Abanyeshuri biga CST na CMHS basura inzibutso kugira barwanye abapfobya

Abanyeshuri biga muri Kaminuza y’u Rwanda, mu ishami y’Ubumenyi n’ikoranabuhanga (CST) n’iry’ubuvuzi (CMHS) barokotse Jenoside yakorewe abatutsi mu mwaka w’1994 bavuga ko bagira gahunda yo gusura inzibutso kugira ngo bamenye amateka abafasha guhangana n’abapfobya Jenoside yakorewe abatutsi.

Basura urwibutso rwa Komini Rouge mu Karere ka Rubavu ku wa 08 Mata 2015, Nshimiyimana Aléxis ukuriye AERG muri CST na CMHS avuga ko bashyize imbere kurwanya abapfobya Jenoside yakorewe abatutsi ubu bakoresha ikoranabuhanga n’imbuga nkoranyambaga.

Nshimiyimana avuga ko kugira ngo bahangane n’abapfobya Jenoside ari byiza gusura inzibutso no kumenya amateka yagiye aranga ahantu hatandukanye arebana na Jenoside.

Abanyamuryango ba AERG muri CST na CMHS basuye urwibutso rwa Komini Rouge ngo bamenye amateka bazakoresha bahangana n'abapfobya Jenoside yakorew abatutsi.
Abanyamuryango ba AERG muri CST na CMHS basuye urwibutso rwa Komini Rouge ngo bamenye amateka bazakoresha bahangana n’abapfobya Jenoside yakorew abatutsi.

Mu Karere ka Rubavu ngo niho Jenoside yateguriwe ndetse iranahageragerezwa mbere y’uko ishyirwa mu bikorwa mu Rwanda, bitewe n’uko benshi mu bayiteguye bavukaga mu yahoze ari Perefegitura ya Gisenyi.

Kabanda Innocent ukuriye Ibuka mu Karere ka Rubavu avuga ko kubera uburyo Jenoside yateguriwe ikanageragerezwa muri Gisenyi bamwe bacyeka ko nta barokotse Jenoside bahari, akavuga ko bariho kandi bacyeneye ababegera bakabahumuriza.

Aba banyeshuri batanze inkunga y'amafaranga ibihumbi 100 ku rwibutso rwa Komini Rouge.
Aba banyeshuri batanze inkunga y’amafaranga ibihumbi 100 ku rwibutso rwa Komini Rouge.

Kagemanyi Leonard, umuyobozi ushinzwe abakozi muri CMHS ahamagarira abanyeshuri biga muri Kaminuza guharanira imbere heza bahangana n’abapfobya Jenoside akanabizeza ko bizagerwaho, kuko n’abafaransa batangiye kwemera kugaragaza amabanga y’ibyakozwe kuva 1990-1994.

Urwibutso rwa Komini Rouge rushyinguyemo imibiri y’abatutsi n’abandi bitandukanyije n’abicanyi 4613, uretse ko uyu mubare atari wo wari witezwe kuhashyingurwa kuko hari imibiri itaraboneka yashyizwe ahantu hatazwi.

Mu rwibutso rwa Jenoside rwa Komini Rouge hashyinguye abayizize 4613.
Mu rwibutso rwa Jenoside rwa Komini Rouge hashyinguye abayizize 4613.

Abanyamuryango ba AERG biga muri CST na CMHS bageneye urwibutso rwa Komini Rouge inkunga y’amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 100. Ni ubwa kabiri aba banyeshuri basuye Akarere ka Rubavu kuko muri 2014 bari basuye urwibutso rwa Kanzenze.

Sylidio Sebuharara

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka