Musabyimana Léocadie wo mu kagari ka Bikara umurenge wa Nkotsi i Musanze, arasaba ubufasha nyuma yo kubagwa ikibyimba mu nda bimuviramo kanseri, none arembeye mu rugo nyuma yo kubura ubushobozi.
Mu gihe indwara zitandura zikomeje guhitana umubare munini w’abanyarwanda, INES-Ruhengeri yiyemeje guhuza abashakashatsi banyuranye, hagamijwe gushakira hamwe umuti w’icyo kibazo.
Mu gihe muri Kivu y’Amajyaruguru mu gace ka Beni na Lubero havugwa Ebola imaze guhitana ababarirwa muri makumyabiri, u Rwanda rukomeje gukaza ubwirinzi mu gukumira iyi ndwara.
Kuri uyu 1 Kanama 2018 Minisiteri y’ubuzima ( Minisante) yatangaje ko mu gace kitwa Beni ko mu Majyaruguru ya Repuburika iharanira Demokarasi ya Kongo (DRC) , hagaragaye icyorezo cya Ebola cyagaragaye.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (OMS) rirashinja ibihugu by’Afurika kwirengagiza indwara zimwe na zimwe kugeza ubwo zimugaza abaturage.
Mu Rwanda hatangijwe uburyo bushya bwo kurwanya malariya haterwa imiti mu bishanga yica imibu n’amagi yayo ngo bikazagabanya malariya mu buryo bugaragara.
Minisiteri y’Ubuzima itangaza ko ikoreshwa ry’udukingirizo na gahunda yo gufasha ababyeyi banduye virusi itera SIDA kubyara abana bazima (PMTCT) byahagaritse ubwiyongere bwa SIDA.
Ndacyayisenga Dynamo umukozi w’ikigo cy’igihugu cyita ku buzima , RBC, avuga ko umwaka wa 2017 wasigiye abantu 3000 ubumuga kubera ikoreshwa ry’ ibiyobyabwenge.
Minisiteri y’ubuzima (MINISANTE) ivuga ko nubwo mu Rwanda umubare w’abahitanwa na Malariya wagabanutse, yo ikomeje kwiyongera, igakangurira Abanyarwanda kurushaho gukaza ingamba zo kuyirinda.
Ubushakashatsi bwakozwe n’Ikigo cy’Igihugu cyita ku bidukikije (REMA), bwerekanye ko umwuka Abanyarwanda bahumeka uhumanye ari yo mpamvu ugiye kujya upimwa.
Serugo Shadrack (izina yahawe) umaranye diyabete imyaka 10 avuga ko yatakaje ibiro 50 kubera ukuntu iyo ndwara imubabaza ikamubuza amahwemo ikaba yaranamukenesheje.
Umwana w’imyaka 13 yavunitse akina na bagenzi be bimuviramo indwara ya Kanseri yamuteye ikibyimba cyananiranye kukivura kandi n’umuryango we ntiwishoboye.
Utuwekigeli Victoire yemeza ko yakize indwara ya kanseri y’ibere kubera ko yamenye ko ayirwaye hakiri kare ahita atangira kuyivuza none ubu ameze neza.
Bamwe mu bashoferi batwara imodoka zitwara abagenzi bavuga ko akazi kenshi bagira gatuma batabona umwanya wo kwipimisha virusi itera SIDA.
Abaturage b’i Gishubi na Mamba ho mu Karere ka Gisagara bariye inka yipfushije, babiri barapfa, 24 bajyanwa kwa muganga baruka banahitwa.
Umugore witwa Uwimana Jeaninne ukomoka mu Murenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze, arasaba ubufasha bwo kwivuza indwara idasanzwe amaranye imyaka itandatu.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yahagaritse icuruzwa n’ikoreshwa ry’ibiribwa by’abana birimo amata bikorwa n’Uruganda rwa Lactalis rwo mu Bufaransa, kubera ikibazo cy’ubuziranenge.
Mu gihe ikigereranyo cy’ubwandu bw’agakoko gatera SIDA mu gihugu ari 3%, mu Karere ka Nyarugenge honyine abahatuye bangana na 8.3% ngo bafite ubwandu bwa Sida.
Abanyeshuri 250 bo muri kaminuza y’u Rwanda ishami ry’uburezi ni bo bahawe bwa mbere udukoresho two kwipima virusi itera SIDA.
Inzobere mu kuvura uburwayi bwo mu mutwe zitangaza ko umujinya mwinshi ari kimwe mu bimenyetsoby’indwaraza zo mu mutwe.
Urugaga Nyarwanda rw’abababana n’ubwandu bwa Virusi itera Sida RRP+, ruratangaza ko hari abanga gukoresha agakingirizo nyamara umwe muri bo yanduye undi atanduye, bikabaviramo kwanduzanya no guhohoterana.
Ikigo cyita ku bafite ubumuga cya HVP Gatagara gifatanyije n’umuryango Handicap International, kiyemeje kuzajya kigenderera abafite ubumuga aho batuye kugira ngo basuzumwe bityo bavurwe hakiri kare.
Muri gihe hari hashize igihe kirekire udukingirizo tw’abagore tutagaragara ngo abadukeneye batubone, guhera mu mwaka wa 2018 ngo tuzongera tuboneke ahatangirwa utw’abagabo.
Ntawe bitatungura kuba yajya kwipimisha kwa muganga agasanga afite indwara kandi yari asanzwe agenda mu nzira yumva nta kibazo afite.
Mu Rwanda hatangijwe ku mugaragaro uburyo bushya bwo kwipima SIDA (HIV self-testing), hakoreshejwe agakoresho kabugenewe umuntu acisha mu kanwa, bitandukanye n’uburyo bwari busanzwe bwo gupima amaraso yo mu mutsi.
Abanyarwanda n’abanyamahanga bahuriye mu gikorwa cyo kumenyekanisha imiterere y’indwara ya “Autism” maze bahava batanze n’inkunga yo gufasha abafite iyo ndwara.
Mugurimari Epiphanie wo mu Karere ka Rutsiro ahamya ko kuri ubu afite ibyishimo byo kuba umwana we abasha kugenda nyuma yo gukira imirire mibi.
Mu Rwanda abantu bazi ko indwara ya diyabete ikunze gufata abantu bakuze gusa. Ikindi benshi ntibaramenya ko iri mu moko atatu ashobora kugaragara no ku bindi byiciro by’abantu.
Inama kuri kanserimuri Afurika (AORTIC Conference) yaberaga mu Rwanda irusigiye amasezerano y’ubufatanye n’ikigo BVGH kizobereye mu kurwanya kanseri.
Mme Jeannette Kagame avuga ko kuba kanseri idatoranya abo ifata mu byiciro bitandukanye by’abantu, buri wese akwiye kuyipimisha