Muri iki gihe haravugwa cyane indwara yo kujojoba cg se fistule mu ndimi z’amahanga, u Rwanda rukaba rwarahagurukiye kuyirwanya, bakangurira abantu kumenya ibiyitera, ingaruka zayo n’uko bayirinda.
Ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku buzima (OMS) ritangaza ko Abanyarwanga bangana na 28% by’Abanyarwanda bose barwaye indwara y’ihungabana kubera Jenoside yakorewe abatutsi mu mwaka w’1994, igahitana abasaga miliyoni imwe.
Igicuri n’indwara yibasira abantu benshi ariko usanga itaramenyekana kuri bamwe:nk’uko bitangazwa na Nzeyimana Vincent hamwe na Rosine Musabyemeriya,abakozi muri serivise ishinzwe kwita ku buzima bwo mu mutwe mu bitaro bya Kabgayi mu Karere ka Muhanga ngo indwara y’igicuri ni indwara ikunze kwibasira abana bakiri mu myaka yo (…)
Mu Rwanda mu minsi ishize hari amakuru yagaragaye mu bitangazamakuru bitandukanye avuga ko abakora uburaya bashyiraho ibiciro bitandukanye ku babagana hakurikijwe niba umukiriya yifuza cyangwa atifuza gukoresha agakingirizo. i Nyamirambo mu karere ka Nyarugenge mu mujyi wa Kigali ni hamwe mu haboneka abakora uburaya nubwo (…)
Abashakashatsi bemeza ko byibura 1/3 cy’abantu bagiye bahura n’ikibazo cy’urugendo muri aba hakaba n’ababirwara burundu, usanga batangira bayura,bagatangira kugira icyuya niyo haba hakonje,bakagira isesemi rimwe narimwe bikabaviramo kuruka,kuribwa umutwe cyangwa kutabona neza.
Mu rwego rwo gufasha abanyarwanda bose kugera kubuvuzi bunoze, hatangijwe gahunda nshya y’ubwisungane mu kwifuza, iyi gahunda yatangiye mu kwezi kwa Nyakanga umwaka w’2011 ikaba yaraje isimbura iyari isanzweho.