Bamwe mu basheshe akanguhe bo mu murenge wa Gakenke mu karere ka Gakenke batangaza ko batanyuzwe n’uburyo abakuru b’imidugudu batoranyijwe abari mu zabukuru bazahabwa inkunga ya VUP.
Umuryango utegamiye kuri Leta, ATEDEC wateye inkunga abagore 100 babana na virusi itera SIDA bo mu mirenge itatu yo mu karere ka Nyamasheke kugira ngo bahereho biteze imbere. Buri mugore yahawe amafaranga ibihumbi 20.
Ministiri w’urubyiruko n’ikoranabuhanga, Jean Philbert Nsengimana, yavuze ko kubura kw’imirimo ku baturarwanda byakemuka buri wese agize umwihariko mu kwishakira umurimo, ahereye kuri duke afite cyangwa amaboko ye n’ibitekerezo.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamagabe buratangaza ko hari gukorwa inyigo y’isoko rya kijyambere rizubakwa mu mujyi wa Nyamagabe ahasanzwe haremerwa isoko, abatsindiye isoko ryo gukora iyi nyigo bakazaba bayirangije mu kwezi kwa 12 uyu mwaka.
Urubyiruko rukora umwuga wo gutwara moto rurashishikarizwa kudapfusha ubusa ibyo rwakoreye, ahubwo rukagira umuco wo kuzigama, nk’uko babihuguriwe mu muhango wo gutangiza ishami rya sendika y’abamotari mu murenge wa Mukama mu karere ka Nyagatare.
Bamwe mu baturage bo mu murenge wa Rambura mu karere ka Nyabihu bavuga ko banze kwiba no gukora indi myuga igayitse ahubwo bahitamo guhonda amabuye bakayagurisha bakabona amaramuko.
Mukeshamungu Felicita utuye mu murenge wa Rugarama, mu karere ka Burera atangaza ko kokora ingurube bimufite akamaro kuburyo byatumye yikura mu bukene maze imibereho yo mu rugo ikazamuka.
Ubufatanye hagati y’inzego za Leta n’iz’abikorera bwemeje ishyirwaho ry’inzego ziswe sector skills councils (SSC) zishinzwe gutanga ubumenyi mu byiciro by’ubukungu binyuranye, kigira ngo u Rwanda rubone abenegihugu benshi kandi bashoboye guhatana ku isoko ry’umurimo.
Abaturage bo mu murenge wa Gitovu mu karere ka Burera, batangaza ko kuva aho umuriro w’amashanyarazi ugereye mu murenge wabo wabakemuriye byinshi kuburyo nk’ibyo bajyaga gukorera kure basigaye babikorera hafi yabo.
Abaturage b’Umurenge wa Muzo, Akarere ka Gakenke barasaba ko na bo bagezwaho umuriro w’amashanyarazi kuko wabafasha mu kwihuta mu iterambere bihangira imirimo itandukanye ndetse bakabasha kubona serivisi zisaba amashanyarazi hafi.
Minisitiri w’Urubyiruko n’ikoranabuhanga mu isakazabumenyi, Jean Philbert Nsengimana, wahawe akarere ka Nyamagabe nk’umujyanama mu bukungu n’iterambere, aratangaza ko azahera ku mwihariko w’aka karere akagafasha mu nzira y’iterambere.
Kuba inzara yiswe Gashogoro ihora igaruka buri mwaka mu karere ka Ngoma ngo biterwa nuko Abanyangoma botsa imyaka (kugurisha imyaka ikiri mu mirima) bigatuma batizigamira ngo bahunike imyaka.
Impugucye mu by’ubukungu ku mugabane w’Afurika ziteraniye mu Rwanda ziragaragaza ko umugabane w’Afurika wagombye kugabanya inkunga ugenerwa n’ibihugu byateye imbere ahubwo ugatangira kubyaza umusaruro amahirwe ufite mu kongera ubukungu binyuze mu banyagihugu.
Moteri ifite ingufu College Imena ifite, yarifashije guha umuriro w’amashyanyarazi abatuye umurenge wa Karama, akarere ka Huye, iri shuri riherereyemo, gusa abaturage ntibanyuzwe n’igiciro cy’amafaranga basabwa kugira ngo bemererwe gucanirwa.
Leta ifite gahunda yo kugeza mu gihugu hose gahunda ya VUP, numa yo gusanga hari byinshi yagejeje ku batuye icyaro bakenney, nk’uko bitangazwa n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu, Dr Alvera Mukabaramba.
Umujyi wa Kigali ukeneye amazu 340,068, mu myaka 10 iri imbere kugira ngo ukemure ikibazo cy’imiturire iharangwa, nk’uko byatangazwa n’inyigo yashyizwe ahagaragara kuwa kane tariki 25/10/2012.
Umuhanda Gasaka-Musange wari imbogamizi zatumaga abaturage b’umurenge wa Musange batagera mu mugi wa Nyamagabe ku buryo bworoshye ngo ugiye gukorwa, abaturage b’uyu murenge bakurwe mu bwiyunge.
Abaturage bo mu karere ka Burera bamaze gutuzwa mu midugudu batangaza ko gutuzwa mu midugudu byabagiriye akamaro kuko amajyambere abageraho vuba kandi bigatuma bataba mu bwigunge.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Rukomo mu karere ka Nyagatare bwo butangaza ko kugeza ubu abaturage barenge 70 ku ijana bafite amazi meza kubera ahaini amasoko y’amazi agaragara hirya no hino mu duce tugize uwo murenge.
Ubuyobozi bw’akarere ka Ruhango, bubifashijwemo n’abaturage bakomoka muri aka karere ariko bakorera hanze yako, biyemeje kwishakamo imbaraga zo kuzamura abaturage 60,08% bari munsi y’umurongo w’ubukene bagatera imbere.
“Agakiriro” ni igice gishya kigiye kubakwa muri buri karere kizajya gihuriza hamwe ibikorwa by’ubucuruzi bikorwa mu myuga. Iki gice kizafasha urubyiruko kwihangira imirimo no kuyibonera isoko, nk’uko Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) ibitangaza.
Umuryango w’Abagide mu Rwanda wahuguye abagore 20 bakennye kurusha abandi bo mu kagari ka Shyembe mu murenge wa Gihango, ku byerekeranye n’uburyo bwo kwihangira imishinga iciriritse.
Minisiteri y’ibikorwa remezo (MININFRA) iratangaza ko miliyoni 350 arizo zaburiye mu gikorwa cyo kwimura abaturage baturiye umugezi wa Nyabarongo cyatangiye mu mwaka wa 2008 ariko kugeza magingo aya ntikirarangira kubera impamvu z’uburiganya bwabonetsemo..
Abaturage batuye mu nkengero z’umudugudu wa Kabuga, akagari ka Mburabuturo, umurenge wa Nyamirama mu karere ka Kayonza, bavuga ko bamaze imyaka ine barishyuye amafaranga y’ifatabuguzi ry’amashanyarazi, ariko ikigo cya EWSA ngo ntikirabaha amashanyarazi.
Mu nama rusange yahuje abacukuzi ndetse n’ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga, tariki 16/10/2012, hemejwe ko akarere kagiye gutangira gufatira ibihano bikakaye abacukuzi b’ibumba n’imicanga badatanga raporo z’ikikorere yabo.
Abafatanyabikorwa b’akarere barasabwa kugira ibikorwa bikomeye byahizwe mu mihigo y’akarere ibyabo kugira ngo imibereho y’abaturage itere imbere ku buryo bwihuse.
Urwego rw’Umugenzuzi mukuru w’imari ya Leta (OAG) rwatangarije Inteko ishinga amategeko kuri uyu wa gatanu tariki 12/10/2012, ko amafaranga arenga miriyari 10 atagaragazwa uburyo yakoreshejwe n’inzego zinyuranye z’igihugu mu mwaka wa 2010-2011.
Mu rwego rwo kuremera abatishoboye bakuwe muri nyakatsi, Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bo mu murenge wa Mugesera mu karere ka Ngoma batanze matera ngo bace na nyakatsi yo kuburiri.
Nyuma yo gukoresha neza inkunga bahawe muri gahunda y’ubudehe maze bakiteza imbere, Akarere ka Gakenke kageneye abaturage 50 n’imidugudu itatu yo mu Murenge wa Kivuruga ibihembo byo kunganira imishinga batangiye.
Imwe mu mpamvu itera ikibazo cyo kutabona amazi meza ahagije abaturage bo mu karere ka Ngororero bafite ni ukutita ku masoko y’amazi. Ako karere gafite amasoko y’amazi menshi aturuka mu misozi ariko ntiyitabwaho uko bikwiye.