Uzabakiriho Elias aremeza ko yatangiye aboha ibitebo ariko gahunda nziza za leta ziha urubuga n’imari abashaka kwiteza imbere zikamufasha kuba yarigejeje kuri byinshi birimo imodoka ebyiri kandi akemeza ko byose abikesha imiyoborere myiza yashyizwe imbere na Perezida Kagame.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru yakoranye umuganda n’abaturage mu kagali ka Musenyi mu murenge wa Mutete mu Karere ka Gicumbi maze basana amazu ameze nabi y’abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe abatutsi mu mwaka w’1994.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu kagari ka Byahi, umurenge wa Rubavu mu karere ka Rubavu bahagurukiye ikibazo cy’umuhanda mubi uri muri ako kagari bakora umuganda wo kuwusana mu rwego rwo kwishakamo ibisubizo.
Ihuriro rihuza abayobozi n’abavuka mu murenge wa Byimana mu karere ka Ruhango ariko batahakorera ryiyemeje guhuriza hamwe abanyamuryango bagashakisha icyateza imbere umurenge bavukamo.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe imiyoborere myiza (RGB), akarere ka Gisagara guhamagarira abashoramari, cyane abafatanya na Leta mu gukomeza kukazamura, ariko banashima ibyo kagezeho, bahamya ko hari aho kavuye n’aho kageze.
Akarere ka Rubavu kongereye ingengo y’imari kagomba gukoresha umwaka wa 2012-2013 iva kuri miliyari 11, miliyoni 919 n’ibihumbi 493 igera kuri miliyari 13, miliyoni 736 n’inihumbi 33.
Nyuma y’aho Minisitiri w’Intebe agenderereye Abanyehuye tariki 12/02/2013 akabashishikariza kubaka inyubako zijyanye n’igihe tugezemo, abanyamabanki, abafite amahoteri, amakoperative ndetse n’amasosiyete anyuranye bemeye ko ibyo bemeye gukora bazabishyira mu bikorwa bidatinze.
Inama nkuru ya Banki y’Isi yaraye ishimye uburyo u Rwanda rukoresha inkunga n’inguzanyo ruhabwa, iboneraho yemerera u Rwanda inguzanyo ya miliyoni 60 z’Amadolari ya Amerika azakoreshwa muri gahunda yo gusakaza amashanyarazi hirya no hino mu Rwanda.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara y’Iburengerazuba, Jabo Paul, arashishikariza uturere twose two muri iyi Ntara kurushaho kurangwa n’umuco w’ubufatanye mu rwego rwo gucunga neza imari ya Leta.
Urubyiruko rwahoze rutwara amagare mu muhanda Bugarama-Nzahaha rwashinze Koperative yigisha amategeko y’umuhanda kugira ngo ruzabashe gutwara za moto ndetse n’imodoka gusa barasaba ubwunganizi kuko aribwo koperative yabo igitangira.
Mu miyoborere myiza, hashyizweho gahunda y’imihigo y’ingo, igamije gufasha abagize umuryango kwiha gahunda y’ibikorwa bishobora kubageza ku iterambere. Abaturage batangiye kugendera kuri iyo gahunda, bahamya ko guhiga bibafasha kugira intego mu gukorera ingo za bo.
Umubyeyi warangije amashuri yisumbuye mu myaka irindwi ishize, abonye adashoboye gukomeza amashuri makuru yahisemo gusaba amafaranga umugabo we inshuro imwe gusa, yishingira “Salon de coiffure”(aho bogoshera). Ubu arishimira ko abona afite agaciro kuko ngo atunze urugo rwe, akanakoresha abakozi barenga 40 nabo batunze (...)
Muri uku kwezi kwahariwe imiyoborere myiza, ubuyobozi bw’akarere ka Bugesera bufatanyije n’abaturage batashye ibikorwa by’iterambere babashije kugeraho.
Minisitiri w’Imari n’Igendamigambi, John Rwangombwa, aramara impungenge ko nta mushahara w’umukozi wa Leta uzakorwaho, ahubwo abashya bari bashyizwe mu mirimo bazatinda gutangira kugira ngo amafaranga yabo akoreshwe ibindi byihutirwa.
Umusaza witwa Ngurube Pierre utuye mu murenge wa Kivuye, mu karere ka Burera arashima Leta y’u Rwanda yamwubakiye inzu akava muri nyakatsi maze akagira amasaziro meza kuko ngo iyo aguma muri nyakatsi atari kuba akiriho.
Ubwo yasuraga Abanyehuye kuwa kabiri tariki 12/02/2013, Minisitiri w’Intebe yababwiye ko nta mabanki, nta nganda ndetse nta na mahoteri bagira mu rwego rwo kubashishikariza gushyira imbaraga mu mikorere yabo, kugira ngo batere imbere, boye gusigara inyuma.
Mu kagari ka Nyarutunga, Umurenge wa Nyarubuye mu karere ka Kirehe hatashywe umuyoboro w’amazi uri ku birometero icumi ukaba waruzuye utwaye amafaranga miliyoni 481 kandi abaturage bishimira ko babonye amazi meza nyuma y’igihe kinini ntayo bafite.
Umusore witwa Nsengimana Maurice utuye mu murenge wa Kivuye, mu karere ka Burera, ubana n’ubumuga bwo kutumva, atangaza ko impano yo gushushanya afite imutunze; gusa ikibazo nuko adakunze kubona akazi.
Umuyobozi w’akarere ka Burera asaba Abanyaburera gukora cyane kandi bagafata neza ibyo bafite kugira ngo bahangane n’ihungabana ry’ubukungu rigaragara mu bihugu byateye imbere bikagira ingaruka ku Rwanda.
Umugore witwa Tirifina w’imyaka 58 amaze imyaka ine abumba amategura hamwe na bagenzi be bibumbiye muri koperative Ingorihujababyeyi, ikorera mu Murenge wa Tumba ho mu Karere ka Huye.
Umukozi muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN) ushinzwe igenamigambi mu Ntara y’Iburengerazuba, Sekamondo Francois, yemeza ko uturere twose two mu Ntara y’Iburengerazuba turamutse dukoze ibikorwa by’iterambere byagabanya ibibazo by’ubukene bigaragara muri iyo Ntara.
Abacuruzi bitwa ko ari banini nibo bakomeje guhangayikisha Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro (RRA), mu kutitabira gutanga imisoro no kutavugisha ukuri ku bucuruzi bwabo, ugereranyije n’abacuruzi bato bato, nk’uko bitangangwa n’ubuyobozi bw’iki kigo.
Akarere ka Rubavu gashima intambwe kamaze gutera mu gushyigikira ikigega Agaciro Development Fund kuko muri miliyoni 521 kemeye gutanga, izigera kuri 140 zimaze gutangwa.
Abanyonzi bakorera mu murenge wa Bweramana mu karere ka Ruhango, baravuga bitaborohera kunyonga igare ngo barenzeho no gushaka abagore.
Abayobozi b’inzego z’ibanze barasabwa kwegera abaturage bafashe inguzanyo za VUP babakangurira kwishyura vuba kuko igihe bahawe cyo kuzishyura kiri kubarengaho.
Inama ngishwanama yabereye mu cyumba cy’inama cy’akarere ka Nyanza tariki 04/02/2013 yashyize mu majwi bamwe mu bakirizi b’imisoro n’amahoro bakorera mu masoko n’ahandi mu mirenge itandukanye igize ako karere kuba badakora akazi kabo nk’uko bikwiye.
Gahunda yo gutanga umusanzu mu kigega Agaciro Development Fund (AgDF) irakomeje, aho ikigo gishinzwe gihuriza hamwe ababaruramari mu Rwanda cyatanze 17,553,282, kikaba cyujuje miliyari 26.2 by’amafaranga yose yemejwe ko azatangwa, mu gihe ngo ikigega AgDF kimaze kwakira asaga miliyari 13.
Nyuma y’aho urugomero rwa Rukarara ya I rwuzuriye, imishinga yo kubaka ingomero z’amashanyarazi kuri uyu mugezi uri mu karere ka Nyamagabe irakomeje. Biteganyijwe ko kuri uwo mugezi hazubakwa ingomero eshanu.
Umugore witwa Murekatete Beatrice utuye mu murenge wa Gahunga, mu karere ka Burera atangaza ko kubumba amatafari ya rukarakara bimutunze n’abana be batatu kuburyo abirutisha kure kujya gusabiriza.
Minisitiri w’Intebe, Dr. Dr Pierre Damien Habumuremyi, arasaba Abanyarwanda bose kwitabira ibikorwa bibateza imbere kandi agahamya ko Guverinoma izafasha cyane abazagaragaza ubushake bwo kwiteza imbere bose.