Nyuma y’iminsi haboneka ibyaha by’ubwicanyi mu mirenge itandukanye igize akarere ka Rulindo, kuri uyu wa 31/10/2013, babiri mu bakekwaho ibyo byaha baburanishirijwe imbere y’abaturage aho babikoreye mu mirenge ya Bushoki na Burega.
Urukiko rw’Ibanze rwa Kagano mu karere ka Nyamasheke rwategetse ko Ndagijimana Jean Pierre wahoze ari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’akarere ndetse na mugenzi we Ntaganzwa Antoine bakurikiranyweho ubufatanyacyaha mu gushaka indonke, bafungwa by’agateganyo mu gihe cy’iminsi 30 nk’uko byari byasabwe n’ubushinjacyaha.
Venuste Nyombayire usanzwe atuye mu Bufaransa akurikiranywe n’ubutabera kubera uruhare akekwaho kugira muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda 1994.
Urubanza Hategekimana Martin bakunze kwita Majyambere, aregwamo ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 rwari kuburanishirizwa mu rukiko rukuru urugereko rwa Nyanza tariki 22/10/2013 rwasubitswe kubera impamvu z’iperereza urukiko rukomeje gukora.
Ministiri w’intebe, Dr Pierre-Damien Habumuremyi yaburiye abacamana bashya barahiye ko atari bo kamara, mu gihe baba batatiye igihango ntibarenganure abantu uko bikwiye, bashobora gukurikiranwa n’amategeko.
Kuburanishiriza imanza ahakorewe ibyaha kuko bitanga isomo ku bandi baturage, nibyo ubuyobozi bw’umurenge wa Matimba mu karere ka Nyagatare bwifuje nyuma y’aho tariki 08/10/2013 muri uwo murenge haburanishirijwe imanza 3 z’abakekwaho gucuruza ikiyobyabwenge cya Kanyanga.
Medard Munyaneza utuye mu murenge wa Bweramana mu karere ka Ruhango, kuri uyu wa 09/10/2013 yagejeje ikirego mu rukiko rwisumbuye rwa Muhanga arega akarere ka Ruhango kubera isambu y’umuryango we yubatswemo isoko ntiwahabwa ingurane.
Urubanza rw’abagabo bane, abasivili batatu ndetse n’umusilikare umwe, bashinjwa kugira uruhare mu rupfu rw’umucuruzi Habimana Sostène, rwasubitswe nyuma yo gusanga umwe muri abo bagabo adafite umuburanira imbere y’amategeko. Ruzasubukurwa tariki 20/11/2013.
Umuryango Transparency International Rwanda utangaza ko abantu bagera kuri 27,1% banga gutanga ruswa kuko baba babona ko ntacyo byahindura, nk’uko ubushakashatsi uwo muryango wakoze bubigaragaza.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe iterambere ry’ubwikorezi (Rwanda Transport Development Agency “RTDA”) kirasabwa kwishyura indishyi z’akababaro zingana n’amafaranga miliyali 3 na miliyoni 5 kubera igihombo cyateje Entrerprise de construction Sebulikoko.
Umucuruzi Hatekimana uzwiho kugira amazu y’imiturirwa na Hotel Golden Monkey biri mu mujyi wa Nyamagabe tariki 23/09/2013 yagaragaye imbere y’urukiko rukuru, urugereko rwa Nyanza aregwa n’ubushinjacyaha uruhare yagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 mu gace yari atuyemo.
Abakozi mu nzego zitandukanye za Leta bakoreye urugendo mu karere ka Rusizi kuri uyu wa 17/09/2013 mu rwego rwo gukemura ibibazo abaturage b’aka karere bari bamaze iminsi babashyikiriza bavuga ko akarere kabarenganyije.
Kuri uyu wa 13 Nzeli 2013, Inteko rusange y’Umutwe wa Sena yateranye mu gihembwe kidasanzwe iyobowe na Perezida wa Sena Dr. Ntawukuliryayo Jean Damascène yemeje abayobozi mu bakandida yari yashyikirijwe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika mu nzego nkuru z’ubutabera.
Col. Laurent Serubuga wabaye umugaba mukuru wungirije w’ingabo zatsinzwe (ex-FAR) yarekuwe by’agateganyo n’urukiko rwo mu Bufaransa kuri uyu wa 12/09/2013, nyuma yo gutabwa muri yombi akurikiranweho kugira uruhare muri Jenoside yo muri 1994.
Abagabo bane bo mu kagari ka Gaseke, mu murenge wa Ruhunde, akarere ka Burera, bashinjwa gufatanwa ikiyobyabwenge cya kanyanga baciriwe urubanza imbere y’imbaga y’abaturage batuye muri ako gace.
Ubuyobozi bwa Polisi y’igihugu bwamurikiye abanyamakuru abapolisi 34 bakurikiranyweho icyaha cyo kurya ruswa. Iki cyaha bagikoze hagati y’ukwezi kwa Gatanu n’ukwa Cyenda uyu mwaka, nk’uko Umuvugizi wa Polisi ACP Damas Gatare yabitangaje.
Perezida Kagame yatanze igitekerezo ko umubare munini w’ibirarane by’imanza ziterwa n’ubwinshi bw’abatanga ibirego wacyemurwa no kongerera ubushobozi inzego z’abunzi, gukoresha ikoranabuhanga ndetse no kongera ihazabu n’ibihano bigenerwa abanyamakosa.
Kuva muri Mata 2011, ikigo cy’Igihugu gishinzwe amazi n’amashanyarazi EWSA gitangiye imirimo yo gukora umuyoboro w’amashanyarazi uzayavana ku rugomero rwa Nyabarongo uyajyana i Kirinda, bamwe mubaturage babaruriwe imitungo bakaba batarishyurwa barasaba ko EWSA yabaha ingurane zabo kuko ngo barambiwe gutegereza.
Leta y’u Rwanda yishyuye amafaranga arenga miliyari 2,37 mu manza yatsinzwe mu nkiko, ahanini bitewe no kutubahiriza amasezerano ibigo byayo byagiranye na ba rwiyemezamirimo ndetse na bamwe mu bakozi bagiye birukanwa binyuranyije n’amategeko.
Minisitiri w’ubutabera w’u Rwanda, Johnson Busingye, yasabye abanyeshuli barangije kwiga amasomo y’ubumenyingiro mu mategeko mu ishuri rikuru ryo kwigisha no guteza imbere amategeko ( ILPD) riri mu karere ka Nyanza kuba inyangamugayo.
Impuguke akaba n’umwarimu muri kaminuza ya Oxford mu Bwongereza yatangije umushinga ukomeye wo gusaba abacamanza kutazongera guhanisha abajura igihano cyo gufungwa ngo kuko ntacyo cyimarira uwibye n’uwibwe ndetse ngo bigahombya n’abaturage muri rusange.
Minisitiri w’ubutabera akaba n’intumwa nkuru ya Leta, Johnston Busingye, aravuga ko uburyo Abanyarwanda babanye muri iki gihe ari umusaruro w’intambwe igihugu cyafashe mu kubaka ubutabera.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’akarere ka Nyamasheke, Ndagijimana Jean Pierre yagizwe umwere n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rumuhanaguraho icyaha yari akurikiranyweho cyo “gutanga impano kugira ngo hakorwe ibinyuranyije n’amategeko”.
Imanizabayo Clementine wo mu murenge wa Ruhango mu karere ka Rutsiro arashaka indezo y’umwana yabyaranye na Hanyurwabake Laburenti mu buryo butemewe n’amategeko, ariko ubuyobozi bw’umurenge bukaba buvuga ko kurangiza urwo rubanza bigoye kuko Hanyurwabake adashobora kubona ibyo atanga byo kurera uwo mwana.
Abantu batanu bakekwaho uruhare mu rupfu rw’umunyeshuri witwa Dusabeyezu Sehungu Emmanuel bagejejwe imbere y’urukiko rw’ibanze rwa Gihango ruherereye mu karere ka Rutsiro, tariki ya 07 n’iya 09/08/2013 kugira ngo basabirwe kuba bafunzwe by’agateganyo mu gihe cy’iminsi 30 kubera ibyaha bakurikiranyweho.
Ishyirahamwe ry’abapfakazi ba Jenoside (AVEGA), ritangaza ko bamwe mu barokotse Jenoside barenga ibihumbi icyenda, bahangayikishijwe n’imanza z’imitungo zitarangijwe n’inkiko Gacaca, mbere y’uko zisozwa mu mwaka ushize wa 2012.
Ubuyobozi bw’akagari ka Rugando mu murenge wa Kimihurura akarere ka Gasabo, buratabariza ikibazo cy’ikibanza kiburanwa n’umusaza Mugiziki Aloys na Fred Ntagungira Alias Rushirabwoba kuko ngo gishobora gutuma umwe muri bo ahasiga ubuzima.
Urwego rw’umuvunyi ruvuga ko rwafatiye mu cyuho umunyamabanga nshingwabikorwa w’akarere ka Nyamasheke, Jean Pierre Ndagijimana, arimo guha ruswa umukozi w’urwo rwego, kugirango aburizemo dosiye imushinja kuba ataramenyekanishije muri uyu mwaka umutungo wose afite.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Amagereza (RCS) ruratangaza ko bamwe mu bagororwa barangije ibihano byabo ku byaha bya Jenoside bakoze, batinda gutaha ahanini biturutse ku kuba amadosiye yabo atuzuye kubera aho bafunzwe mbere y’uko bakatirwa.
Umuyobozi w’Intara y’Amajyaruguru, Bosenibamwe Aime, arasaba abaturage kwirinda imanza zidafite aho zishingiye kuko bikurura amacakubiri mu miryango bikanadinziza iterambere ryayo.