Ngoma irashaka gusubira ku isonga mu kugira urutoki rwiza

Akarere ka Ngoma gatangaza ko nyuma yo kuvugurura hegitari ibihumbi 13 mu myaka itatu ishize uyu mwaka wa 2017-2018 hazavururwa hegitari 5000.

Ngoma bagiye kuvugurura urutoki kuri hectare ibihumbi 5
Ngoma bagiye kuvugurura urutoki kuri hectare ibihumbi 5

Mu Karere kose ka Ngoma ahahinze urutoki ruvuguruye n’urutavuguruye hangana na hegitari zirenga ibihumbi 23, urutavuguruye rwiganje mu bahinzi batibumbiye mu makoperative.

Bamwe mu bahinzi bitabiriye gahunda yo kuvugurura urutoki rwabo bavuga ko umusaruro wiyongereye cyane.

Dufitumukiza Anastase umwe mu bagize koperative y’abahinzi b’urutoki mu Murenge wa Kazo,Akagari ka Kinyonzo yitangaho urugro.

Yagize ati”Ntaravugurura urutoki rwanjye nezaga igitoki cy’ibiro 15Kg.
Ubu nyuma yo kuvugurura nkazisasira,nkazifumbira ,nkareka kuruhingamo ibishyimbo amateke n’ibindi,ubu mperutse gukuramo igitoki cy’ibiro 170 cya FIA.”

Uwo muhinzi avuga ko amaze kwiteza imbere mu myaka itatu amaze yinjiye mu buhinzi bw’urutoki bw’umwuga, kuko agemura ibitoki ku ruganda bityo akabasha kwizigamira ibihumbi 900RWf ku mwaka.

N’ubwo abatangiye kuvugurura urutoki rwabo bavuga ko byabateje imbere,abenshi mu bafite urutoki baracyaruhinga mu buryo bwa gakondo bigatuma umusaruro uba muke.

Muri ako karere hari abemeza ko bagihinga mu buryo bwa gakondo bavangamo indi myaka kuko bafite amasambu mato kandi bakaba babona na byo bibaha umusaruro.

Mu guhindura iyo myumvire Akarere ka Ngoma kateguye ingendoshuri mu mirima aho aba bahinzi bazagenda basura bagenzi babo biteje imbere babikesha guhinga kijyambere,bakabasobanurira uko babigenza.

Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma, Nambaje Aphrodise avuga ko byibuze hegitari ibihumbi bitanu zigomba kuvugururwa muri uyu mwaka wa 2017-2018 kugira ngo haboneka urutoki rwiza rutanga umusaruro rutari indabo.

Ati”Mu myaka itatu ishize tumaze kuvugurura hegitari ibihumbi 13, kuri hegitari ibihumbi 23 zihinzeho urutoki mu karere kose .Uyu mwaka twahize hegitari ibihumbi bitanu.”

Ako karere kemeza ko hegitari eshanu zizaba zisigaye na zo zizatunganywa mu mwaka uzakurikiraho, maze Kibungo ikongera kumenyekanishwa cyane n’urutoki rwayo rwinshi kandi rwiza.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

ni mumfashe mumbwire uko umuntu yabona imibyare y’insina yo gutera.

NSENGAYEZU Alexandre yanditse ku itariki ya: 18-07-2017  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka