Urubyiruko 80 rw’abanyeshuri b’Abayisilamu bari mu biruhuko bahuguwe ku ndangagaciro za Islam zibarinda uwabashora mu bikorwa bihungabanya amahoro.
Abana batuye Umurenge wa Sake mu Karere ka Ngoma, bashimishwa no kubona ibigori byeze bakabona ikiraka cyo kubihungura bakabona amafaranga.
Komisiyo y’Amatora iratangaza ko kwakira abakandida ku myanya y’ubuyobozi mu turere byahagaze hakiriwe abakandida 2068 bahatanira imyanya 832.
Umuyobozi w’Akarere ka Karongi ucyuye igihe arasaba abazaba bagize komite nyobozi izasimbura isanzweho gukorera hamwe ndetse bagaharanira inyungu rusange.
Manda ya komite nyobozi y’Akarere ka Nyamagabe irangiye hari imihigo ikomeye itagezweho harimo umuhigo wo kubaka inyubako y’Akarere n’isoko rya kijyambere.
Nyuma y’igihe kinini abahinzi b’icyayi ba Gatare basaba umuhanda n’uruganda amaso yaraheze mu kirere, umuhanda Hanika - Kivugiza w’ibilometero 14 watangiye gukorwa.
Polisi y’u Rwanda, ishami ryayo rishinzwe umutekano wo mu muhanda, ikomeje kwibutsa abatwara abagenzi kwihutisha igikorwa cyo gushyira mu modoka bakoresha utwuma dukumira umuvuduko urenze uteganyijwe.
Akarere ka Nyagatare ntikumvikana n’Ikigo cy’Igihugu gishizwe iby’amazi n’amashanyarazi (REG-EUCL) ku mwenda usaga miliyoni 262Frw kakibereyemo, nyuma y’amasezerano bagiranye mu myaka itanu ishize.
Abari abayobozi b’Akarere ka Rubavu bashoje manda yabo, baravuga ko bashoboye gutumikira abaturage nubwo batengushywe n’igihe ntibarangize ibyo basabwe.
Muri ibi bihe by’inzibacyuho ya manda z’inzego z’ibanze, abasigararanye inshingano barasabwa kuba maso, gahunda z’iterambere zigakomeza, nta wunyuranyije n’amategeko.
Ubuyobozi bwa VUP mu karere ka Burera buri gushaka uburyo amafaranga y’inguzanyo ahabwa abaturage yajya yishyurwa ku gihe hatagize n’umwe ukererwa.
Nyuma y’uko Komite Nyobozi y’Akarere ka Kamonyi isoje imirimo yayo, mu gihe hategurwa amatora y’abazayisimbura, abakozi basabwe gukomera ku nshingano zabo.
Ministeri y’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga(MYICT), yatangaje ko intwari y’ubu ari ishobora guhashya ubukene no "gukarabya abafite ingengabitekerezo ya Jenoside"
Inteko Ishingamategeko, Umutwe w’Abadepite, yagejejweho umushinga w’itegeko w’ivanwaho rya ONATRACOM kubera ko igiye gusimburwa na sosiyete ya RITCO Ltd.
Abaturage bo mu Karere ka Muhanga baravuga ko nyuma yo gutaha ibiro bishya by’Akarere biteguye kubona impinduka muri serivisi bahabwa.
Niyonzima Tharcisse usanzwe ari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Rutsiro wahawe ububasha bwo kuyobora Akarere by’agateganyo yijeje ko aho agasanze atazagasubiza inyuma mu iterambere.
Ndayisaba Godfroid uherutse gupfusha inka esheshatu zikubiswe n’inkuba mu Murenge wa Rukira, Akarere ka Ngoma; amaze gushumbushwa inka zirindwi.
Ikigo gishinzwe gukwirakwiza amazi (WASAC) cyatangiye kubaka umuyoboro w’amazi mu Murenge wa Kayenzi uzageza amazi ku baturage bihumbi 35.
Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga mu bihugu bigize Umuryango w’Ubumwe bw’Afurika (AU) bamaze gutorera u Rwanda kuba Umunyamuryango w’Akanama ka AU k’Amahoro n’Umutekano.
Abatoza b’intore mu Karere ka Muhanga basanga hari ibikwiye kongerwamo imbaraga kugira ngo Itorero ry’abanyeshuri barangije ayisumbuye rigende neza.
Mu nteko rusange y’Inama yIgihugu y’Abagore b’i Kirehe yateranye ku wa 27 Mutarama 2016, ba “Mutima w’Urugo” biyemeje kurandura burundu umwanda n’indwara ziterwa n’imirire mibi.
Abakuwe mu manegeka bakimurirwa mu mudugudu wo mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Nyamagabe, bavuga ko byabagereje ibikorwa remezo.
Intore zatangiye urugerero mu Karere ka Rwamagana zirasabwa umusanzu mu guhashya ikibazo cy’imirire mibi n’isuku nke cyagaragaye mu miryango imwe n’imwe.
Koperative y’Abarobyi bo mu Kiyaga cya Sake (COPEDUSA) nyuma yo gushyiraho itegeko ryo kwirukana ugaragaweho kurwaza indwara z’imirire mibi,bavuga ko byahinduye byinshi.
Intore zatangiye urugerero kuri uyu wa 27 Mutarama 2016, zavuze ko mu bikorwa zizibandaho harimo guhangana n’ikibazo cy’imirire mibi, hagamijwe gukumira Bwaki.
Abadepite bari bamaze iminsi 8 mu Karere ka Karongi bagenzura uko gahunda za Leta zitandukanye zishyirwa mu bikorwa ntibanyuzwe n’ubwiherero bahabonye.
Abayobozi b’inzego z’ibanze bo mu Bugesera basabye imbabazi ku burangare bagize ku bibazo by’imirire mibi n’isuku nke bikigaragara muri ako karere.
Umuyobozi w’Akarere ka Gasabo Rwamurangwa Steven yashyize ibuye ry’ifatizo ahazubakwa ibiro bigezweho by’Umurenge wa Kimironko mu rwego rwo gutanga servisi nziza.
Muri raporo ya Transparency Internatinal (TI) y’umwaka wa 2015 u Rwanda rwaje ku mwanya wa 4 mu bihugu birimo ruswa nke muri Afurika.
Nyuma y’ukwezi kumwe, abatuye ku Mukunguri mu Karere ka Kamonyi bagejejweho amazi meza, bahagaze kuyavoma kuko umuyoboro wagize ikibazo.