n’inzego z’ubuyobozi.
Visi Perezidante wa sena, Senateri Gakuba Jeanne d’Arc yibukije abaturage b’Umurenge wa Mubuga, Akarere ka Karongi ko nta wundi uzabubakira igihugu.