Nyuma y’ubukwe bwapfuye kubera umusore yabuze amafaranga yo gukwa, bamwe mu basore baravuga ko bifuza ko umuco wo gukwa inka wagaruka kuko ariyo itarushya kubona, kandi ikaba yungukira umuryango w’umukobwa n’urugo rushya.
Mwizerwa Patrick w’imyaka 28, wari ushinzwe ubworozi mu murenge wa Uwinkingi mu karere ka Nyamagabe yitabye Imana mu ijoro rishyira tariki 27/06/2013 mu masaha ya saa tatu n’igice azize impanuka.
Mu nama y’imihigo y’umwaka wa 2013-2014 yahuje Guverinoma n’inzego z’ibanze kuri uyu wa kane tariki 27/6/2013, uturere twasabwe kugaragaza ingamba zihamye zo gukangurira abaturage kuboneza urubyaro, hamwe n’ibikorwa binini bihindura bikanateza imbere imibereho y’Abanyarwanda bose.
Abanyamahirwe 15 batsindiye ibihembo by’amafaranga miliyoni imwe kuri buri wese, babishyikirijwe ubwo gahunda ya Yora Cash na MTN yageraga ku musozo, kuri uyu wa kane tariki 27/06/2103.
Abayobozi mu nzego zitandukanye n’abahinzi-borozi bagaragaje ibikorwa by’indashyikirwa mu karere ka kirehe kuva ku rwego rw’umudugudu kuzamura bashimiwe ku mugaragaro mu nkera y’imihigo yabaye tariki 26/06/2013 bahabwa n’ibihembo by’ibikoresho bizabunganira mu kazi bakora.
Brig Gen Dan Gapfizi waguye mu mpanuka y’imodoka tariki 25/06/2013 azashyingurwa kuwa Gatanu, tariki 28/06/2013 mu irimbi rya Gisirikare Kanombe; nk’uko tubikesha itangazo ry’ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda (RDF).
Abacuruzi bacururiza mu ishoko rya Ruhango cyane cyane abakorera mu isoko rya kijyambere, barishimira imikorere ya radiyo nshya Ijwi rya Ruhango imaze iminsi mike itangiye gukorera mu mujyi wa Ruhango.
Ishami ry’ingabo z’umuryango w’abibumbye zibungabunga amahoro muri Mali (MINUSMA) riratangaza ko Jenerali Jean-Bosco Kazura yamaze kugera mu gihugu cya Mali aho aje gutangira imirimo yo kuyobora uwo mutwe.
Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Williams Nkurunziza, yagejeje impapuro zimwemerera guhagarira u Rwanda mu Bwongereza ku mwamikazi Elizabeth II.
Abana 11 n’abagore 7 n’umugabo umwe bavuga ko bishimiye gutahuka mu gihugu cyabo nyuma y’imyaka 19 basiragira mu mashyamba ya Congo. Bageze mu Rwanda kuri uyu wa kabiri tariki 26/06/2013 binjiriye ku mupaka wa Rusizi ya mbere.
Mu ruzinduko abanyeshuli bo muri college de Nkaka yo mu Karere ka Rusizi bari gukorera mu gihugu cy’Ubudage kuva tariki 20/06/2013 kugeza 03/07/2013 , barishimira uburyo bakiriwe n’abaturage bo mu mujyi wa Speyer mu gihugu cy’Ubudage.
Abasenateri bagize komisiyo ya Politiki n’imiyoborere myiza bari mu karere ka Kirehe kuva tariki 24/06/2013 mu rwego rwo kureba uburyo abaturage bakorana n’abunzi hamwe n’urwego rushinzwe kugira inama abaturage ku bijyanye n’amategeko (MAJ).
Mu myaka itatu hazaba ku mupaka uhuza u Rwanda na Congo mu karere ka Rubavu hazaba huzuye inzu izafasha abatuye ibi bihugu kuganira ku byazana amahoro n’ubumwe n’ubwiyunge mu bihugu byombi.
Umuryango Croix-Rouge uzwiho gutabara imbabare watangiye gutegura abasore n’inkumi 20 muri buri murenge mu rubyiruko ruvuye ku rugerero ngo bagire ubumenyi bwa ngombwa mu bikorwa by’ubutabazi bw’ibanze kugira ngo bajye bagoboka abaturage igihe cyose habaye Ibiza n’impanuka, babarindire ubuzima mbere y’uko bagezwa kwa muganga.
Muri za kaminuza n’amashuri makuru mu Rwanda, havutse ihuriro ry’abakobwa b’abayobozi (Girl’s Leaders Forum), rigamije gukorera ubuvugizi abakobwa ku bibazo bahura nabyo, ndetse no kubagira inama ku myitwarire ibategurire ejo hazaza heza.
Umuyobozi w’ingabo zigize umutwe w’Inkeragutabara mu Ntara y’Amajyepfo, Brig. Gen. Dan Gapfizi, yakoze impanuka y’imodoka yabaye mu ijoro rishyira ku wa 26/06/2013 ahita ahasiga ubuzima.
Abayobozi b’umuryango MSAADA w’Abongereza usanzwe ufasha abarokotse Jenoside mu ntara y’Iburasirazuba bemereye umuyobozi w’iyo ntara ko bagiye gufasha abarokotse Jenoside kubaka imishinga ibyara inyungu kandi iramba bazajya bikorera ubwabo kuko ngo kubaha imfashanyo za hato na hato bibaheza mu bukene no gutegereza ak’imuhana.
Abagore batatu hamwe n’abana babo bane banze kwakirwa mu nkambi yakira impunzi by’agateganyo ya Nyagatare mu karere ka Rusizi kubera ko bari baratahutse bakaza gusubira muri Congo rwihishwa bagamije kugera kunyungu bahabwa na HCR.
Federation Internationale des Droits de l’Homme (FIDH) na Ligue des Droits de l’Homme (LDH) n’Umuryango Survie, kuwa mbere tariki 24/06/2013 yashyikirije ikirego Urukiko Rwisumbuye rw’i Paris mu Bufaransa irega Umufaransa Capt. Paul Barril ubufatanyacyaha muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994.
Bamwe mu bagize imiryango ya sosiyete sivile baravuga ko igitutu Leta ibashyiraho cyo kumenya amategeko no kugendana n’aho isi igeze bitaborohera, kubera ko amikoro yabo atabemerera kugendera ku muvuduko umwe n’uwa Leta.
Leta y’u Rwanda irahamya ko yafashe ingamba mu rwego rw’ubukungu zizatuma umuvuduko igihugu kiriho utagabanuka. Bitandukanye n’ibyatangajwe n’impuguke za Banki y’isi zivuga ko muri uyu mwaka ari bwo u Rwanda ruzahura n’ingaruka zikomeye, bitewe no kuba rwarakuriweho inkunga n’ibihugu bisanzwe birufasha mu mwaka ushize.
Kigali Today iri mu bigo 20 byatsindiye ibihembo by’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere ubumenyingiro (WDA), kubera imishinga byatanze igamije gufasha urubyiruko kwiyungura ubumenyingiro yashimwe.
Aba basenateri basuye umupaka kuri uyu wa 24/06/2013, mu rwego rwo kureba uburyo hari kubakwa ikiraro gishya gihuza u Rwanda na Tanzaniya hamwe na One Stop Border Post (OSBP) ku mpande zombi z’umupaka w’u Rwanda na Tanzaniya.
Ibihugu bigize umuryango w’ubukungu w’ibihugu byo mu biyaga bigari (CEPGL) byanze kwemeza igenamigambi ry’imyaka irindwi (2013-2020) ryakozwe na TRANSTEC nyuma yo gusanga ibyo ibi bihugu birambirijeho mu iterambere n’ubukungu bitabonekamo.
Umutahira mukuru wungirije w’Itorero ry’igihugu, Ntidendereza William, avuga ko biteganyijwe ko mu minsi iri imbere hazatangizwa gahunda y’itorero mu mashuri.
Mu gihe hasigaye iminsi itageze ku kwezi kumwe ngo yimikwe ku mugaragaro kuba umwepisikopi wa Diyosezi Gatorika ya Kibungo, Munsenyeri Kambanda Antoine yatangiye gusura amaparoisse y’iyi Diyosezi.
Indangagaciro za gikristu, no kuba intangarugero mu bikorwa byiza, ni bimwe mu byakanguriwe abakristu b’itorero ADEPR mu karere ka Nyagatare mu ruzinduko rw’umuvugizi w’iri torero mu Rwanda.
Abayisiramu bo mu turere twa Nyarugenge na Kamonyi basuye abo mu karere ka Ngoma, banatangiza igikorwa cyo gukusanya inkunga yo kubaka umusigiti wa Gituku mu murenge wa Rukira.
Intore yo mu murenge wa Gihango ihagarariye intore zo mu kagari ka Congo Nil yitwa Evode Niyibizi yasabye imbabazi ndetse asaba ko na we yashyirwa ku rutonde rw’abazahabwa icyemezo (certificate) cy’uko yakoze urugerero, nyuma y’uko yasize bagenzi be akigira gukora akazi yari yabonye muri EWSA.
Ntarwanda Jean Baptiste utuye mu mudugudu wa Nyamata I mu kagari ka Nyamata-Ville mu murenge wa Nyamata ahangayikishijwe n’umwobo w’ubwiherero waridukiye mu marembo ye, ubu akaba atabona aho anyura ajya cyangwa ava mu rugo iwe.