Umuyobozi w’akarere ka Huye wungirije ushinzwe ubukungu n’iterambere, Cyprien Mutwarasibo, yibukije abaturage bahawe inka na Centre igiti cy’ubugingo, tariki 17/12/2012, ko kwikura mu bukene bigomba kujyana no kugira isuku.
Umusore witwa Manishimwe Berchmas, utuye mu mudugudu wa Gikwege, umurenge wa Muhoza akarere ka Musanze, avuga ko akazi akora ko kudoda inkweto kamuteje imbere, kuko ubu atunze inka eshatu.
Hakorwa igishushanyo mbonera cy’umujyi wa Gisenyi basanze gare yashyirwa aho yahoze ariko hatangiye kubahwa isoko rya kijyambere. Akarere kemera ko gare yazubakwa ahari isoko rizimurirwa ahari kubakwa isoko rishya.
Urubyiruko ruhagarariye ibikorwa bya Youthconnekt ruremeza ko kwitabira umurimo k’urubyiruko aribyo bizatuma u Rwanda rutera imbere nk’uko byaganze muri Koreya y’Amajyepfo.
Iribagiza Azela atuye mu murenge wa Mwendo mu karere ka Ruhango, amaze kwigeza ku bikorwa byinshi birimo n’imodoka yo mu bwoko bwa FUSO, akavuga ko yabigezeho kubera umuryango wa FPR-Inkotanyi wamufunguye mu bwonko.
Mu gihe hasigaye iminsi mike icyiciro cya mbere cyo kuvoma gaz methane mu Kivu kigatanga umusaruro, Guverineri w’Intara y’i Burengerazuba, Kabahizi Célestin, arasaba Abanya-Karongi kutazakoresha umurirmo utangwa na gaz bacana amatara gusa.
Nyiraneza Felicite, utuye mu mudugudu wa Yorudani, akagali ka Cyabararika, umurenge wa Muhoza, mu karere ka Musanze amaze imyaka umunani arera abana barindwi wenyine kandi nta handi akura ubushobozi uretse mu gutunda amatafari ya rukarakara.
Ishyirahamwe Duterimbere, ry’Abanyarwandakazi bahujwe no kuzamurana mu bukungu, ryashimiwe ko mu myaka 25 rimaze rishinzwe ryashoboye guhesha Abanyarwandakazi benshi ubukungu budashingiye ku byo bahabwa n’abagabo, ndetse no kwanga guhozwa ku mirimo yitwaga iya kigore.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rusizi burizeza abaturage ko ba rwiyemezamirimo bahawe inshingano yo kwakira imisoro bazacunga neza amafaranga avuye mu mitsi y’abaturage.
Mu mwaka wa 2017, ingufu z’amashanyarazi u Rwanda rufite zizava kuri kuri MW 110,8 zihari ubu zigere kuri MW 1000. Icyo gihe 70% by’ingo zo mu Rwanda zizaba zifite amashanyarazi zivuye kuri 16% ziyafite ubu.
Abaturage bo mu karere ka Nyagatare bizihije isabukuru y’imyaka 25 FPR imaze ivutse ndetse banishimira ibikorwa yabagejejeho nko kubakirwa no korozwa; banakangurirwa kongerera agaciro ibyo bakora no guharanira kwiteza imbere.
Inteko rusange y’Ihuriro ry’abafatanyabikorwa mu iterambere ry’Akarere ka Kamonyi (JADF), yateranye kuwa Gatanu tariki 30/12/2012, yemeje ko igomba gutegura imurikabikorwa rizaba mu cyumweru cya kabiri cy’ukwezi kwa 02/2013.
Ababyeyi b’i Gitwe mu karere ka Ruhango bishatsemo ibisubizo mu iterambere bubaka amashuri yisumbuye, ishuri rya kaminuza n’ibitaro bya Gitwe.
Ikigo cy’imisoro n’amahoro (RRA) kirasaba abanyamakuru ubufatanye mu kumenyekanisha gahunda zigezweho zo guteza imbere itangwa n’iyakirwa ry’imisoro, hamwe no gukangurira abantu kwitabira gusora.
Abacururiza n’abatuye mu isantere ya Kabuga mu murenge wa Mukura mu karere ka Rutsiro bamaze amezi atandatu batazi impamvu yatumye urugomero rw’umuriro w’amashanyarazi bari biyubakiye ruhagarara. Barasaba ubuyobozi bw’akarere kubakurikiranira ikibazo kugira ngo bakomeze ibikorwa byabo by’iterambere.
Mu gihe mu gihugu hose igikorwa cyo guca nyakatsi cyarangiye, imwe mu miryango yo mu murenge wa Nyarubaka yasenye inzu za nyakatsi yizeye ko Leta izabafasha kubaka inzu zikomeye iracyacumbikiwe n’abaturanyi kuko itabaruwe mu bagomba kubakirwa.
Intumwa za rubanda zigize ihuriro rishinzwe iterambere n’imibereho myiza y’abaturage mu nteko ishinga amategeko zivuga ko urugamba rwo kuzamura imibereho myiza y’abaturage rugenda neza.
Abadepite bagize komisiyo ishinzwe ingengo y’imari n’umutungo w’igihugu bagaragaje impungenge z’aho amafaranga asaga miliyoni 400 zizinjizwa mu misoro y’akarere ka Gakenke mu ngengo y’imari ya 2012-2013 azava.
Bamwe mu basheshe akanguhe bo mu murenge wa Gakenke mu karere ka Gakenke batangaza ko batanyuzwe n’uburyo abakuru b’imidugudu batoranyijwe abari mu zabukuru bazahabwa inkunga ya VUP.
Umuryango utegamiye kuri Leta, ATEDEC wateye inkunga abagore 100 babana na virusi itera SIDA bo mu mirenge itatu yo mu karere ka Nyamasheke kugira ngo bahereho biteze imbere. Buri mugore yahawe amafaranga ibihumbi 20.
Ministiri w’urubyiruko n’ikoranabuhanga, Jean Philbert Nsengimana, yavuze ko kubura kw’imirimo ku baturarwanda byakemuka buri wese agize umwihariko mu kwishakira umurimo, ahereye kuri duke afite cyangwa amaboko ye n’ibitekerezo.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamagabe buratangaza ko hari gukorwa inyigo y’isoko rya kijyambere rizubakwa mu mujyi wa Nyamagabe ahasanzwe haremerwa isoko, abatsindiye isoko ryo gukora iyi nyigo bakazaba bayirangije mu kwezi kwa 12 uyu mwaka.
Urubyiruko rukora umwuga wo gutwara moto rurashishikarizwa kudapfusha ubusa ibyo rwakoreye, ahubwo rukagira umuco wo kuzigama, nk’uko babihuguriwe mu muhango wo gutangiza ishami rya sendika y’abamotari mu murenge wa Mukama mu karere ka Nyagatare.
Bamwe mu baturage bo mu murenge wa Rambura mu karere ka Nyabihu bavuga ko banze kwiba no gukora indi myuga igayitse ahubwo bahitamo guhonda amabuye bakayagurisha bakabona amaramuko.
Mukeshamungu Felicita utuye mu murenge wa Rugarama, mu karere ka Burera atangaza ko kokora ingurube bimufite akamaro kuburyo byatumye yikura mu bukene maze imibereho yo mu rugo ikazamuka.
Ubufatanye hagati y’inzego za Leta n’iz’abikorera bwemeje ishyirwaho ry’inzego ziswe sector skills councils (SSC) zishinzwe gutanga ubumenyi mu byiciro by’ubukungu binyuranye, kigira ngo u Rwanda rubone abenegihugu benshi kandi bashoboye guhatana ku isoko ry’umurimo.
Abaturage bo mu murenge wa Gitovu mu karere ka Burera, batangaza ko kuva aho umuriro w’amashanyarazi ugereye mu murenge wabo wabakemuriye byinshi kuburyo nk’ibyo bajyaga gukorera kure basigaye babikorera hafi yabo.
Abaturage b’Umurenge wa Muzo, Akarere ka Gakenke barasaba ko na bo bagezwaho umuriro w’amashanyarazi kuko wabafasha mu kwihuta mu iterambere bihangira imirimo itandukanye ndetse bakabasha kubona serivisi zisaba amashanyarazi hafi.
Minisitiri w’Urubyiruko n’ikoranabuhanga mu isakazabumenyi, Jean Philbert Nsengimana, wahawe akarere ka Nyamagabe nk’umujyanama mu bukungu n’iterambere, aratangaza ko azahera ku mwihariko w’aka karere akagafasha mu nzira y’iterambere.
Kuba inzara yiswe Gashogoro ihora igaruka buri mwaka mu karere ka Ngoma ngo biterwa nuko Abanyangoma botsa imyaka (kugurisha imyaka ikiri mu mirima) bigatuma batizigamira ngo bahunike imyaka.