Dr. Emmanuel Havugimana, umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda, avuga ko abaturage bari batuye mu Bufundu yahoze ari Komini Karama yo muri Perefegitura ya Gikongoro bagiye babibwamo urwango buhoro buhoro, kuko ibikorwaga bakoraga babikoreshwaga ku gahato n’abayobozi ba leta yari ho icyo gihe.
Muri iki gihe cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru burasaba abaturage ko bajya bazana n’abana babo bafite hejuru y’imyaka 7 mu biganiro kugira ngo abana basobanukirwe neza amateka yaranze u Rwanda.
Abayobozi b’amadini yo mu Karere ka Gicumbi baravuga ko bagiye gukusanya inkunga zitandukanye mu bakirisitu bayoboye zo gufasha abarokotse Jenoside batishoboye muri ibi bihe byo kwibuka abazize Jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994.
Musenyri wa mbere wayoboye Diyosezi Gatolika ya Kibungo, Joseph Sibomana, kuva mu 1968-1992 y ashimiwe ko yarwanije politike y’iringaniza mu mashuri rishingiye ku moko n’uturere aho yanze kuyishyira mu bikorwa mu mwaka wa 1973 muri Seminar into ya Zaza ndetse no mu itangwa ry’akazi muri econamat Jeneral ya Diyosezi ya (…)
Padiri Rutinduka Laurent, impuguke ku mateka ya Jenoside yakorewe abatutsi mu mwaka wa 1994 arasaba abanyamadini kwerura bakaganira ku mateka ya Jenoside mu rwego rwo gukura abayoboke bayo mu rujijo.
Umuhanzi Senderi International Hit arahamagarira urubyiruko rw’abahanzi guhanga byimbitse ibihangano bifasha ubyumvise wese kumenya uburemere bwa Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda mu mwaka wa 1994.
Abantu bataramenyekana batswitse ikiraro cy’umukecuru warokotse Jenoside yakorewe abatutsi witwa Mukangwije Vérène wo mu Karere ka Rusizi mu Murenge wa Bugarama mu Kagari ka Ryankana, ubwo yari yagiye mu bikorwa byo kwibuka ku shuro ya 21 Jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994.
Perezida wa Ibuka (umuryango uharanira inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi) mu Murenge wa Tumba wo mu Karere ka Huye, Théodat Siboyintore avuga ko kurwanya by’ukuri abapfobya Jenoside ari ukubima amatwi.
Ishyaka PARMEHUTU rya Gregoire Kayibanda ryavutse mu w’1957 ngo riza ku isonga mu kubiba amacakubiri mu banyarwanda.
Kuri uyu wa 07 Mata, mu Mudugudu wa Nyamirambo, Akagari ka Gashenyi mu Murenge wa Rukomo mu Karere ka Nyagatare, mu gutangiza icyunamo abaturage bahawe icyizere ko Abarundi bahabaga bakoze Jenoside bazahanwa.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yatangaje ko ashingiye ku mvugo zipfobya zikanahakana Jenoside yakorewe abatutsi mu mwaka w’1994, ndetse n’imyitwarire ya bimwe mu bihugu bitandukanye byo ku isi; asanga abarokotse Jenoside bakirimo guhigwa kugeza iki gihe.
Senateri Uyisenga Charles avuga ko ibikorwa byo gukorana n’umutwe wa FDLR wasize ukoze Jenoside mu Rwanda byagaragaye mu Karere ka Musanze, Umurenge wa Cyuve bitoneka abarokotse Jenoside bagifite ibikomere yabasigiye.
Umuyobozi w’Ikigo cy’igihugu gishinzwe Iterambere (RBD), Minisitiri Gatare Francis, atangaza ko kwibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ari ko kuri konyine kuzafasha Abanyarwanda gutera intambwe yo kubaka u Rwanda.
Padiri Kayisabe Védaste warokokeye Jenoside yakorewe Abatutsi i Mukarange mu Karere ka Kayonza avuga ko iyo hatabanza kubaho Jenoside yakorewe umuco n’imigenzo myiza imbaga y’Abatutsi bishwe muri Jenoside itari kwicwa.
Ku wa 07 Mata 2015, mu Rwanda hose hatangiye ibikorwa byo kwibuka Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda.
Minisitiri w’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga, Jean Philbert Nsengimana, arasaba urubyiruko hirya no hino mu Rwanda kwitabira ibikorwa na gahunda zo kwibuka ku nshuro ya 21 abazize Jenoside yakorewe Abatutsi, ndetse barushaho kwegera no kuremera abacitse ku icumu batishoboye hirya no hino mu midugudu yose mu Rwanda.
Mukambuguje Beatrice wo mu Mudugudu wa Gasharara, Akagari ka Kagina, Umurenge wa Runda mu Karere ka Kamonyi, yakomerekejwe muri jenoside bigera aho acika akaguru, ariko ubumuga afite abukorana imirimo yo mu rugo ku buryo byamurinze gusabiriza.
Abaturage bo mu Ntara y’Iburasirazuba barasabwa ko muri iki gihe cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 21, bakwitwararika bakirinda amagambo mabi yakomeretsa abandi kandi bagafatanyiriza hamwe n’inzego zitandukanye kugira ngo umutekano wo muri iki gihe cyo kwibuka udahungabana.
Ibikorwa by’urubyiruko rwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, abakiri mu ishuri n’abarangije kwiga AERG/GAERG, byanditse amateka kandi biba imwe muri gahunda zigamije kwigira no kwishakamo ibisubizo, nk’uko abitabariye isozwa ryabyo mu karere ka Nyagatare kuri uyu wa gatandatu tariki 04/4/2015, babyishimiye.
Abanyamuryango ba AERG na GAERG basaga 1500 nibo bitabiriye igikorwa cy’umuganda wa nyuma usoza AERG/GAERG week cyabereye mu murenge wa Karangazi mu karere ka Nyagatare, kuri uyu wa gatandatu tariki 4/4/2015.
Umuyobozi w’akarere ka Ngororero Ruboneza Gedeon avuga ko mu gihe mu Rwanda rwitegura kwibuka ku nshuro ya 21 abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, mu karere ayoboye barimo gukemura ibibazo by’abarokotse bitarakemuka, kugira ngo babafashe kurushaho kwiyubaka.
Minisitiri w’Umuco na Siporo, Uwacu Julienne, aratangaza ko guta muri yombi abarundi bagize uruhare muri Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda bikigoranye cyane kubera ko kumenya imyirondoro yabo nabyo ubwabyo ari ikibazo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyanza buratangaza ko ibikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 21 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 byamaze gutegurwa ku buryo bunoze ndetse ko buri kintu cyose ubu kiri mu mwanya wacyo mu gihe habura itageze ku cyumweru ngo icyunamo cy’iminsi ijana gitangire.
Umuryango KWACU ugizwe n’imiryango yaburiye abayo muri Jenoside yakorewe abatutsi mu mwaka 1994 i Nyarubuye umaze kurihira abantu 40 bacitse ku icumu rya Jenoside batishoboye ubwisungane mu kwivuza.
Perezida wa Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside (CNLG), Dr Jean Damascène Bizimana, yagaragaje amazina ya bamwe mu ngabo z’abafaransa bagize uruhare muri Jenoside yakorewe abatutsi mu mwaka wa 1994, mu yahoze ari Perefegitura ya Gikongoro, ubu ni mu Karere ka Nyamagabe.
Mu muganda usoza ukwezi mu Kagali ka Nyagatare, mu Murenge wa Nyagatare mu Karere ka Nyagatare, hakozwe umuganda hasukurwa urwibutso ruri ku Mugezi w’Umuvumba, ahibukirwa abatutsi bishwe muri Jenoside bajugunywe mu migezi.
Urubyiruko rwa AERG na GAERG mu bikorwa rugenda rukora hirya no hino mu gihugu byo gufasha abacitse ku icumu rya Jenoside batishoshoye no gushimira abamugariye ku rugamba ndetse n’abagaragaje ubutwari mu gutabara abatutsi bahigwaga mu gihe cya Jenoside ruratangaza ko gushimira Leta ibyo yarukoreye ari ugukora ibikorwa (…)
Ibikorwa bya AERG (Umuryango w’Abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994) ifatanyije na GAERG (Abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi barangije kwiga) byakomereje mu Karere ka Nyamagabe ku wa Gatandatu tariki ya 28 Werurwe 2015.
Abayobozi ba SOS ku rwego rw’isi ndetse n’Afurika y’iburasirazuba bunamiye abana babo bazize Jenoside yakorewe abatutsi mu mwaka w’1994, aho basuye urwibutso rwa Gasaka rushyinguwemo imibiri y’abana ba SOS.