Abana bavuga ko hari ababyeyi baganiriza abana babo babacyaha bakabakankamira basa n’ababaha amabwiriza yuko bagomba kwitwara aho kubaganiriza nk’inshuti no kubumva.
Mu rwego rwo kugabanya umubyigano w’imodoka (emboteillage) mu mihanda yo mu mujyi wa Kigali hagiye kujya hifashishwa amatara ayobora imodoka (Traffic lights/feu de circulation routière) akoresha ikoranabuhanga.
Akarere ka Kirehe karavuga ko kagiye gushora hafi miliyari ebyiri mu gusana umuhanda w’ibirometero 35 wa Cyagasenyi-Gasarabwayi-Nganda utari nyabagendwa.
Abagenzi batega moto mu mugi wa Kigali baravuga ko uburyo bwa “Yego Moto” ari bwiza ariko bukirimo ibibazo mu myishyurire.
Guhera mu ntangiriro z’umwaka wa 2018, nta mugenzi ujya mu ntara aturutse i Kigali uzongera kwishyura amafaranga mu ntoki nk’uko byari bisanzwe bikorwa.
Ubuyobozi bwa Kaminuza ya Kibungo izwi nka UNIK, iherereye mu Karere ka Ngoma butangaza ko uko imyaka igenda ishira abanyeshuri bayigamo bagenda bagabanuka.
Diyosezi gatolika ya Kibungo yatashye kiriziya ya katedarari yuzuye itwaye miliyoni zirenga 436Fw, yavuye mu bwitange bw’abakilisitu n’umuganda batanze.
Abakora umwuga wo gusana ibikoresho by’ikoranabuhanga byapfuye baravuga ko batakibangamirwa n’ibitagikora kuko babigurisha ku nganda zo hanze.
Abanyakenya baba mu Rwanda n’abahakorera bishimiye ko babonye Perezida nyuma y’urugendo rutoroshye rw’amatora yo mu gihugu cyabo yaranzwemo imvururu.
Umupaka wa Rusumo watangiye gukora amasaha yose n’iminsi yose y’icyumweru (24/7) kugira ngo horoshywe urujya n’uruza rw’abantu n’ibintu.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwaremezo, Uwihanganye Jean de Dieu yasabye Akarere ka Ngoma kwita ku bikorwa byo kubaka ibyumba by’amashuri abana bazigiramo umwaka utaha.
Mu mwaka wa 2015, mu Rwanda hakozwe ubushakashatsi ku mibereho y’abaturage mu ngo bwiswe (EICV IV).
Abaturage bo mu miryango itandukanye yo mu Kagari ka Ndekwe mu Murenge wa Remera mu Karere ka Ngoma, kuri ubu ntaho bafite bikinga nyuma yo gusenyerwa n’imvura ivanze n’umuyaga.
Abafana b’ikipe ya Etoile de l’Est ifite icyicaro mu karere ka Ngoma baranengwa kuyifana ku izina gusa ntacyo bayifasha bigatuma ubushobozi buke buyigumiza mu kiciro cya Kabiri.
Imvura yaguye mu Karere ka Ngoma ivanze n’umuyaga mwinshi yatumye imwe mu miryango ibura aho yikinga kubera ko inzu babagamo zasenyutse.
Umusambi ni igikoresho gifite agaciro gakomeye mu Karere ka Ngoma kuburyo buri mukobwa wo muri ako karere ugiye gushyingirwa agomba kuwuha nyirasenge.
Akarere ka Ngoma gatangaza ko nyuma yo kuvugurura hegitari ibihumbi 13 mu myaka itatu ishize uyu mwaka wa 2017-2018 hazavururwa hegitari 5000.
Ibyo abaturage bo mu Karere ka Ngoma bari biteze ku ruganda rutunganya imyanda rukayikuramo ibicanwa ntabyo barabona kuko kuva rwakuzura nta musaruro ruratanga.
Umugabo wo mu Murenge wa Jarama muri Ngoma usengera mu idini ry’Abakusi ahamya ko ataba mu nzu irimo umuriro w’amashanyarazi.
Abaturage bo mu murenge wa Jarama muri Ngoma bubakiwe inzu na Croix-Rouge batangaza ko bongeye kugira icyizere cyo kubaho.
Abatuye Umurenge wa Murama utugari twa Sakara na Mvumba mu Karere ka Ngoma barashimirwa umusanzu mu kwiyubakira ivuriro bikemurira ikibazo cyo kwivuriza kure.
Ibendera ry’igihugu ryo ku Kagari ka Rubona, Umurenge wa Rukumberi mu Karere ka Ngoma, ryari ryabuze, barisanze mu bwiherero bwa SACCO y’uwo murenge.
Abarangije amahugurwa yo gufotora bahabwaga n’ikigo cy’itangazamakuru Kigali Today Ltd bavuga ko yabunguye byinshi batari bazi mu mwuga wabo wo gufotora.
Abatuye Umurenge wa Kazo mu Karere ka Ngoma barishimira ko umuhanda wari warangiritse watangiye gukorwa, ukaba waranahaye akazi abagera kuri 417.
Inama njyanama y’Akarere ka Ngoma yatoye itegeko rihana abazunguzagi n’abagura nabo kuburyo uzafatwa wese azajya acibwa amande ya 5000RWf.
Urwego rushinzwe uburezi mu Karere ka Ngoma rutangaza ko muri ako karere hakigaragaramo ubucucike bw’abanyeshuri mu mashuri bigatuma badakurikira neza amasomo.
Mu Ntara y’Iburasirazuba hatangijwe siporo ngarukakwezi kuri bose izajya ikorwa kuri buri cyumweru cya gatatu cya buri kwezi.
Kantengwa Leocadie wo mu Karere ka Ngoma arasaba ubufasha ngo abashe kujya mu Buhinde kwivuza indwara y’impyiko amaranye igihe.
Abahinga ibishanga mu karere ka Ngoma bavuga ko kureka ubuhinzi bw’akajagari bagahinga umuceri, bigenda bihindura imibereho yabo aho bahoraga bataka inzara.
Ababyeyi basaga 80 mu karere ka Ngoma batangije centre “Amizero” izajya ifasha abana bafite impano mu mupira w’amaguru kuyiteza imbere.