Minisitiri wa Siporo n’umuco, Uwacu Julienne aratangaza ko atazigera aha umwanya amarozi ko ahubwo agiye gushyigikira Siporo ishingiye ku benegihugu.
Umutoza w’ikipe y’Amagaju, Bekeni asanga kuba baratsinzwe na AS Kigali byaratewe no kuba ari abanyacyaro.
Milutin Sredojević Micho watozaga Ikipe y’igihugu ya Uganda nyuma yo kuva mu ikipe y’igihugu y’u Rwanda, Amavubi, ubu yamaze kugirwa umutoza mukuru w’ikipe ya Al Hilal yo muri Sudani.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Zambia (FAZ) ryemeye ubusabe bwa FERWAFA bwo gukina umukino wa gicuti hagati y’ikipe yabo nkuru ya Chipolopolo n’ikipe y’u Rwanda Amavubi ku wa 29 Werurwe 2015 i Lusaka.
Ikipe ya Rayon Sports yanganyije n’Isonga iri ku mwanya wa nyuma ubusa ku busa, mu mukino w’ikirarane wabereye kuri Sitade ya Muhanga.
Umufaransa Raymond Domenech wari wifuje gutoza ikipe y’igihugu Amavubi aratangaza ko we iyo yifuza cyane ari ikipe y’igihugu ya Ireland.
Mu gitondo cyo ku wa 02/03/2015, abakinnyi b’ikipe ya Espoir FC banze gukora imyitozo kubera ko bamaze igihe cy’amezi 2 badahembwa.
Nyuma yo gutsinda ikipe ya Panthere du Ndé igitego kimwe mu mukino ubanza, ikipe ya Rayon Sports yongeye kuyitsinda igitego kimwe ku busa mu mukino wo kwishyura.
Nyuma yo gusezerera Liga Desportiva Muçulmana de Maputo, Umutoza Wungirije wa APR FC aravuga ko afite icyizere cyo kuzasezerera Al Ahl yo mu Misiri kuko ngo atari ikipe iva mu ijuru.
Ikipe y’abafite ubumuga yo mu Karere ka Gicumbi ya “Gicumbi Stars” irasaba ko yakwitabwaho kugirango ibashe kuzamuka mu makipe akomeye yo mugihugu na yo ikajya ijyenerwa ingengo y’imari.
Kuri uyu wa 26 Gashyantare 2015 ubwo Ikipe ya Panthere du Ndé yo muri Cameroon yageraga mu Rwanda isaa kumi n’imwe, umutoza wayo yatangaje ko biteguye gusezerera Rayon Sport i Kigali kuko ngo bazi ko ari ikipe itsindira hanze gusa.
Nyuma yo kugirira imvune mu mukino ikipe ya APR FC yatsinzemo Rayon Sports ibitego bine ku busa, Umukinnyi Mwiseneza Djamar ntazagaragara mu mukino wo kwishyura n’ikipe ya Liga Muculmana de Maputo ku wa gatandatu tariki ya 28/02/2015.
Ku munsi wa 18 wa Shampiona, mu mukino wari utegerejwe na benshi warangiye APR FC inyagiye ikipe ya Rayon Sports ibitego BINE ku busa (4-0).
Mu gihe habura igihe kitagera ku mwaka ngo igikombe cy’Afrika gihuza abakinnyi bakina imbere mu bihugu (CHAN) gikinirwe mu Rwanda, Minisitiri wa Siporo n’Umuco, Amb. Joseph Habineza, kuri uyu wa 21 Gashyantare 2015 yasuye imirimo yo gusana ibibuga bizakinirwaho icyo gikombe yatangiye.
Kuri Iki cyumweru taliki ya 22/02/2015, ikipe ya Rayon Sports iraza kwakira ikipe y’APR Fc mu mukino wa Shampiona wo kwishyura
Umukinnyi Jimmy Mulisa wahoze akinira APR FC n’ikipe y’igihugu Amavubi yamaze gusinyana amasezerano n’ikipe ya Sunrise yo kuba umuyobozi wa Tekinike kugeza uyu mwaka w’imikino urangiye.
Ikipe ya Kiyovu Sports yihimuye kuri Police FC iyitsinda ibitego 2-1 mu mukino wabaye ku wa gatatu tariki 18/02/2014.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Afurika (CAF) ryamaze kwemeza ko irushanwa rya CHAN rizaba kuva tariki ya 16/01/2016 kugeza tariki ya 07/02/2016 mu gihugu cy’u Rwanda.
Ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryamaze gutangaza amatariki ndetse n’ikibuga imikino nyafurika yo kwishyura izaberaho.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryamaze gushyira ahagaragara gahunda nshya y’igihe imikino y’ibirarane izakinirwa.
Umutoza w’ikipe ya APR FC, Mashami Vincent afite icyizere cyo kuba yasezerera ikipe ya Liga Muçulmana mu mukino wo kwishyura, nyuma y’uko banganyije mu mukino ubanza.
Ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) rifatanije na Minisiteri ya Siporo n’umuco batangije amarushanwa y’abatarengeje imyaka 15 (Ferwafa Youth League U15) mu rwego rwo gutegura ikipe y’igihugu Amavubi y’ejo hazaza haba mu bagabo no mu bagore, ndetse no kuzamura impano z’umupira w’amaguru mu gihugu cyose.
Nyuma y’imyaka igera kuri itanu umutoza Ally Bizimungu avuye muri Mukura Victory Sports, aratangaza ko yiteguye kujyana ikirego cye mu ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru (FERWAFA) nyuma y’aho amaze kubona ko ikipe ya Mukura ikomeje guseta ibirenge mu kibazo cye kandi kimaze igihe.
Umunyezamu w’ikipe ya Rayon Sports Ndayishimiye Eric Bakame yaraye akoranye imyitozo n’ikipe y’Isonga kuri uyu wa kane tariki 12 Gashyantare 2015 mbere yo gufata indege ku wa gatanu asanga abandi mu gihugu cya Cameroon gukina umukino wa Confederation Cup.
Amakipe ahagarariye u Rwanda yamaze gusesekara mu bihugu azaba akiniramo mu mpera z’iki cyumweru aho APR FC yageze i Maputo muri Mozambique naho Rayon Sports ikaba iri kubarizwa muri Cameroun.
Ikipe y’igihugu cy’u Rwanda “Amavubi” yasubiye inyuma ho imyanya ine ku rutonde rwa FIFA (FIFA Coca-Cola ranking) rwasohotse kuwa 12/02/2015.
Ikipe ya Rayon Sports yahagurutse i Kigali ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatatu tariki ya 11/2/2015 yerekeza muri Cameroon aho ijyanye icyizere cyo kwitwara neza ku mukino ifitanye na Panthère du Ndé mu mpera z’icyumweru.
Ikipe ya Rayon Sports iri buhaguruke mu Rwanda ku i saa 13:00 zo kuri uyu wa gatatu tariki 11/2 yerekeza mu gihugu cya Cameroon mu mukino na Panthere du Nde yaho, umukino izakina idafite bamwe mu bakinnyi bayifatiye runini.
Amakipe abiri azahagararira u Rwanda mu mikino y’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Afurika CAF, yarangije gutangaza abakinnyi 18 ari buhagurukane na yo kuri uyu wa gatatu tariki 11/2/2015.
Umutoza w’ikipe ya As Kigali Eric Nshimiyimana asanga amakipe azahagararira u Rwanda mu mikino nyafurika mu mpera z’iki cyumweru, agomba gukina ashaka gutsinda nubwo yombi azaba akinira hanze y’igihugu cy’u Rwanda.