Intumwa y’ikigega mpuzamahanga cy’imari (FMI) iherutse mu Rwanda yishimiye aho u Rwanda ruhagaze mu rwego rw’ubukungu.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Musoni James, asanga mu myaka 5 ishize abaturage n’abayobozi bo mu Ntara y’Iburasirazuba batarakoresheje amahirwe n’umutungo bafite ngo biteze imbere uko bikwiye, bikaba byarateye icyo minisitiri yise kugwingira mu iterambere.
Mu Rwanda, abaturage baba munsi y’umurongo w’ubukene bavuye kuri 56.7% bagera kuri 44.9% mu myaka itanu ishize; nk’uko bigaragazwa n’ubushakashatsi bwakozwe n’ikigo cy’igihugu cy’ibarurishamibare ku mibereho y’ingo ku nshuro ya gatatu (EICV 3).
Kuba umuriro w’amashyanyarazi udahagije hari abaturage bibangamira mu mirimo yabo cyangwa se mu kwimenyereza ibyo bize, n’ubwo iki kibazo Leta y’u Rwanda yiyenkiri mu byo Leta y’u Rwanda yiyemeje gukemura kugira ngo byongere ishoramari
Umwaka ushize wa 2011, umutungo w’u Rwanda winjizwa na bene gihugu bari mu gihugu (GDP) wiyongereye ku kigero cya 17% bituma ugera ku amadorari y’Amerika miliyari 6.34 (Rwf 3.828 trillion) uvuye kuri miliyari 5.5 z’amadorari y’Amerika (Rwf 3.280 trillion) mu mwaka wabanje.
Ibihugu bikoresha amazi y’uruzi rwa Nil biratangaza ko bidahangayikishijwe no kuba Misiri igenda gahoro mu kwemeranya uburyo bwo gukoresha aya mazi ngo byiteze imbere.
Urugomero rw’amashanyarazi ruri kubakwa ku mugezi wa Nyabarongo mu karere ka Muhanga ruzuzura mu mwaka wa 2014 ni rwo ruzaba rutanga amashanyarazi menshi mu Rwanda hose kuko ruzatanga megawati 28.
Umuyobozi w’ikigega mpuzamahanga cy’imali (FMI), Christistine Lagarde, aratangaza ko hari ibimenyetso bigaragaza ko ubukungu bw’isi bugenda busubira ku murongo nubwo hakiri utubazo.
Umudugudu wa Kinini umaze kuba icyitegererezo mu midugudu igize akarere ka Rulindo kubera uburyo abawutuye bitabiriye ubworozi bw’inkoko, bukabafasha muri gahunda zo kwiteza imbere.
Carlos Slim, umugabo w’imyaka 72 wo muri Mexique, ku nshuro ya gatatu, yongeye kuza ku mwanya wa mbere mu bantu bakize ku isi. Afite umutungo ungana n’akayabo ka miliyari 69 z’amadorari y’Amerika.
Ubuyobozi bw’akarere ka Kayonza buragira inama abaguze amasambu n’abayahawe muri gahunda y’isaranganywa kubegera bakabasubiza amafaranga yabo kuko bashobora kuzabihomberamo.
Abanyarwanda 20% gusa nibo batuye mu mijyi mu gihe u Rwanda ruteganya ko muri 2020 bazaba bageze kuri 30%.
Akarere ka Nyamasheke karasaba abakoresha kwita ku mibereho myiza y’abakozi babo, baharanira kurengera ubuzima bwabo ndetse no kwita ku mutekano wabo mu kazi bakora ka buri munsi; nk’uko bitangazwa n’ umugenzuzi w’umurimo mu karere ka Nyamasheke, Nyirabambanza Clémentine.
Akarere ka kayonza kihaye umuhigo wo kubakira biogaz ingo 100 bitarenze ukwezi kwa kamena 2012 ariko bishobora kutagerwaho kubera ko amafaranga abaturage basabwa nta bushobozi bafite bwo kuyabona.
Ubuyobozi bw’akarere ka Ruhango burasaba ikigo cy’igihugu gishinzwe imisoro kongera amande acibwa abantu bafatirwa mu bucuruzi butemewe kuko ayo babaca adahwanye n’agaciro k’ibyo baba batanzeho kugira ngo batabwe muri yombi.
Ukuriye urubyiruko mu karere ka Burera arasaba urubyiruko rwo muri ako karere, kwibumbira mu makoperative bakareka amashyirahamwe kuko ari ho bazatera imbere.
Ubuyobozi bw’akarere ka Gatsibo buratangaza ko abayobozi muri ako karere badafunga inka nk’uko hari ikinyamakuru cyabyanditse.
Imenyekanishamusoro rigiye kuzajya rikorwa rimwe mu myaka itatu kugira ngo birinde baturage guhora basiragira ku biro bishizwe imisoro n’amahoro.
Abayobozi ba komisiyo zishinzwe kugenzura imikoreshereze y’umutungo wa Leta (PAC) mu karere k’Afurika y’Iburasirazuba no mu muryango w’Ubukungu w’Afurika y’Amajyepfo (SADCO), bateraniye i Kigali mu rwego rwo guhugurana, bagamije kunoza akazi bashinzwe.
Abahinzi b’inanasi bibumbiye muri Koperative COOPAF, ihuriyemo abahinzi b’imbuto bo mu murenge wa Gacurabwenge, batangaza ko kubura isoko rihoraho ry’umusaruro wabo bituma bagurirwa ku biciro bitajyanye n’ingufu bakoresha mu ihinga.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamasheke bufatanyije na Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’umurimo (MIFOTRA) barasaba abikorera bo muri ako karere kumenya no kubahiriza itegeko rigenga umurimo mu Rwanda.
Mu nama ya 36 y’inteko rusange y’ihuriro Nyafurika ry’ibigo by’ubwishingizi (FANAF) iteraniye i Kigali kuva tariki 20-23/2012, byagaragaye ko ubwishingizi mu Rwanda bukiri hasi ugereranyije n’ibindi bihugu.
Raporo yakozwe na komisiyo y’umuryango w’Abibumbye yita ku bukungu muri Afurika (UNECA) igaragaza ko 50% by’imisoro ibihugu by’Afurika byakagombye kwinjiza igendera muri ruswa.
Umuyobozi w’ikigo gishinzwe ubushakashatsi ku bukungu bw’Africa muri kaminuza ya Oxford mu Bwongereza (CSAE) avuga ko u Rwanda rukeneye gahunda nshya kugira ngo ruzabashe kugera ku nshingano rwihaye yo kuva mu cyiciro cy’ibihugu bikennye, rukajya mu cy’ibihugu bifite ubushobozi buciriritse (middle – income levels).
Leta irateganya gushyiraho imisoro mishya mu rwego rwo kuziba icyuho cy’imisoro yavanywe ku bikomoka kuri peterori mu Rwanda umwaka ushize. Iki cyemezo cyashimwe n’ikigega mpuzamahanga cy’imari (Fond Monetaire International) kubera ukuntu u Rwanda rukomeje gukora ibishoboka ngo rugabanye kugendera ku nkunga.
Minisitiri w’umutekano yasuye akarere ka Gisagara yungurana ibitekerezo n’abayobozi ku iterambere ry’umurenge wa Save dore ko iri ku mwanya wa nyuma mu iterambere muri kano karere.
Koperative y’abahinzi b’umuceri ikorera mu murenge wa Gatore mu karere ka Kirehe ariko ifite igishanga bahingamo umuceri mu mirenge ya Kirehe na Ngoma (COOPRIKI-Cyunuzi) imaze kugera kuri byinshi ku buryo ishobora kweza toni 4000 ku mwaka.
Leta y’u Rwanda igiye kwagura no guha ingufu ikibuga cy’indege cya Kamembe giherereye mu karere ka Rusizi ku buryo kuzajya cyakira indege nini kurusha izo cyakiraga.
Banki Nkuru y’igihugu iratangaza ko uyu mwaka uzashira ubukungu bw’u Rwanda bwiyongereyeho 7.6% mu gihe ibiciro by’ibicuruzwa byo bitazarenza 7.5%.
Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, John Rwangombwa, aremeza ko izamuka ry’ubukungu mu Rwanda mu myaka 5 ishize ryunguye abaturage, nk’uko ubushakashatsi bwa gahunda zigamije kwikura mu bukene (EDPRS) bwabigaragaje.