Guverineri w’intara y’Amajyaruguru, Aime Bosenibamwe, arasaba aboyobozi b’inzego z’ibanze kumva kimwe gahunda za leta, kugirango babashe gesenyera umugozi umwe, maze gahunda ziba zatekerezwe zishyirwe mu bikorwa nta nkomyi.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, atangaza ko u Rwanda rufite umwihariko warwo wo kubaho no gukora bitandukanye n’abandi. Agasaba Inteko ishinga amategeko kugaragaza ko ibyo Igihugu rukora atari ubujiji.
Nkurikiyinka washoboye kwinjira amashyamba ya Congo gushaka umuryango we bari baraburanye, avuga ko Abanyarwanda bari mu gihugu bagize ubushake bwo gushishikariza imiryango yabo iri mu buhunzi yatahuka.
Abayobozi b’intara y’uburengerazuba batandukanye bari kwigira hamwe uko bakorana n’ikigo cya Capital Market mu rwego rwo gushaka uko iki kigo cyaguriza uturere amwe mu mafaranga yatangwaga na Leta agakoreshwa mu ngengo y’imari y’uturere.
Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU) wageneye u Rwanda inkunga ya miliyoni 40 z’amayero azakoreshwa mu gusana no kubaka imihanda ihuza ibice by’icyaro n’umujyi wa Kigali mu rwego rwo guteza imbere abaturage no kugabanya ubukene.
Niyigira Theogene utuye Mu Karere ka Gatsibo Umurenge wa Kabarore, yasenyewe inzu n’abaturanyi be bamushinja kuba umurozi ruharwa. Tariki 03/10/2013 bamenagura ibirahure by’inzu ye nini bakuramo amadirishya n’urugi banamusenyera igikoni.
Ubuyobozi bw’akarere ka Kayonza tariki 03/10/2013 bwashyikirije inkunga ako karere kakusanyije yo kugoboka Abanyarwanda birukanywe muri Tanzaniya bacumbikiwe mu nkambi ya Rukara muri ako karere.
Khaled Mikawi, wari umuyobozi mukuru wa sosiyete y’itumanaho ya MTN, aratangaza ko yishimira iterambere iyi sosiyete igezeho ugereranyije n’igihe yashingwaga kuyiyobora kandi akanishimira uburyo u Rwanda ari igihugu cyorohereza ishoramari.
Irene Mizero, umusore w’imyaka 28 y’amavuko, aragaragaza uburyo yaterwaga ipfunwe n’uko ababyeyi be bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi kuko bari bamwe mu bavuga rikijyana mu karere ka Ngororero.
Njyanama y’akarere ka Ngoma yahagaritse byagateganyo umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Remera nyuma yo gukora igenzura ku kibazo yari yagejejweho na njyanama y’umurenge imurega imikorere mibi.
Abantu bakunda kwitabira amahugurwa cyangwa inama bitangwamo amafaranga y’insimburamubyizi naho atayitanga ugasanga atitabirwa nk’uko bikwiye kubera inyota y’amafaranga y’insimburamubyizi.
Umukobwa w’imyaka 16 y’amavuko ukomoka mu mudugudu wa Murambi, akagari ka Shororo mu murenge wa Busanze mu karere ka Nyaruguru amaze ukwezi kurenga ari mu karere ka Rutsiro ashakisha uwamuteye inda.
Nyuma y’uko umwe mu bashyushyarugamba bo kuri Radio Isangano ikorera mu karere ka Karongi atangaje ko ikivu cyafunguwe (gusubukura uburobyi bw’isambaza), umuyobozi w’akarere ka Karongi yavuguruje iyo nkuru kuko ikivu gifunze kuva kuwa 16 Nzeri kugeza kuwa 16 Ugushyingo.
Mu gikorwa cya gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” ndetse no kwizihiza umunsi wo gukunda igihugu ku rwego rw’intara y’Amajyeofo cyabereye mu karere ka Muhanga ku 01/10/2013, bagaye Abanyarwabda bajya hanze basebya igihugu cyabo kugirango babone indoke.
Minisitiri w’urubyiruko n’ikoranabuhanga, Nsengimana Jean Philbert, arashimira urubyiruko rwibumbiye muri koperative ishinzwe kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima (Biocoop Rwanda) kuba rwarishyize hamwe ruhereye ku gukora ibintu bitoya no kubyaza umusaruro amahirwe aboneka iwabo, bakaba bamaze kugera ku ntambwe ishimishije.
Abayobozi b’inzego za Kiliziya n’iza Leta mu Rwanda no muri Congo biyemeje gukomeza gutahiriza umugozi umwe mu kwimakaza amahoro, ubumwe n’ubworoherane mu batuye akarere k’ibiyaga bigari.
Nyuma y’uko akarere ka Rutsiro gasomwe ku mwanya wa 25 mu kwesa imihigo y’umwaka 2012/2013 ndetse bamwe bagakeka ko ari wo mwanya kabonye, umuyobozi w’ako karere arazenguruka mu karere abasobanurira imiterere y’amanota n’imyanya byahawe uturere mu kwesa imihigo.
Uwase Natasha wiga muri Notre Dame de Citeaux na Joshua wiga muri KIST ni bo babashije gusubiza neza ibibazo babazwaga ku giti cyabo mu marushanwa y’ibiganiro mpaka ku kwihangira umurimo yateguwe na Rwanda inspiration Backup.
Komisiyo y’igihugu y’abantu bafite ubumuga iratangaza ko ikibazo cy’abasabirizi atari uko bose ari ubukene ahubwo ari ikibazo cy’imyumvire. Barasabwa kuyireka kubera ingufu igihugu cyashyize mu kugira ngo igihugu gitere imbere.
Abanyarwanda birukanwe muri Tanzaniya bacumbitse mu nkambi ya Kiyanzi bavuga ko bishimiye uburyo bakiriwe mu Rwanda kuko imiryango itandukanye igenda ibatera inkunga mu bintu bitandukanye birimo ibyo kurya n’ibikoresho byo kuryamira.
Mu rwego rwo guhugurira abacungagereza kuba abanyamwuga mu kazi bakora, kuri uyu wa 01 Ukwakira abakorera mu Ntara y’Amajyepfo batangiye amahugurwa arebana n’amasomo y’uburinzi bwo ku rwego rwo hejuru bateguriwe n’urukiko rwihariwe rwashyiriweho Sierra Leone.
Kuva ku wa Mbere, tariki 30/09/2013, abayobozi b’imirenge 15 igize akarere ka Nyamasheke bahinduriwe imirenge bayobora (mutation) ku buryo nta wongeye kuyobora umurenge yari asanzwemo.
Sibomana Emile yafatiwe mu mujyi wa Gisenyi taliki 29/9/2013 afite amafi yaboze yakuye i Kigali aje kuyacuruza mu mujyi wa Gisenyi nyuma y’uko uburobyi buhagaze mu kiyaga cya Kivu mu gihe cy’amezi abili.
Abihayimana bo muri diyosezi Gatulika ya Cyangugu mu Rwanda, abo muri arkidiyosezi ya Bukavu na diyosezi ya Uvira muri Repuburika Iharanira Demokarasi ya Congo barungurana ibitekerezo ku buryo akarere k’ibiyaga bigari karushaho kurangwamo amahoro n’ubworoherane.
Ahagana mu masaha ya saa kumi n’imwe za mugitondo zo kuwa 30/09/2013, Ndayisabye Isae yafatanywe inyama z’inka ebyiri yaraye abaze mu buryo butemewe n’amategeko agiye kuzigurisha aho bacururiza inyama i Kamembe mu karere ka Rusizi.
Abanyarwanda batandatu bari mu gihugu cya Congo mu mutwe wa FDLR hamwe n’umunyarwanda wari mu gisirikare cya Congo bagarutse mu gihugu cyabo taliki 30/9/2013 bavuga ko barambiwe kubaho mu muzima butari bwiza kandi mu gihugu cyabo hari umutekano.
Umunyeshuri wiga muri Kaminuza ya Mount Kenya University (MKU), avuga ko abitewe n’uko yigeze kuba ku muhanda, yahisemo gushaka inzu yajya yegeranyirizamo abana asanze ku muhanda bose (bitwa mayibobo), akaba ajya kubashakisha, yababona akabajyana muri urwo rugo rwe.
Umusirikare wa FDLR witwa Mapendo Prosper Mutimapembe avuga ko yarwanyije M23 mu ntarambara iheruka kubera Kanyarucinya na Mutaho igahuza inyeshyamba za M23 n’ingabo za Leta ya Congo zifatanyije n’ingabo z’umuryango w’abibumbye (MONUSCO).
Mu muhango wo kumurika ibyagezweho muri 2012-2013, umuyobozi w’akarere ka Rusizi Nzeyimana Oscar yasabye abatuye ako karere guhanga amaso ibyo bafite kandi bakabikoresha neza kuko aribyo bizabageza kubyo bifuza.
Abayobozi n’abaturage ba Nyamasheke n’abaturage barishimira ko mu myaka ine ishize akarere kabo kakomeje kwesa imihigo ku gipimo gishimishije kandi cyiyongera kandi bikagaragarira mu iterambere ryageze mu nzego zose.