Ubuyobozi bw’umurenge wa Kagogo, mu karere ka Burera buratangaza ko bwafatiye ingamba uburaya bw’abakobwa bafite munsi y’imyaka 18 bukorerwa muri santere ya Gitare, iri muri uwo murenge, kuburyo ngo muri iki gihe bumaze kugabanuka.
Umugabo w’umurundi w’imyaka 45 y’amavuko utashatse ko amazina ye atangazwa yibwe miliyoni 3 z’amafaranga y’u Rwanda hamwe n’imfunguzo z’imodoka ye yo mu bwoko bwa RAV 4 mu mujyi wa Nyanza.
Mu mukwabu wakozwe mu murenge wa Kigarama wo mu karere ka Kirehe, polisi yafashe litiro 150 za Kanyanga ndetse n’ibiro 733 by’urumogi maze bitwikirwa mu ruhame imbere y’abaturage, polisi n’ubushinjacyaha.
Jean Nsengiyumva w’imyaka 45 wo mu karere ka Nyamasheke, yaraye akurikiranye umugore we wari wahukanyiye ku muturanye we nyuma yo kurwana, amusanga aho yari yahungiye atema ihene eshatu.
Inzego z’umutekano mu karere ka Kayonza zarashe umwe mubajura bari bagabye igico kuri TELECENTRE ya Kayonza, inabatesha mudasobwa esheshatu na televiziyo ya rutura (Flat screen) bari bibye.
Irambona Eric, umugabo w’imyaka 25, afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Ngoma mu karere ka Huye akurikiranyweho kwiyita umukozi muri Komisio y’Igihugu yo Kurwanya Jenoside akanaka abanyeshuri amafaranga ababeshya ko azabashakira buruse yo kwiga muri kaminuza.
Umukwabo wakorewe mu gasentere ka Mugu kari mu murenge wa Kagogo mu karere ka Burera wafashe forode z’ibinyobwa bitandukanye bituruka muri Uganda ndetse n’ifumbire mvaruganda ihabwa abahinzi bo mu Rwanda, yari kuzajya gucuruzwa muri Uganda.
Abantu babiri bafungiye mu karere ka Gasabo guhera tariki 26/07/2012 bakekwaho kwiba ifumbire hamwe n’umuti wica udukoko mu myaka biba byaragenewe abaturage kugira ngo ubuhinzi bwabo burusheho kugenda neza mu murenge wa Nduba mu kagari ka Shango.
Tuyisingize Ariette w’imyaka 15 yaguye mu rusengero rushya rwitwa “Rednmieed” abandi bita “Orebu” arimo gusengerwa n’umupasiteri witwa Mukamurenzi Francoise ukomoka mu karere ka Nyarugenge mu mujyi wa Kigali.
Mu rugo rw’uwitwa Munyaneza Faustin mu kagari ka Munini, umurenge wa Ruhango mu karere ka Ruhango hatoraguwe umurambo w’umugabo utazwi tariki 25/07/2012.
Ndege Jackson, umucuruzi mu murenge wa Kazo ahitwa ku giturusu ari mu bitaro bikuru bya Kibungo nyuma yo gukumeretswa no kwamburwa amafaranga 61700 ku cyumweru tariki 22/07/2012 n’abantu bagishakishwa.
Mu rukerera rwo kuwa kabiri tariki 24/07/ 2012 ku isoko ryo ku Giturusu mu kagali ka Karama, umurenge wa Kazo mu karere ka Ngoma hatoraguwe umurambo w’uruhinja.
Abantu bari bibwe ikaziye ya Primus bafunganywe n’ababibye kubera ko babafashe bakabihanira kandi bitemewe n’amategeko.
Hakizimana Jean Claude w’imyaka 27 utuye mu murenge wa Karago mu karere ka Nyabihu yishe uwo bavukana Nsengiyumva Prince Alias Fils w’imyaka 18 mu rukerera rushyira tariki 24/07/2012 amuziza amakimbirane bari basanzwe bafitanye.
Musabimana Theogene afungiye mu karere ka Muhanga aho akurikiranwa n’ubushinjacyaha icyaha cyo gukora no gukoresha amafaranga y’amahimbano.
Iyakaremye Zayinabo w’imyaka 21 yarohamye mu musarane ahetse umwana w’imyaka ibiri mu mugoroba wa tariki 24/07/2012 ku bwamahirwe abaturage babakuramo bakiri bazima.
Igaraje rya Jean Burayima riri mu murenge wa Gatsata, akarere ka Gasabo ribasiwe n’inkongi y’umuriro tariki 24/07/2012 mu masaha moya za mugitondo, imodoka eshatu zirakongoka, moteri ibyiri z’imodoka n’ibindi bintu binyuranye bitikiriramo.
Hakizimana w’imyaka 20 yagonzwe n’imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Coaster ya sosiyete itwara abagenzi yaVirunga mu kagali ka Rusagara, umurenge wa Gakenke mu ijoro rishyira tariki 24/07/2012 arakomereka bikabije mu mutwe.
Tuyishimire Leontine w’imyaka 22 urwariye mu Bitaro Bikuru bya Nemba atangaza ko atangiye koroherwa nyuma yo gukubitwa ifuni mu mutwe n’umugore wasanze asambana n’umugabo we mu rugo tariki 20/07/2012.
Umusore witwa Nzabanita wo mu kagali ka Kagoma, umurenge wa Gakenke yatewe icyuma mu rubavu mu ijoro rishyira tariki 23/07/2012 bimuviramo kujya mu bitaro.
Rwarinda Munyakayanza w’imyaka 28 bahimbaga Gasongero wari utuye mu mudugudu wa Nyakajuri, akagari ka Nyagihunika, umurenge wa Mareba yarohamye mu kiyaga cya Cyohoha ya ruguru ahita yitaba Imana ubwo yarobaga amafi mu ijoro rya tariki 23/07/2012.
Umusore witwa Iyakaremye Théogène wo mu kagari ka Kamashangi umurenge wa Kamembe ari mu maboko ya polisi azira kurwanya inzego z’umutekano ubwo abasirikare bamubuzaga guhohotera bagenzi be bakorana mu isoko.
Bizimana André uhagarariye abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu murenge wa Busoro mu karere ka Nyanza yandikiwe ubutumwa bugufi kuri telefoni ye igendanwa n’umuntu utazwi amutera ubwoba aranamutuka.
Umugabo witwa Jacques Kalisa, usanzwe uzwi nk’umuvuzi wa gakondo, yatawe muri yombi 20/07/2012 na polisi ikorera mu karere ka rwamagana, umurenge wa Musha akekwaho kwica Daniel Mparaye biturutse ku miti ya gakondo yamuhaye.
Nzayisenga Samuel yitabye Imana biturutse ku miti yahawe n’umuvuzi gakongo witwa Macumi Francois utuye mu mudugudu wa Buharankakara wo mu kagali ka Mulinja ko mu murenge wa Kigoma mu karere ka Nyanza.
Inzoga y’inkorano yitwa “Ikibabisi” yadutse mu karere ka Nyanza ishobora guhitana benshi ngo kuko abayinywa bayibonamo ibitangaza; nk’uko bitangazwa na Bizimana Egide umuyobozi w’umurenge wa Kibilizi.
Umucuruzi witwa Muhire Danny yivuganwe n’abagizi ba nabi mu ijoro rishyira 22/07/12ubwo yari avuye gucuruza ku kabari ke.
Ubuyobozi bwa polisi ishami rishinzwe kubungabunga umutekano wo mu muhanda, buravuga mu mpanuka zigaragara mu gihugu hose ngo 75% zibera mu mujyi wa Kigali.
Nsengiyumva Jean Damascene w’imyaka 31 yafatanywe bule 325 z’urumogi ruri mu iduka rye mu mudugudu wa Kageri, akagali ka Kora, umurenge wa Bigogwe mu karere ka Nyabihu. Ubu afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Mukamira.
Umurambo w’umugabo w’imyaka 56 y’amavuko witwa Sabwera Didace watoraguwe mu ijoro ryo kuwa 21/07/2012 mu mudugudu wa Rwasama, akagari ka Gacurabwenge, umurenge wa Byumba mu karere ka Gicumbi.