Mu nkunga ya miliyoni eshanu z’amadorali y’Amerika yatanzwe n’ikigega cya OPEC gishinzwe Iterambere Mpuzamahanga (OFID) hazavamo azakoreshwa mu mushinga Global Village Energy Partnership, uzafasha kubaka urugomero rw’amashanyarazi azagezwa ku baturage bo ku Nyundo mu Rwanda.
Muri koperative y’inyangamugayo za Gacaca zo mu murenge wa Nyabitekeri mu karere ka Nyamasheke haravugwa imicungire mibi y’umutungo aho abanyamuryango bashinja perezida wayo kwiharira umutungo wa koperative.
Abaturage batuye umurenge wa Save mu karere ka Gisagara barishimira ko bahawe kaminuza kuko izatuma iterambere rirushaho kwihuta kuko uretse kwihangira imirimo iyo kaminuza ibafasha kubona amafaranga ibaha imirimo.
Banki Nyafurika y’aiterambere (BAD) yatumiwe mu nama yiswe Rio+ 20 izabera muri Brezil ihuje ibihugu 20 bikize ku isi, igamije kwerekana intambwe Afurika imaze gutera igerageza kuba umugabane utera imbere.
Urubyiruko rwo mu cyaro narwo ruramutse rutekereje ku ruhare rwarwo mu iterambere hakiri kare, byafasha igihugu kugera ku ntego kihaye, nk’uko bitangazwa n’abayobozi b’umuryango Haguruka, umwe mu miryango yita ku burenganzira bw’umwana.
Minisiteri y’abakozi ba Leta n’umurimo (MIFOTRA) irasaba abaturage kutinubira ko umushahara w’abanyapolitiki uzazamuka kugera kuri 24% kuko bo batigeze bongezwa kuva mu myaka 13 ishize. Abakozi ba Leta basanzwe bazongerwa umushahara ku kigero cya 10%.
Amafaranga azakoreshwa mu ngengo y’imari y’umwaka utaha azakoreshwa ahereye ku bikorwa byagezweho mu kuzamura ubukungu no kugabanya ubukene, nk’uko bitangazwa na Minisitiri w’Imari n’igenamigambi, John Rwangombwa.
Bamwe mu bakozi bo mu ngo bo mu karere ka Muhanga baratangaza ko bifuza ko bagira uburenganzira bwo kujya bashakirwa n’abakoresha babo ubwisungane bwo kwivuza.
Amafaranga yagenewe ibikorwa remezo mu ngengo y’imali y’umwaka wa 2012/2013 yariyongereye ugereranyije n’umwaka ushize. Uyu mwaka ibikorwaremezo byagenewe 23/% by’ingengo y’imali y’umwaka wose mu gihe umwaka wabanje yari 21%.
Banki y’isi yahaye ibigo bitandukanye bifite aho bihuriye no guteza imbere umusaruro w’imboga n’imbuto hamwe n’ubukerarugendo miliyoni eshanu z’amadolari y’Amerika, mu rwego rwo kongera amadevise n’umusaruro w’ibyoherezwa mu mahanga.
Nubwo hari uturere two mu Ntara y’Amajyepfo tutabashije kubona amafaranga twari twiyemeje gukura mu misoro mu mwaka ushize, iteganyabikorwa ry’umwaka 2012-2013 rigaragaza ko utu turere duteganya kuzabona amafaranga arenze ayo twari twiyemeje ubushize.
Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, Albert NSengiyumva, aremeza ko Leta ifite uruhare runini mu gushyiraho uburyo bworohereza abaturage kugira ngo gahunda yihaye yo gufasha buri Munyarwanda kubona icumbi rimukwiriye igerweho.
Nyuma yo gufunguza amakonti muri Equity Bank, abanyamuryango bayo barasaba ko bafungurirwa ishami kugira ngo babone aho babitsa amafaranga kuko bashaka imikoranire myiza n’iyo banki, bityo babone inguzanyo zo kwiteza imbere.
Minisitiri w’Intebe, Dr Pierre Damien Habumuremyi, arasaba ko umushinga wa Rukarara wo kubaka urugomero rw’amazi azajya atanga ingufu z’amashanyarazi ushyirwamo imbaraga ukarangira kuko amashanyarazi akenewe.
Ibihugu byitabiriye inama ya banki nyafurika itsura amajyambere (AfDB) iteraniye Arusha muri Tanzaniya bisabwa gutanga ubumenyi ngiro bufasha urubyiruko guhanga imirimo no guhangana n’ibiciro biri ku isoko.
Akarere ka Bugesera karateganya kwinjiza amafaranga miliyoni 650 z’imisoro mu mwaka w’ingengo y’imari utaha wa 2012/2013, mu gihe uyu mwaka uzarangira hinjiye miliyoni 530.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuziranenge (RBS) kirasaba ko hashyirwaho itegeko rihuriweho n’ibindi bigo bishinzwe igenzura mu rwego rwo kubahiriza ubuziranenge bw’ibicuruzwa.
U Rwanda ruzakoresha ingengo y’imari ya tiriyali imwe na miliyoni 374 mu mwaka utaha wa 2012/2013, nk’uko bigaragara mu mbanzirizamushinga yayo yamurikiwe Inteko Ishingamategeko imitwe yombi.
ECOBANK yatanze mudasobwa mu mirenge SACCO igize akarere ka Nyanza mu rwego rwo kuzifasha kunoza imikorere yazo no kubahiriza ibikubiye mu masezerano y’ubufatanye impande zombi zashyizeho umukono muri Kanama 2011.
Minisitiri w’Intebe, Dr Habumuremyi Pierre Damien, arasaba ko imirimo yo kubaka urugomero rw’amashanyarazi rwa Gashashi ruri mu murenge wa Kigeyo mu karere ka Rutsiro yakwihutishwa abaturage bakabona umuriro w’amashanyarazi vuba.
Ibihugu byo mu karere k’Afurika y’Uburasirazuba hamwe na Sudani bitaraniye i Kigali mu nama bihererekanya ubunararibonye n’imbogamizi bihura nazo mu guteza imbere ishoramari n’imishinga.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubwishingizi (Rwanda Social Security Board) kirashaka ko imyaka y’ikiruhuko cy’izabukuru mu Rwanda yongerwa igashyirwa kuri 60.
Ubuyobozi bw’umujyi wa Kigali burasaba abagenzi batega imodoka mu mujyi wa Kigali, kujya bahwitura abashoferi batinda ku byapa bashyiramo cyangwa bakuramo abagenzi, kuko binyuranyije n’amabwiriza agenda ingendo mu Mujyi.
Imirimo yo kubaka parikingi nshya yo mujyi yo mujyi wa Kigali yari yarahagaze igiye gusubukurwa nyuma yo kuvugurura igishushanyo mbonera cyayo kikajyana n’icyo Umujyi wa Kigali uteganya.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, Nzahabwanimana Alex, tariki 04/05/2012, yasuye ibikorwa byo gukora umuhanda Buhinga-Tyazo mu karere ka Nyamasheke maze abaturage bamutangariza ibyishimo bafite kubera uwo muhanda.
Inyigo yakozwe ku mafaranga azubaka urugomero rw’amashyanyarazi n’ikiraro bya Rusumo, igaragaza ko bizatwara miliyoni 600 z’Amadolari y’Amerika, ariko bakaba hakiri imbogamizi z’aho Gasutamo yaba yimuriwe kugira ngo imirimo itangire.
Impuzamasendika y’abakozi mu Rwanda CESTRAR na COTRAF zirinubira ko mu Rwanda hakigenderwa ku itegeko ryo mu 1972 rigena ko umushahara w’umunsi uba amafaranga 100 y’u Rwanda.
Mu rwego rwo kurondereza ubutaka, abaturage bafite ubutaka mu mujyi cyangwa ahandi hose mu gihugu bazajya bagurirwa bazajya bafashwa kugira inzu muri ibyo bibanza; nk’uko bitangazwa n’ikigo cy’igihugu cy’Imiturire.
Igice cy’umuhanda wo ku Itaba mu mujyi wa Butare gikeneye miliyari 3.5 kugira ngo nacyo gitunganywe. Igice cy’ahagana ku muhanda munini wa kaburimbo wo mu mujyi wa Butare rwagati cyarangije gusaswamo amabuye ubu nta cyondo kikiharangwa.
Minisitiri w’urubyiruko atangaza ko urubyiruko rudakwiye gutegereza amahugurwa kugira ngo rwihangire imirimo iruteza imbere kuko amahugurwa atari kampara kugira ngo ushaka kugira icyo ageraho akigereho.