Rusizi: Gutangira umwaka ngo ntibyabagendekeye neza nk’uko bisanzwe

Abaturage bo mu murenge wa Bweyeye ho mu karere ka Rusizi baratangaza ko iminsi mikuru isoza umwaka yaje nta mafaranga bafite bityo bakaba batarishimye nkuko bari basanzwe babigenza.

Abacuruzi baravuga ko abakiriya babonye ku Bunani batari bahagije nk’abo babonaga mu minsi yashize. Ku bijyanye n’akaboga (inyama) naho ngo ntibaguze cyane.

Ubusazwe muri aka gace iminsi mikuru yarangwaga no kubaga inka n’andi matungo ariko uyu mwaka ntibyari byinshi ugereranije n’uko byari bimenyerewe.

Ngo kuba hamwe na hamwe mu murenge wa Bweyeye imyaka yarishwe n’imvura ni kimwe mu byatumye abo baturage batabona agafaranga yo kwizihiza iminsi mikuru. Uretse n’ibyo ariko rumwe mu rubyiruko twasanze ku gasantere ka Bweyeye rwadutangarije ko nta n’akazi ubu bafite kuburyo babona uko bizihiza umunsi mukuru neza.

Umusaruro w'amafi wariyongereye ariko ngo abaguzi barabuze.
Umusaruro w’amafi wariyongereye ariko ngo abaguzi barabuze.

Ngo kuba nta na masoko akomeye arangwa muri uwo murenge bituma batabona aho bagurisha amatungo yabo bikaba bituma amafaranga yo kwizihiza iminsi mikuru abura, urubyiruko rwo ariko ngo ntaho bagira bidagadurira kuburyo bakizihiza bonane banezerewe.

Iyo uganira n’abatuye umurenge wa Bweyeye ubona bahangayikishijwe n’ikibazo cyuko uwo murenge udakunze kwera bitewe nuko ubutaka bwaho busharira bukaba butumvikana n’imyaka kandi ariho bakagobye gukura ibibatunga bya buri munsi. Ibihingwa bihera nk’ibijumba na caloti ngo ntibibona isoko.

Abarobyi nabo ngo babuze abakiriya

Abarobyi bo bavuga ko nubwo umusaruro w’ibikomoka mu kiyaga cya Kivu byiyongereye, umubare w’abagura isambaza n’amafi waragabanutse muri iyi minsi.

Ukwiyongera k’umusaruro w’ibikomoka mu kiyaga cya Kivu ngo byatewe ahanini n’ingamba bafashe mu kubungabunga icyo kiyaga, zirimo no guhangana n’abarobesha imitego itemwe ya kaningini.

Musabwa Euphrem

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka