Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda, FERWAFA riratangiza ku mugaragaro irushanwa rya U-15 kuri uyu wa gatandatu tariki 14/2/2015 mu karere ka Gatsibo.
Perezida wa Repubulika Nyakubahwa Paul Kagame ni umwe mu bashimishijwe n’intsinzi ya Côte d’Ivoire yakuye kuri Ghana iyitsinda kuri penaliti 9-8 mu mukino wanyuma w’igikombe cya Afurika cyaraye kirangiye muri Guinea Equatorial.
Ikipe ya Rayon Sports yaraye yongeye kubona amanota atatu nyuma y’imikino 10 nta ntsinzi ubwo kuri iki cyumweru yatsindiraga Musanze iwayo ibitego 2-0, mu mukino w’umunsi wa 16 wa shampiyona.
Umukinnyi w’ikipe ya APR FC Mugiraneza Jean Baptiste Migi, n’umunyamakuru w’imikino wa Lemigo Gisa Fausta, kuri uyu wa gatandatu tariki 7/2/2015 bemereye imbere y’Imana n’abantu ko bagiye kubana ubuzima bwabo bwose.
Marines FC ikomeje kugora amakipe afite izina mu Rwanda aho kuri uyu wa gatandatu ishoboye gutsinda As Kigali ibitego 2-0, mu mukino w’umunsi wa 16 wa shampiyona waberaga kuri stade Umuganda.
Umuhanzi w’umunyarwanda Ruhumuriza James uzwi nka King James agiye gufatanya na Jimmy Gatete mu gukurikirana abana babarizwa muri Goal Star Academy isanzwe ifashwa n’uyu wahoze ari rutahizamu ukomeye.
Shampiyona y’icyiciro cya mbere izaba ikinwa umunsi wayo wa 16 mu mpera z’icyumweru, aho umwe mu mikino yari iteganyijwe hagati ya Sunrise na Police FC utakibaye kubera ikiriyo iyi kipe y’i burasirazuba ikirimo.
Ikipe y’igihugu ya Ghana Black Stars izahura na Cote d’Ivoire ku mukino wanyuma w’igikombe cya Afurika cy’ibihugu nyuma yo gutsinda Guinea Equatorial yari mu rugo 3-0, mu mukino wabayemo imvururu zikomeye.
Kuri uyu wa kane tariki 5/2/2015 ni bwo uwari umutoza mu makipe atandukanye mu Rwanda Capt.Rtd Jean Marie Ntagwabira yashyingurwaga mu irimbi rya gisirikare rya Kanombe.
Urubuga rwa Internet rw’ikipe ya Rayon Sports rumaze iminsi ibiri rwarahagaritswe nyuma yaho ubuyobozi bw’iyi kipe butashyiriye mu bikorwa amasezerano bari bumvikanye n’abarukoze.
Umuyobozi w’ikipe ya Rayon Sports Ntampaka Theogene ndetse n’uw’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda Nzamwita Vincent De Gaulle, baraye bagiranye ibiganiro bigamije gushakira ubufasha ikipe ya Rayon Sports ngo ibe yakwishyura umwenda ifitiye uwari umutoza wayo Raoul Shungu.
Uwahoze ari umutoza w’ikipe ya APR FC ndetse n’ikipe y’igihugu Amavubi Jean Marie Ntagwabira yitabye Imana mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri tariki 3/2/2015 aguye mu bitaro bya gisirikare i Kanombe aho yari amaze iminsi arwariye.
Ikipe ya Rayon Sports iratangaza ko yarangije gutandukana n’uwari umutoza wayo Andy Mfutila Magloire nyuma y’amezi abiri yonyine yari amaranye na bo.
Umutoza w’ikipe ya Police FC Cassa Mbungo Andre asanga bigoranye kugirango umupira w’amaguru w’u Rwanda uzatere imbere, kuko ubu ukorerwamo byinshi biwushyira ku rwego rwo hasi.
Ikipe ya APR FC ni yo yegukanye irushanwa ryateguwe na Society for Family Health mu rwego rwo kumenyekanisha agakingirizo ka Prudence, aho iyi kipe y’ingabo z’igihugu yashoboye gutsinda Police ibitego 2-1 ku mukino wnayuma w’iri rushanwa wabaga kuri iki cyumweru.
Amakipe ya APR FC na Police ni yo azakina umukino wanyuma w’irushanwa ryitiriwe Prudence nyuma yo gusezerera As Kigali na Rayon Sports yahuraga na yo kuri uyu wa gatandatu.
Abakunzi b’ikipe ya Rayon Sports bahuriye muri Fan Club ya Gikundiro Forever, kuri uyu wa kane basezeye abari abakinnyi babo Sibomana Abuba na Nizigiyimana Karim barangije kwerekeza mu ikpe ya Gor Mahia yo muri Kenya.
Inteko idasanzwe y’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda Ferwafa, yaraye yemereye amakipe atandatu kuzakina shampiyona y’icyiciro cya kabiri agasanga ayandi 19 yari asanzwe yaremejwe kuzitabira iyi shampiyona izatangira mu cyumweru gitaha.
Society for Family Health (SFH), Rwanda ifatanyije na Ferwafa bateguye irushanwa ryitiriwe Prudence rizaba mu mpera z’iki cyumweru rikazahuza amakipe yarangije mu myanya ine ya mbere muri shampiyona y’umwaka ushize wa 2014.
Rutahizamu mpuzamahanga w’umunyarwanda Meddie Kagere, atangaza ko akiri mu biganiro n’ikipe ya Gor Mahia yo muri Kenya bityo ko atari yayerekezamo nkuko byari byavuzwe mu itangazamakuru.
Umunsi wa mbere w’imikino yo kwishyura ntabwo uhiriye amakipe yari imbere ku rutonde rwa shampiyona dore ko Police na APR FC zatsinzwe mu gihe Rayon Sports na As Kigali zishoboye gucyura inota rimwe gusa.
Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru yakinwagamo imikino ibiri y’umunsi wa 14 wayo, aho amakipe ya Etincelles na Espoir atangiranye intsinzi kuri uyu munsi ubimburira iyindi mu mikino yo kwishyura.
Bikorimana Gerard, umunyezamu w’ikipe ya Rayon Sport FC yavuze ko yahisemo gushaka umugore kugira ngo abashe gukina atuje, akaba agira bagenzi be inama yo kumwigana kuko bizatuma barushaho kwitwara neza mu kibuga.
Ubuyobozi bw’ikipe ya Rayon Sports butangaza ko nta makuru bufite ko umukinnyi Kwizera Pierrot baherutse gusinyisha yaba yaraye asinyiye ikipe ya SOFAPAKA yo muri Kenya ,bityo ko biramutse binabaye uyu mukinnyi yakwirengera ingaruka zamubaho.
Abakinnyi b’ikipe ya Rayon Sports bakomeje kutishimira kutishyurwa amafaranga y’ibirarane by’umushahara wabo aho kuri uyu wa gatatu tariki 21/1/2015 byaje kurangira bafashe ibikapu byabo ngo basubire mu rugo, mbere yo kugirana ibiganiro n’umuyobozi w’akarere ka Nyanza Mayor Abdallah Murenzi.
Uwahoze ari myugariro w’ikipe ya Rayon Sports Nizigiyimana Karim Makenzi yatangaje ko yababajwe n’amagambo yakurikiye igenda rye na mugenzi we Abuba ubwo berekezaga muri Gor Mahia muri Kenya.
Umutoza w’ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 23, Lee Johnson yarangije gushyira hanze urutonde rw’abakinnyi 18 bagomba kwerekeza muri Tanzania ku gicamunsi cy’uyu munsi aho ifitanye umukino wa gicuti n’iki gihugu kuri uyu wa kane.
Ikipe y’igihugu Amavubi yatangiye gukora imyitozo kuri uyu wa mbere yitegura umukino wa gicuti ifitanye na Tanzania tariki 23/1/2015 i Mwanza.
Irushanwa ry’umupira w’amaguru ryiswe “Spaz Cup” ryari rimaze igihe kibarirwa mu mezi abiri ribera mu Murenge wa Cyanika, mu Karere ka Burera, ryashojwe ku wa gatandatu tariki ya 17/01/2015, ikipe yitwa Muhabura FC ari yo itwaye igikombe.
Bikorimana Gerrard n’Uwamwiza Francine baraye bemereye imbere y’Imana n’abantu ko bagiye kubana akaramata ubuzima bwabo bwose bashigaje ku isi.