Bamwe mu bahanzi bagize itsinda rya Gakondo Group aribo Masamba Intore, Jules Sentore na Daniel Ngarukiye berekeje mu gihugu cy’Ubusuwisi mu gitaramo cyateguwe mu rwego rwo kwifatanya n’Abasuwisi n’Abanyarwanda kwibuka ku nshuro ya 20 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.
Umuhanzi Seth Nyungura warokotse Jenoside afite imyaka 4 arahamagarira abantu bose cyane cyane urubyiruko guhaguruka bagaharanira icyateza imbere ubumwe Imana yabihereye.
Umuhanzi umenyerewe cyane mu ndirimbo zo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, Dieudonne Munyanshoza, atangaza ko urubyiruko rugomba gufata iya mbere mu guhindura amateka kuko aribo mbaraga z’igihugu.
Nyampinga Mutesi Aurore afatanyije na bamwe mu bahanzi basanzwe bazwi mu ndirimbo zihimbaza Imana bakoranye indirimbo yo kwibuka ku nshuro ya 20 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda muri 1994.
Umuhanzi Diplomate wamamaye mu Rwanda mu minsi yashize yasuye urubyiruko rwa Nyamasheke tariki 02 Mata 2014, arubwira ko azutse kandi ko azanye ingufu zikomeye zizatuma arenga urwego yari agezeho agakuba kabiri.
Abahanzi biyise ibyamamare bya Nyamasheke (Nyamasheke all stars) bakoze indirimbo bashyize hamwe bayita “indongozi”. Aba bahanzi bavuga ko nta bundi buryo bafite bwo gushima ibyiza akarere kabo kamaze kugeraho atari ukubiririmba no babiratira abahandi batabizi.
Kuri roadshow ya kabiri ya PGGSS4 yabereye i Nyamagabe, tariki 29/03/2014, abahanzi bashya muri aya marushanwa bagaragaje gushyushya abari bitabiriye igitaramo ugereranyije n’uko byagenze i Rusizi.
Ibirori byo gutanga ibihembo bya Salax Awards ku nshuro yayo ya gatandatu byabaye ku mugoroba wa tariki 28/03/2014 ntibyitabiriwe cyane ugereranyije n’ibyayibanjirije ndetse bamwe bavuga ko bikabije.
Mu gitaramo cyo kwiyereka abakunzi babo (Roadshow) i Nyamagabe, abahanzi bari mu marushanwa ya Primus Guma Guma Super Stars 4 uko ari icumi, bagerageje gushimisha cyane abakunzi babo ariko injyana ya Hip Hop iba ariyo yiganza cyane aho Jay Polly we byabaye akarusho.
Mu gihe abantu benshi bakomeje kwinubira bamwe mu bahanzi batanga ubutumwa budahwitse mu ndirimbo, umuhanzikazi Young Grace arashishikariza bagenzi be kujya bazirikana ubutumwa batanga aho kuyoborwa n’amarangamutima yabo bwite.
Abanyamakuru bakora mu myidagaduro ku maradiyo atandukanye barashinjwa kuzamura abahanzi kubera ko baziranye nabo cyangwa hari amafaranga babahaye kandi badafite ibihangano nyabyo bitanga ubutumwa. Bamwe mu bahanzi bemeza ko kuzamuka mu muzika udafite umuyoboro w’abanyamakuru bidashoboka mu gihe mbere byaterwaga (…)
Abategura amarushanwa ya Primus Guma Guma Super Star bemeje ko ku nshuro ya kane iri rushanwa riri kuba nta muhanzi wemerewe kuzifashisha undi muhanzi ngo amufashe kuririmba nk’uko byagiye bigaragara mu marushanwa yabanje, kimwe n’uko ngo nta n’umuhanzi wemerewe kuzaririmba y’abandi yasubiyemo kabone n’ubwo ngo yaba (…)
Bamwe mu rubyiruko rwo mu mujyi wa Kayonza ngo bishimiye kuba umuraperi Jay Polly yaraje mu bahanzi 10 basigaye bazahatanira irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star (PGGSS4) ku nshuro ya kane.
Umuhanzi Adolphe Bagabo usanzwe azwi ku izina ry’ubuhanzi rya Kamichi muri iyi minsi ngo arimo gukora imyitozo myinshi, gusenga cyane no gushaka imyenda ya Afrobeat kugira ngo azabashe kwegukana umwanya mu bahanzi 10 bazakomeza mu marushanwa ya Primus Guma Guma Super Star ku nshuro yayo ya kane.
Itsinda ricuranga mu bicurangisho gakondo rimaze kumenyekana ku izina ry’Ababeramuco, ryashyize hanze indirimbo yabo bise “Zaninka” ikaba ari indirimbo ya cyera y’umusaza Mushabizi basubiyemo, uyu musaza nawe akaba ari umwe mu bagize iri tsinda.
Umuhanzikazi w’icyamamare mu muziki gakondo, Cecile Kayirebwa mu rwego rwo kwizihiza isabukuru y’imyaka 30 amaze muri muzika, yateguye igitaramo yifuje ko kizabera mu gihugu cye cy’u Rwanda ari nako azaba ari kumwe n’abandi bahanzi b’ibyamamare nabo muri iyi njyana ya Gakondo.
Mu gihe abahanzi 15 mu muzika bitegura igitaramo kizajonjorwamo abahanzi 10 bazakomeza mu irushanwa Primus Guma Guma Super Star 4, umuhanzi Eric Senderi uzwi nka “International Hit” avuga ko naramuka yinjiye muri aba 10 nta kizamubuza guhita ashaka umugore.
Umuhanzi mu ndirimbo zihimbaza Imana Patient Bizimana, yateguye igitaramo cyo kuramya no guhimbaza Imana yise “Poetic Evening of praise and worship”, iki gitaramo kikaba kizaba ku itariki ya 30.3.2014 muri Kigali Serena Hotel.
Nyuma y’uko umuhanzikazi Knowless Butera asezeye mu marushanwa ya Primus Guma Guma Super Star 4, bamwe mu bakunzi b’uyu muhanzikazi bemeza ko nta kintu kindi kizatuma bakurikirana aya marushanwa kuva Knowless azaba atarimo.
Mu bahanzi 15 batoranyijwe kuzahatanira kwinjira mu irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star icyiciro cya 4 harimo Knowless, Paccy wamenyekanye ku ndirimbo “Fata Fata” na Teta Diane wamenyekanye cyane mu ndirimbo ye “Canga ikarita”.
Nyuma y’umunsi umwe umuhanzi Kamuzinzi Jules Vivant yitabye Imana, abavandimwe be, abamuzi, abamukunda n’abo biganye bakomeje gushegeshwa n’urupfu rwe rwaje rutunguranye.
Umuhanzi Senderi International Hit ngo azagaburira abantu mu gitaramo cyo kumurika alubumu ye ya mbere yise “Nsomyaho” izaba iriho indirimbo 10, iki gitaramo kizaba ku itariki ya 22.2.2014 mu karere ka Ngoma.
Umuhanzi Dominic Nic Ashimwe uzwi cyane mu ndirimbo zihimbaza Imana arishimira cyane kuba ari umukozi w’Imana kandi akanemeza ko ari iby’agaciro gakomeye.
Umuhanzi Karangwa Lionel uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Lil G azamurika alubumu ye ku munsi yizihirizaho itariki ye y’amavuko ku itariki 20/03/2014.
Bernard na Clement bari basanzwe bafasha abandi bahanzi kuririmba kubera ubuhanga bazwiho ariko ubu bishyize hamwe batangira kuririmba indirimbo zihimbaza Imana ku giti cyabo.
Nyuma y’uko itsinda Urban Boyz (rigizwe na Humble, Safi na Nizzo) risohoye amashusho y’indirimbo yabo bise Ancilla, bamwe bakavuga ko irimo urukozasoni, bo basanga nta kibazo kiyirimo.
Umuhanzi Mazimpaka Rafiki uzwi cyane mu njyana ye yise Coga Style, atangaza ko kuba abahanzi bahora bategereje ababategurira ibitaramo ari kimwe mu bibadindiza.
Umuhanzi w’indirimbo zihimbaza Imana Dominic Nic arahamagarira abantu kunyurwa n’uko bari kuko hari ababa bifuza no kuba nk’uko bo bameze ariko ntibibakundire.
Umuhanzi Twizerimana Christian uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya The Bless, avuga ko n’ubwo acuranga umuziki aba yatunganyirije muri studio, ashobora no gucuranga izi ndirimbo ze yifashishije iningiri ya Kinyarwanda kandi bigakomeza kunogera amatwi.
Ku nshuro ya mbere, umuhanzi Cubaka Justin wamenyekanye cyane kubera ubuhanga bwe mu gucuranga akaba anakunze kugaragara acurangira abandi bahanzi mu bitaramo, yashyize hanze amashusho y’indirimbo ye yise “Ijwi ryiza”.