Umutwe w’Ingabo z’Umuryango w’Ababimbuye ushinzwe guhashya imitwe yitwara gisirikare mu burasirazuba bwa Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo uratangira mu mpera z’uku kwezi kwa Mata n’abasirikare 3069.
Perezida Yahya Jammeh uyobora igihugu cya Gambia yongeye kugaragaza ko atihanganira na busa abakorana imibonano mpuzabitsina n’abo babihuje, ndetse avuga ko uzafatwa akora ibyo bikorwa yita urukozasoni azahabwa ibihano bikarishye, akicuza icyatumye avuka.
Ishyaka ryo muri Afurika DA (Democratic Alliance) ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa ANC rirasaba Prezida Jacob Zuma gutanga ibisobanuro ku butumwa bw’ingabo z’Afurika y’Epfo zitegura kujyamo muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo.
Intumwa za M23 zavuye Bunagana zijya mu biganiro i Kampala hamwe na Leta ya Congo, nyuma y’uko umuvugizi wa Leta ya Kinshasa Lambert Mende atangaje ko nta biganiro bafitanye n’inyeshyamba M23 uretse kubasaba gushyira intwaro hasi.
Musenyeri Desmond Tutu w’imyaka 81 yahawe igihembo cyitiriwe Templeton cya 2013 gifite agaciro ka miliyoni 1.3 by’amayero ashimirwa guharanira urukundo n’imbabazi mu isi yose.
Akanama k’Umutekano k’Umuryango w’Abibumbye katoye icyemezo cyo kohereza umutwe w’ingabo zidasanzwe zigera ku 2500 zigomba guhashya imitwe yitwara gisirikare mu Burasizuba bwa Kongo-Kinshasa.
Ubufaransa bwohereje ingabo 350 muri Centrafrique ngo barinde umutekano w’Abafaransa n’abandi banyamahanga bari muri iki gihugu nyuma y’uko inyeshyamba zirwanya Leta ya Perezida Froincois Bozize zifatiye umurwa mukuru, Bangui.
Perezida wa Repubulika ya Centre Africa, Francois Bozize, kuri icyi cyumweru tariki 24/03/2013, yahungiye muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) nyuma y’uko inyeshyamba zimurwanya zigaruriye Bangui umurwa mukuru w’igihugu.
Abayobozi b’ingabo za SADEC bavuye mu bihugu bya Afurika y’Epfo, Tanzania na Malawi kuva taliki 12/03/2013 bari mu burasirazuba bwa Congo mu gikorwa cyo gutegura kuza kw’ingabo zigomba kurwanya imitwe yitwaza intwaro.
Itsinda ry’ubutabazi rigishakisha ababa baguye mu mpanuka y’indege yabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki 04/03/2013 mu mujyi wa Goma, yamaze kubona abagera kuri batanu muri 35 yari itwaye, abandi bakaba bagishakishwa.
Umuyobozi ushinzwe ingenamingambi muri Komisiyo y’ubutabera n’amahoro bya diyoseze Gatulika zo mu Rwanda, bwana Samvura Oswalde aravuga ko izo komisiyo zikora neza mu Rwanda ndetse zikaba zifite byinshi zakwigisha izo muri Kongo.
Abantu batandukanye bitabiriye umuhango wo gushyingura Mzee Amos Kaguta, umubyeyi wa Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, wabereye i Rwakitura mu Karere ka Kiruhura kuri uyu wa mbere, tariki 25/02/2013.
Ingabo z’umutwe wa FDLR zateye muri centre ya Rutshuro ku mugoroba wa tariki 24/02/2013 haba imirwano y’igihe gito yahitanye abasirikare ba M23 n’abaturage umunani.
Ubuyobozi bw’umuryango w’abibumbye bwagaragaje ko amasezerano yo kugarura amahoro mu burasirazuba bwa Congo atarashoboye gusinywa n’abayobozi b’ibihugu byo mu karere mu nama yabereye muri Ethiopia muri Mutarama azasinywa taliki 24/02/2013.
Mu ntangiriro z’iki cyumweru , abarwanyi batanu bo mu mutwe wa FDLR batawe muri yombi n’ingabo za Kongo mu isoko ryo mu Rubanga riri mu kibaya cya Rusizi ho muri Kivu y’Amajyepfo.
Igihangange mu gusiganwa ku maguru mu rwego rw’abamugaye (paralympic games) ku isi, Oscar Pistorius, ari mu gahinda gakomeye nyuma yo kurasa umukobwa bakundanaga witwa Reeva Steenkamp, yikanze ko ari umujura.
Gustave Bagayamukwe wari ukuriye ihuriro ry’imitwe yishyize hamwe ngo bakureho perezida Kabila (UFRC) yatawe muri yombi muri Kivu y’Amajyepfo mu mujyi wa Uvira, taliki 10/02/2013 ahita ajyanwa Kinshasa aho ashobora gukurikiranwa n’ubutabera ku kugambanira igihugu.
Ibihugu bihuriye mu muryango w’iterambere ry’Afurika y’Amajyepfo (SADEC) byohereje intumwa kugira ngo zirebe uko umutekano mu burasirazuba uhagaze mbere y’uko byohereza yo ingabo mu gucunga umutekano no guhashya imitwe yitwaza intwaro.
Abaturage batuye mu mujyi wa Goma muri Congo bavuga ko ibitangazwa na Omar Kavota ukuriye imiryango itegamiye kuri Leta, ko umutwe wa M23 urimo kuzana ingabo mu nkengero z’umujyi wa Goma nta kuri kurimo.
Leta ya Malawi yatangaje ko indege ya Prezida yashyizwe ku isoko, umuntu wese ubishoboye akaba yemerewe gupiganirwa kuyigura. Ngo uzayegukana ni uzaba yatanze amafaranga menshi kurusha abandi.
Perezida Museveni yakiriye intumwa za M23 ziri mu mishyikirano i Kampala, zimugezaho ikibazo cy’uko imishyikirano idatera imbere.
Umuryango w’abibumbye waburiye abakozi b’imiryango mpuzamahanga bakorera muri Kivu y’Amajyepfo gukoresha umuhanda w’u Rwanda bajya i Goma kubera ikibazo cy’umutekano.
Minisitiri w’Ingabo muri Uganda akaba n’umuhuza mu biganiro bya M23 na Leta ya Kongo-Kinshasa, yatangaje ko ibihugu by’Afurika byifuza ko umutwe w’ingabo z’inama y’ibihugu by’ibiyaga bigari (ICGLR) ugomba kugarura amahoro ku mipaka y’igihugu cya Kongo utayoborwa na MONUSCO.
Minisitiri Lambert Mende yashyize atangaza ko ko umutwe wa Mai Mai Nyatura ukomeje gukura mu byabo Abanyecongo bavuga ikinyarwanda ubangamiye leta ya Congo. Avuga ko Leta ikomeje guhangana nawo.
Dr. Denis Mukwege wamenyekanye ku isi kubera uruhare agira mu gufasha abagore bafashwe ku ngufu mu Ntara ya zombi za Kivu, yagarutse muri Kongo-Kinshasa nyuma yo guhungira mu Bubiligi mu Kwezi kw’Ukwakira 2012.
Umuhuza w’ibiganiro by’amahoro bihuje Leta ya Congo n’inyeshyamba za M23, Minisitiri Crypsus Walter Kiyonga, avuga ko ibihano byafatiwe abayobozi ba M23 byabaye imbogamizi ku biganiro kuko hari n’abatemerewe kugira aho bajya kandi bagomba kwitabira ibiganiro.
Umutwe w’ingabo zo mu karere k’ibiyaga bigari (ICGLR) ushinzwe kugarura amahoro ku mipaka y’u Rwanda na Kongo-Kinshasa uzinjizwa mu ngabo z’Umuryango w’Abibumbye zishinzwe kugarura amahoro muri Kongo-Kinshasa (MONUSCO).
Abadepite bo mu gihugu cya Kenya bihaye imperekeza z’akazi zingana n’amadorali ibihumbi 107 (hafi miliyoni zisaga 70 z’amafaranga y’u Rwanda) mu gihe bitegura kurangiza manda muri Werurwe 2013.
Pasitoro Amos Betungula wo mu itorero ry’ubwiyunge mu gace ka Mengo yatawe muri yombi na Polisi yo muri icyo gihugu azira gutwara umugore wari umuyoboke mu itorero rye.
Abanyeshuri bagera kuri 200 bigaga muri kaminuza ya Victoria muri Uganda bari mu gihirahiro nyuma yuko ikigo nterankunga cyo mu bwongereza kigaragaje ko kitakibafashije kubera ko Leta ya Uganda irimo kwiga ku itegeko rihana abantu babana bahuje ibitsina.