Ihuriro ry’amakoperative y’Abamotari yo mu Karere ka Nyagatare ryagabiye inka ebyiri abakecuru bacitse ku icumu rya Jenoside: umwe wo mu Murenge wa Rukomo n’undi wo mu Murenge wa Rwimiyaga.
hatangiye gutekerezwa uko inkunga z’ingoboka zari zisanzwe zigenerwa abakene bo mu ntara y’Amajyepfo zabyazwamo imishinga izabaviramo inyungu yo kubafasha ku buryo burambye, uburyo bwaba buje bwunganira indi mishinga y’iterambere ikorwa muri iyi ntara.
Kompanyi y’indege z’u Rwanda (Rwandair) imaze kugura indi ndege yo mu bwoko bwa Boeing 737-700 Next Generation (NG), ifite ubushobozi bwo kugenda urugendo rurerure itaruhutse, ikaba iri mu ndege zizafasha Igihugu kugenderana n’ibihugu by’i Burayi n’Uburasirazuba bwo hagati (Middle East).
Isuzuma abagenzunzi b’Ikigo mpuzamahanga kita ku Ifaranga (IMF) basoje mu Rwanda ryagaragaje ko ubukungu bwateye imbere bikaba biha Leta y’u Rwanda icyizere mu kongera kureshya abaterankunga n’abashoramari.
Abaturage bo mu murenge wa Nyamyumba mu karere ka Rubavu bavuga ko gufata mu mugongo abacitse ku icumu rya Jenoside ari inshingano yabo kuko bavukijwe uburenganzira bazizwa uko baremwe.
Mu gihe Polisi igishakisha uwatemye inka ya Umugwaneza Ernestine wacitse kw’icumu rya Jenoside, ubuyobozi bw’akarere ka Ngororero bwongeye kumusura bumafata mu mugongo, dore ko n’ubundi asanzwe atishoboye.
Nyuma gato yo gushyikirizwa umufarizo wo kuraraho (matela), umusaza w’imyaka 85 witwa Ukunzake Ananias utuye mu Kagali ka Nganzo, Umurenge wa Gakenke mu Karere ka Gakenke avuga ko ari bwo bwa mbere mu buzima bwe agiye kurara kuri matela.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gakenke, Gasasa Evergiste atangaza ko bakusanyije inkunga ingana na miliyoni eshatu zishyirwa mu kigega cy’ingoboka cyo gufasha abacitse ku icumu bo mu Murenge wa Gakenke.
Mu gihe cyo kwibuka ku nshuro ya 19 abazize Jenoside yakorewe Abatutsi muri mata 1994 abaturage bo mu karere ka Gicumbi bamaze gukusanya miliyoni 13 zo kuzasana amazu y’abarokotse.
Icyiciro cya kabiri cya gahunda y’imbaturabukungu (IDPRS II) iteganya ko bukungu n’imibereho y’Abanyarwanda bagomba kwiyongera. Amafaranga umuturage yinjiza ku mwaka azava ku madorali y’Amerika 644 agere ku madorali 1200.
Guverineri w’intara y’uburengerazuba, Kabahizi Celestin, yagiranye inama n’abakozi ndetse n’abayobozi batandukanye bo mu karere ka Rutsiro tariki 06/04/2013 bagamije kwibukiranya ku cyo Leta ibifuzaho, barebera hamwe aho intege nke ziri, bafata n’ingamba zo kwikosora kugira ngo bihute mu iterambere.
Umuryango witwa Plan Rwanda wazanye impuguke mu gutegura no gukora ibikorwa by’ubuvugizi ngo zigishe abayobozi b’amakoperative anyuranye mu Rwanda uko bakora ubuvugizi ku buryo bwa gihanga.
Umuhorandekazi witwa Roosje Sprangers ukora mu kigo cy’amashuri cya TTC Save na mugenzi we witwa Judith bashyikirije imiryango 22 itishoboye yo mu murenge wa Save mu karere ka Gisagara ihene mu rwego rwo kuyifasha kwiteza imbere.
Kutagira amasoko bagurishamo imyaka yabo cyangwa bahahiramo mu murenge no kwivuriza kure biratuma abaturage ba Mugera mu Murenge wa Gatsibo akarere ka Gatsibo, bavuga ko batagera ku iterambere bifuza uko bikwiye.
Guverineri w’intara y’amajyaruguru asaba abaturage bo mu karere ka Burera gukomeza gushyigikira Leta y’u Rwanda ariko batayishyigikira mu magambo gusa ngo ahubwo bayishyigikira no mu bikorwa.
Abantu batishoboye bari mu zabukuru n’imfubyi bo mu Murenge wa Gakenke, Akarere ka Gakenke bagenerwa inkunga y’ingoboka ya VUP bashyikirijwe imisarizo yo kuryamaho (matelas) 293 mu rwego rwo guca nyakatsi yo ku buriri.
CARITAS ikorera muri Diyosezi Gatolika ya Ruhengeri yagabiye inka imiryango 18 igizwe n’ababana n’ubwandu bwa SIDA, ikomoka mu mirenge ya Gahunga na Cyanika, mu karere ka Burera, ngo zibafashe kuva mu bukene ndetse no guhangana n’uburwayi bafite.
Ubwo umuryango utegamiye kuri Leta w’Abayisilamu witwa “Good windows” wahaga inka abatuye intara y’Amajyepfo, umuyobozi w’iyi ntara, Alphonse Munyantwali yashimiye Abayisilamu uburyo bari gufasha igihugu mu iterambere by’umwihariko mu mibereho myiza y’abagituye.
Umushinga RDIS ukorera mu itorero ry’Abanglicane mu Rwanda ku nkunga ya Guverinoma ya Scotland, kuwa 28/03/2013, wamuritse ibikorwa by’iterambere wagejeje ku baturage 200 batishoboye mu midugudu ibiri y’akagari ka Cyangugu mu murenge wa Kamembe akarere ka Rusizi.
Muri gahunda ya kabiri y’imbaturabukungu (EDPRS 2), biteganyijwe ko ubukungu bw’u Rwanda buzazamuka kugera ku mpuzandengo ya 11.5 % mu myaka itanu iri imbere, buvuye ku mpuzandengo ya 8.2 % mu myaka icumi ishize.
Abaturage bo mu kagari ka Gikombe umurenge wa Nyakiriba akarere ka Rubavu bavuga ko bamaze imyaka ibiri n’amezi atandatu batanze amafaranga yo kuzana umuriro aho batuye ariko amaso yaheze mu kirere.
Akarere ka Muhanga kari ku mwanya wa nyuma mu kwinjiza imisoro n’amahoro mu turere umunani tugize intara y’Amajyepfo; nk’uko byemezwa n’inama njyanama y’aka karere.
Umuyobozi w’intara y’amajyepfo, Munyantwali Alphonse n’itsinda risuzuma imihigo muri iyi ntara, barishimira ko imihigo y’akarere ka Nyamagabe muri uyu mwaka yibanze ku mishinga izaha abantu benshi akazi, bikaba biri mu cyerekezo cyo kwigira.
Leta y’u Rwanda ihagarariwe na Ministeri y’imari n’igenamigambi (MINECOFIN), yijeje Banki y’isi ko impano yayihaye ingana na miriyoni 50 z’amadolari y’Amerika yo kurwanya ubukene, izafasha kugera ku ntego yo kutagira umukene nyakujya mu Rwanda mu mwaka wa 2020.
Abanyeshuri 15 babonye amanota ya mbere mu bizamini byakoreshejwe n’ikigo gishinzwe guteza imbere umwuga w’ibaruramari mu Rwanda (iCPAR) mu Ukuboza 2012 barashimiwe bahabwa mudasobwa zigendanwa na seritifika.
Abaturage baherutse kugerwaho na gahunda ya Leta yo gukwirakwiza umuriro w’amashanyarazi mu byaro baratangaza ko aho baboneye umuriro bashiduka bugiye kubakeraho bakiri mu tubari kubera kutamenya ko bwije bitewe n’umuriro w’amashanyarazi babonye.
Annanie Nshunguyinka wo mu kagari ka Gaseke umurenge wa Nyanjye mu karere ka Ngororero, arashimirwa n’ubuyobozi bw’akarere n’abaturage kubera ibikorwa by’iterambere abagejejeho harimo kwesa umuhigo yari yarihaye wo kubaka uruganda ruzajya rutunganya umusaruro w’urutoki n’izindi mbuto zitandukanye.
Abafite ubumuga bo mu karere ka Ngororero barashishikarizwa kwihangira imirimo babinyujije mu mishinga iciriritse aho guhora bategereje inkunga zituruka ahandi, kugira ngo bakemure ikibazo cy’amikoro macye bafite.
Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU) wateye u Rwanda inkunga ya miliyoni 40 z’amayero, azakoreshwa mu kubaka imihanda mu rwego rwo gufasha gukwirakwiza imyaka ku masoko kugira ngo harwanywe inzara mu gihugu.
Banki y’isi yataganje ko yageneye u Rwanda impano ya miliyoni 50 z’amadolari y’Amerika, agenewe gufasha igihugu mu ngamba zo guhangana n’ingaruka ziterwa n’indwara, kubura imirimo cyane cyane mu cyaro, cyangwa izituruka ku biza n’imihindagurikire y’ibihe.