Abaturage bataka kutagira amikoro yo kugura ikibanza ku mudugudu kandi na gahunda yo kugurana ubutaka ntiyitabirwa kubera ko ibiciro by’ubutaka bitandukanye.
Abaturage b’Umurenge wa Karenge bahuriye mu nteko rusange tariki 7/10/2015 bavuze ko kumurika ibyiza bagezeho bibatera ishyaka ryo kwesa imihigo.
Inama Nkuru y’Itangazamakuru(MHC) n’Umuryango SFH, basabye abanyamakuru none tariki 06/10/2015, kutibanda kuri politiki gusa, bakavuga n’ibindi birimo n’ubuzima.
Abaturage b’Umurenge wa Kagano mu Karere ka Nyamasheke, barasabwa guhiga ibikorwa bishingiye ku muryango kugira ngo bazongere bese imihigo.
Impunzi z’Abanyarwanda zabaga muri RDC zivuga ko kutagira amakuru ahagije ku Rwanda ari yo mpamvu benshi badatahuka.
Inama yabereye ku karere ka Rulindo yahuje abafatanyabikorwa mu bworozi bw’inka z’amata n’ubucuruzi bw’ibiyakomokaho, abavuzi b’amatungo n’umushinga Land O Lakes.
Abayobozi mu nzego z’ibanze barasabwa kurwanya ruswa ishingiye ku kimenyane n’amafaranga igaragara muri gahunda ya Gira Inka.
Abaturage bo mu Murenge wa Bwishyura mu Karere ka Karongi babangamiwe no kutagira irimbi kuko iryo bari bafite ryuzuye, bakaba bakora ibirometero birenga 10 bajya gushyingura i Rubungera.
Umuvugizi wa polisi mu Ntara y’Amajyepfo avuga ko umuyobozi w’ibitaro bya Kabutare afunze kubera amafaranga menshi yabuze mu bitaro ayobora.
Abagore babana n’agakoko gatera SIDA bakuriye abandi mu turere tw’u Rwanda barakangurirwa kwigirira icyizere mu byo bakora bityo batere imbere.
Intumwa Masasu, umuyobozi w’itorero ry’Ivugabutumwa n’Isanamitima (Evangelical Restauration Church), atangaza ko ubuhanuzi budashingiye ku nyigisho za Bibiliya bwica byinshi.
Prof Silas Lwakabamba wabayeho Minisitiri w’Ibikorwa Remezo nyuma akaza kuba Minisitiri w’Uburezi agiye kuyobora Ishuri Rikuru rya INATEK.
Abatuye Umurenge wa Mutenderi Akagari ka Nyagasozi, Akarere ka Ngoma barasaba kwibubwa mu bikorwa Remezo birimo amazi n’umuhanda kuko bakivoma amazi mabi.
Abarimu banenga ababyeyi batita ku myigire y’abana babo bigatuma bata ishuri, bakajya gushaka akazi katabahemba intica ntikize abandi bakajya ku mihanda.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Kayonza, Kiwanuka Musonera Ronald, avuga ko kuba Umujyi wa Kayonza ugifite ikibazo cy’amazi bibangamira ishoramari.
Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu Uwineza Claudine, aratangaza ko uburere n’ubumenyi butangwa na Mwarimu ari byo byubaka iterambere ry’igihugu
Abarimu bo mu karere ka Gicumbi bizihiza umunsi wabo basanze guhembwa make bitababuza kwiteza imbere mu rwego rwo kwigira.
Perezida Kagame yahuye n’umwami w’u Buholandi, uruzinduko rwaje rukurikira ibiganiro yagiranye n’Abanyarwanda bari bitabiriye ibirori byahabereye bya Rwanda day.
Abakozi ba Congo bakoreraga ku mupaka muto uhuza u Rwanda na Congo bashinze imitaka, nyuma y’uko kontineri bakoreragamo zakuweho.
Habarurema Emmanuel, wari ushinzwe umutekano mu mudugudu wa Kibingo, yafatanywe Kanyanga tariki 05/10/2015, aho yayicurizaga.
Imanuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli rishingiye ku imanuka ry’abyo ku rwego mpuzamahanga ryakomeje kugaragara mu mezi ya Kanama na Nzeri 2015.
Bamwe mu baturage bo mu murenge wa karengera mu karere ka Nyamasheke, bavuga ko baba mu bwigunge butuma batabona abayobozi.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Murambi mu Karere ka Karongi bwatangije ubukangurambaga bwo gukangurira urubyiruko kwiharika kuko biri mu birurinda kwiyandarika.
Inama Njyanama y’Akarere ka Rulindo kuri uyu wa 3 Ukwakira 2015 yagaragarijwe ibyavuye mu isuzumwa ry’mihigo ya 2014-2015 n’ibigomba kongerwamo ingufu.
Abayobozi b’imidugudu igize akarere ka Ngoma batanze icyifuzo cyo koroherezwa ingendo bahabwa amagari yabafasha kugera ku baturage.
Abaminisitiri bashinzwe impunzi mu bihugu Abanyarwanda bahungiyemo, bemeje ko kubarura impunzi z’Abanyarwanda ziri muri ibyo bihugu byarangirana na Mutarama 2016.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Karongi buratangaza ko mu myaka itanu iri imbere ikibazo cy’imirire mibi kigomba kuba kitacyumvikana muri aka Karere.
Abakoresha umuhanda Muhanga -Ngororero -Rubavu bavuga ko impanuka bahura nazo ziterwa no kuvugira kuri telefoni no kwiruka cyane.
Abakirisitu b’itorero rya ADEPR mu karere ka Kirehe bakoze urugendo rwo kwamagana ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge, ikwirakwizwa ry’agakoko ka SIDA n’icuruzwa ry’abana.
Abatuye umujyi wa Nyamata mu Bugesera baravuga ko babangamiwe no kuba amatara yo ku mihanda atacyaka n’iyo umuriro uhari.