Kubera amateka yaranze Intara y’Amajyaguru cyane cyane icyahoze ari Perefegitura ya Ruhengeri, muri ako gace hashyizeho ibyapa n’indamukanyo zihariwe n’abo mu Majyaruguru zigamije gukangurira abaturage ubumwe n’ubwiyunge no kurandura ingengabitekerezi ya Jenoside ariko ibyo ubona bigenda bikendera buhoro buhoro.
Ministiri w’uburinganire n’iterambere ry’umuryango, Oda Gasinzigwa, uri mu batanze ikiganiro ku ihame ry’uburinganire mu nama ya Banki nyafurika itsura amajyambere BAD iteraniye i Kigali, yavuze ko u Rwanda rwavuye mu mategeko n’amagambo ruha amahirwe angana igitsina gabo n’igitsina gore.
Nyuma y’imyaka 13 hatangijwe politiki yo kwegereza ubuyobozi n’ubushobozi abaturarwanda, ikigo cy’igihugu gishinzwe imiyoborere myiza (RGB) kiri gutegura iteka rya Minisitiri w’Intebe rijyanye no kunononsora iyi politiki mu mirimo yihariye imwe n’imwe, kugira ngo irusheho kugenda neza.
Abakozi 20 ba Scar Security Company icunga umutekano baravuga ko birukanwe badategujwe nyuma yuko bishyuje amezi abili bari bamaze badahembwa bakabwirwa ko bazahita babahemba none amaso ngo yaheze mu kirere.
Umunyamabanga wa mbere muri ambasade y’ubuholandi mu Rwanda, Vasco Rodrigues yasuye inkambi ya Kigeme iherereye mu karere Nyamagabe agamije kureba aho imirimo yo kubaka “one stop Center” mu rwego rwo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina igeze, dore ko igihugu cyUbuholandi ari bamwe mu bayiteye inkunga binyuze mu (…)
Banki nyafurika itsura amajyambere (BAD) yavuze ko mu mpamvu zayiteye gutumira abayobozi n’impuguke mpuzamahanga mu nama ibera i Kigali kuva tariki 19-23/5/2014, harimo kuyibwira uburyo bazakemura ikibazo cy’imvururu n’amakimbirane muri byinshi mu bihugu bya Afurika.
Benshi mu mfungwa n’abagororwa bafungiye muri gereza ya Nyanza barakize baniyemeza kureka imigambi mibi bari bafitiye abantu bari hanze ya gereza, nyuma y’amasengesho bagejejweho na Padiri Ubald Rugirangoga umaze kumenyekana cyane mu Rwanda kubera impano avuga ko afite yahawe n’Imana yo gusengera abantu.
Intumwa yihariye ya UN ishinzwe ku buryo bwihariye ibibazo by’ingufu zakoreshwamo amashanyarazi, Dr Kandeh Yumukella, yabwiye perezida w’u Rwanda ko Umuryango w’Abibumbye wifuza ko u Rwanda rwawufasha mu kumurikira ibindi bihugu uko izo ngufu zitezwa imbere kandi zikagirira abaturage akamaro.
Felix Osike, umunyamakuru akaba n’umwanditsi mukuru w’ikinyamakuru The New Vision cyo mugihugu cya Uganda, ngo asanga ukuntu Perezida Kagame yicisha bugufi mu kazi ke aribyo bigejeje u Rwanda ku iterambere ryihuse.
Abakozi batatu b’Ishuri Rikuru ry’Amahoro ryo mu Muryango w’Ubukungu w’Ibihugu by’Afurika y’Amajyepfo (SADC Regional Peacekeeping Training Centre) basuye Ishuri Rikuru ry’Amahoro (RPA) riri i Nyakinama mu Karere ka Musanze kugira ngo bamenye uko bakora babigireho.
Mu nama mpuzamahanga ya Banki nyafurika (BAD) ibera i Kigali kuva tariki 19-23/5/2014, impuguke n’abayobozi b’imiryango mpuzamahanga, biyemeje gufasha abafata ibyemezo gushingira iterambere rya Afurika ku mikoreshereze inoze y’umutungo kamere w’uyu mugabane.
Abaturage bakoreye uruganda rwa Nyabihu Tea Factory baratakamba basaba ko bakwishyurwa bitewe n’uko imirimo bagombaga gukorera uruganda bayirangije kandi igihe cyo kwishyurwa kikaba cyararenze.
Urubyiruko ruhagarariye urundi rwo mu mirenge 18 igize akarere ka Rusizi, rushamikiye ku muryango FPR-Inkotanyi, rwafashe ingamba zo gukora cyane rwibumbira hamwe ndetse rukigisha na rugenzi rwarwo rundi kwihangira imirimo no gukunda igihugu.
Mu masaha ya mugitondo kuri uyu wa Kabiri tariki 20/05/2014 mu Isantere ya Byangabo mu Murenge wa Busogo inzego zishinzwe umutekano zitaye muri yombi umusore ufite gerenade imwe mu gikapu agiye kuyigurisha.
Umutaliyanikazi Giovanna Libur Moro yishimiye ko taliki 19/05/2014 yahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda nyuma yo kubusaba kuko yifuza kubusangira n’umuryango we uba mu Rwanda.
Ubuyobozi bushinzwe inyamaswa muri Pariki y’ibirunga mu Rwanda bwasubije igihugu cya Kongo ingagi yari imaze imyaka irenga 3 mu Rwanda nyuma yo gufatanwa ba rushimusi bashaka kuyigurisha aho yakuwe muri Kivu y’amajyepfo.
Mu nama mpuzamahanga yateguwe na Banki nyafurika itsura amajyambere(AfDB) ibera i Kigali kuva tariki 19-23/5/2014, impuguke mu by’ubukungu zavuze ko ibyashingirwaho mu guteza imbere ibihugu, harimo kuzamuka k’ubukungu, imiyoborere n’imibereho myiza by’abaturage; u Rwanda ngo rurabifite.
Ubwo Paruwasi nshya ya Butete, muri Diyosezi Gatolika ya Ruhengeri, yatahwaga ku mugaragaro tariki 17/05/2014, abakristu basabwe guharanira kubungabunga umutekano w’igihugu kandi bakora cyane kugira ngo bihaze mu biribwa banirinda ibihuha bityo bakomeze gutera intambwe bajya imbere.
Urubyiruko ruri muri FPR rwo mu karere ka Rwamagana n’urw’ahandi mu gihugu rurasabwa kuba umusemburo w’iterambere kandi rukarangwa no kutihanganira ubukene ahubwo rugafata umwanzuro wo gukora no kwizera ko ibisubizo biri mu maboko yabo.
Abaturage bo mu murenge y’ibyaro yo mu karere ka Bugesera barasaba ubuyobozi bwa EWSA ko bwabafasha bakajya bakwishyurira inyemezabuguzi zabo z’amazi hafi batabanje kuza kwishyurira ku biro bikuru bya EWSA i Nyamata.
Abanyeshuri b’Abanyarwanda biga mu gihugu cya Sudan muri Kaminuza Mpuzamahanga Nyafurika, IUA, ku wa 16 Gicurasi 2014 bamurikiye bagenzi babo amateka y’u Rwanda n’umuco nyarwanda banabasobanurira by’umwihariko amateka ya Jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994 ndetse n’aho igihugu kigeze cyiyubaka nyuma y’imyaka 20 gihuye (…)
Nyuma yogushyirwaho ikiguzi cya Visa ku Banyarwanda bajya muri Repubulika iharanira demokarasi ya Kongo mu gice cya Bukavu, ubuyobozi bw’umuryango w’ubukungu bw’ibihugu by’ibiyaga bigari CEPGL butangaza ko bwamaze kwandikira igihugu cya Kongo kugira ngo gisuzume ko icyemezo cyafashwe n’abayobozi ba Kivu y’amajyepfo (…)
Umuryango TEARFUND, uravuga ko amahame ugenderaho n’imiyoborere yawo bitawemerera gukorana n’umuntu wese witwaje intwaro, ukongeraho ko ari umuryango wa gikristo udashobora gushyigikira cyangwa gukorana n’uwo ariwe wese ukora ibikorwa byo kugirira nabi abantu.
Umuyobozi w’akarere ka Rulindo, Kangwagye Justus, yasabye abagore ko gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” iteganywa mu mirenge, bakwiye kuyitegurana akarusho. Yabibasabye mu nama yahuje abagore bahagariye abandi n’inzego zitandukanye zikorera mu karere ka Rulindo kuwa kane tari 14/5/2014.
Ubushakashatsi bwakozwe n’ikigo cy’igihugu cy’imiyoborere (RGB) mu mwaka ushize wa 2013 bugamije kumenya icyo abaturage b’akarere ka Rutsiro bavuga kuri serivisi bahabwa mu byiciro bitandukanye muri gahunda za Leta zibagenerwa bugaragaza ko muri rusange akarere ka Rutsiro kadahagaze nabi cyane.
Abakristu basengera muri santarari Butete, iri mu murenge wa Cyanika, mu karere ka Burera, barishimira ko begerejwe Paruwasi hafi yabo dore ko ngo hari hashize imyaka myinshi bakora ingendo ndende bajya kuri Paruwasi Kinoni.
Minisitiri w’Ingabo, Gen James Kabarebe, aratangaza ko ingaruka za Jenoside zikigaragara mu Rwanda bitewe n’abantu bakibona mu moko, ariko akemeza ko bidakwiye ko ahashize h’u Rwanda hibagirana kugira ngo Abanyarwanda batazahura n’ingaruka zo kwibagirwa.
Ubwo Komisiyo ya Sena y’ububanyi n’amahanga, ubutwererane n’umutekano yagiriraga uruzinduko mu karere ka Gicumbi, abaturage bayisabye ubufasha mu kurwanya itsinda ry’abantu biyise “Abarembetsi” binjiza ikiyobyabwenge cya kanyanga kuko aricyo kiza ku isonga mu bihungabanya umutekano.
Ubwo Polisi y’Igihugu yashyikirizaga bamwe mu baturage bo mu karere ka Nyagatare na Gatsibo impushya zabo zo gutwara ibinyabiziga batsindiye yongeye kwibutsa ko abantu bakwiye kwirinda inzira zitemewe mu kubona impushya zo gutwara ibinyabiziga.
Kuri uyu wa kane tariki 15 Mata, abakozi bo muri Perezidansi n’abo mu biro bya Minisitiri w’Intebe, baje gukemura ibibazo bamwe mu baturage b’i Muhanga bagejeje kuri Perezida wa Repubulika.