Nababajwe cyane n’amagambo yavuzwe n’umuyobozi wa Rayon Sports- Makenzi

Uwahoze ari myugariro w’ikipe ya Rayon Sports Nizigiyimana Karim Makenzi yatangaje ko yababajwe n’amagambo yakurikiye igenda rye na mugenzi we Abuba ubwo berekezaga muri Gor Mahia muri Kenya.

Aba bakinnyi bari bamaze iminsi bari mu gihugu cya Kenya, byaje kurangira ikipe ya Rayon Sports ibahaye impapuro zibemerera gukina mu gihugu cya Kenya, nyuma yo gutangwaho akayabo k’amadorali ya Amerika 8 000(arenga gato 5 600 000).

Makenzi ntiyishimiye ibyavuzwe na Gakumba
Makenzi ntiyishimiye ibyavuzwe na Gakumba

Emmanuel Niyomusabye uvugira Rayon Sports atangariza itangazamakuru, yavuze ko bafashe icyemezo cyo kugurisha aba bakinnyi kuko bari bagaragaje ubushake bwo kwigira muri Kenya, mu gihe ikipe ya Rayon Sports ibicishije ku rubuga nkoranyambaga rwayo, yashimiye aba basore bombi ibyo bakoreye iyi kipe.

Ibi ariko ntabwo byarangiriye aha,dore ko vice perezida wa Rayon Sports Gakumba Jean Claude yaje gukoresha urubuga rwe rwa Facebook akoresha amagambo yagaragaje ko asa nk’ugereranya ko kugurisha aba basore bombi ari nko gutanga amatungo yari atangiye kunanirana aho yagize ati.

Ano magambo y'umuyobozi wa Rayon Sports ntabwo yakiwe neza
Ano magambo y’umuyobozi wa Rayon Sports ntabwo yakiwe neza

Aganira n’itangazamakuru, Nizigiyimana Karim Makenzi yavuze ko ibi bitamushimishije na gato kuko Rayon Sports yayivuyemo neza kandi ari ikipe ahoza ku mutima.

“Cyari icyemezo gikomeye kuva muri Rayon Sports ariko niko mu buzima bigenda hari ubwo bukujyana aho bushaka”.

“Rayon Sports ni ikipe nagiranye na yo ibihe byiza ndetse n’abafana bayo twari tubanye neza. Gusa, sinashimishijwe n’amagambo yatangajwe na vice perezida wayo kuri Facebook ubwo twari tugiye, yarambabaje cyane”, Makenzi abwira Kigali Today.

Makenzi na Abuba kugirango berekeze muri Kenya, bahawe ibihumbi 18,500 by’amadolari buri muntu hanyuma buri wese agaha Rayon Sports ibihumbi bine. Bombi bagiye kujya bahembwa umushahara ungana n’amadolari 1,700 ($1,700) ku kwezi.

Jah d’eau DUKUZE

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 6 )

umuyobozi utazi no kwandika se!!! yarahaz urwagwa ubwo mumubabarire

dsp yanditse ku itariki ya: 27-01-2015  →  Musubize

Uriya se ubundi ni umuyobozi wa Rayon kweri, sha ntacyo mvuze uko muzi ntiyigeze akunda sport kuva yabaho, keretse niba yarabyize ageze I nyanza. Dukeneye impinduka ntago wafata umuntu utazi agaciro k’umukinnyi ngo umushyire hariya ngo ni umuyobozi, nzagaruka muri Rayon ni tutafatanya ubuyobozi bwa Rayon n’akarere.

kigali yanditse ku itariki ya: 26-01-2015  →  Musubize

ntibyagakwiye ko amugereranya n’itungo. byo byonyine ibyo yadukoreye nk’unuryango wa rayon sport ni byinshi cyane twagakwiye kubimwubahira.

sabin yanditse ku itariki ya: 23-01-2015  →  Musubize

Uvuga gutyo ntazi agaciro mwari mudufitiye mwihorere uwo nitesha mutwe kandi GROMARIA yabaguze kuko mushoboye ahubwo courage kandi muzahirwe twe ntituzabibagirwa nka bakunzi ba Gikundiro

Chris yanditse ku itariki ya: 22-01-2015  →  Musubize

Umva muvandimwe Mackenzi, bariya nti bakakubabaze kuko ntibaba bazi iyo biva niyo bijya. Jye nzahora nkwibuka kubyo wadukoreye nk’Abarayo.

Turabakunda kandi tuzahora tubakunda nk’abafana b’akadasohoka ba Rayo sport.

N’umugore ataranga umugabo. Ntibiguteshe umwanya ahubwo n’ahongaho nimukwakwanye kuko nabyo biduhesha ishema ko twabanye n’abagabo.

Umufana yanditse ku itariki ya: 21-01-2015  →  Musubize

Umva muvandimwe Mackenzi, bariya nti bakakubabaze kuko ntibaba bazi iyo biva niyo bijya. Jye nzahora nkwibuka kubyo wadukoreye nk’Abarayo.

Turabakunda kandi tuzahora tubakunda nk’abafana b’akadasohoka ba Rayo sport.

N’umugore ataranga umugabo. Ntibiguteshe umwanya ahubwo n’ahongaho nimukwakwanye kuko nabyo biduhesha ishema ko twabanye n’abagabo.

Umufana yanditse ku itariki ya: 21-01-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka