Itsinda ry’Abashinwa batanu baturutse muri kaminuza yitwa Peking University mu gihugu cy’Ubushinwa basuye ibikorwa by’iterambere mu ntara y’Uburasirazuba tariki 29/01/2013.
Nzabonimpa Zaburoni ukomoka mu karere ka Nyamagabe ubu utuye mu murenge wa Nyagisozi mu karere ka Nyanza avuga ko gutega amafuku yangiza ibijumba n’amateke mu mirima y’abaturage batuye mu gace atuyemo bimutunze ndetse bimurutira guca incuro.
Abashoramari batangiye kuhubaka inzu zigerekeranye mu kagari ka Ruyenzi mu murenge wa Runda, zizafasha abahatuye kubona servisi zitandukanye.
Ubuyobozi bwa sosiyete “Angelique” iri kubaka urugomero rwa Nyabarongo ruri mu karere ka Muhanga no mu karere ka Ngororero buratangaza ko uru rugomero ruzaba rwatangiye gukora mu mpera z’uyu mwaka.
Umuyobozi Mukuru muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu ushinzwe igenamigambi, Rugamba Egide, yameza ko kuba hari amahanga yahagaritse inkunga yageneraga Leta y’u Rwanda nta ngorane bizateza ku mafaranga yagenewe imihigo yahizwe mu nzego z’ibanze.
Ministiri w’intebe, Dr. Pierre Damien Habumuremyi, yasabye urwego rw’abikorera bo mu Rwanda (PSF), gufata iya mbere mu gukora imirimo yose y’iterambere ry’igihugu badasabye Reta ubufasha, mu rwego rwo kwirinda ko abantu bitiranya inshingano za Reta n’iz’abikorera.
Umuyobozi w’intara y’Amajyepfo, Munyantwali Alphonse, arasaba abubatse amazu agira aho binjira hamwe ntagire aho basohokera (EXIT) ko bayakosora mu rwego rwo kwirinda impanuka.
Abadepite bo muri komisiyo y’ubukungu n’ubucuruzi mu nteko ishinga amategeko bavuga ko n’ubwo hari intambwe ishimishije imaze kugerwaho mu kongera ingufu z’amashanyarazi mu karere ka Rutsiro, hakiri byinshi byo gukorwa kugira ngo haboneke amashanyarazi ahwanye n’ibikorwa by’iterambere byifuzwa.
Kuri uyu wa gatatu tariki 23/01/2013, umujyi wa Kigali washyize ahagaragara ibishushanyombonera bisobanura uko Kimironko na Gahanga, hagiye kubakwa mu buryo bugezweho, mu rwego rwo kugira umwihariko wa buri gace, hagendewe ku gishushanyombonera rusange cy’umujyi.
Umuyobozi w’intara y’Amajyepfo, Munyantwali Alphonse, arasaba abantu bari kuzamura amagorofa mu mujyi wa Muhanga bibagiwe guteganya parikingi kubikosora byihutirwa kuko ari ikibazo.
Ikibazo cy’ibiza byagaragaye mu karere ka Rubavu mu murenge wa Nyamyumba mu mpera z’umwaka wa 2012 bikomeje kugira ingaruka ku baturage batuye aho byabereye kuko icika ry’umuhanda ujya Bralirwa ngo ritera impanuka ubutitsa nk’uko bitangazwa n’abaturage bawuturiye.
Mu nama ya komite mpuzabikorwa y’Intara y’Amajyepfo yabereye i Huye kuwa kane tariki 17 Mutarama, abayobozi bagaragaje ko abaturage bashishikarizwa guhinga no korora kandi umusaruro ukaboneka, ariko ko igisigaye ari ugushaka uburyo uwo musaruro wakongererwa agaciro udapfuye ubusa.
Akarere ka Gicumbi niko keguriwe inzu Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda yubakiye abanyabukorikori bo muri ako karere, mu rwego rwo kugira ngo kabe ariko kajya kagenzura imikorere yabo n’uburyo biteza imbere.
Kuri uyu wa kane tariki 17/01/2013, Umujyi wa Kigali wagiranye amasezerano n’abashoramari babiri, Fusion Capital Ltd na Kigali Heights, y’ubufatanye mu kubaka inzu izakorerwamo ubucuruzi butandukanye, imyidagaduro n’ibiro ku bantu n’ibigo bafite imirimo muri Kigali.
Abageze mu zabukuru bo mu karere ka Gatsibo banenga uburyo bamwe mu rubyiruko rwo muri ako karere basuzugura imirimo ikorerwa mu cyaro maze bakajya kuba mu mijyi kandi nta kazi bahafite bikabatera ubuzererezi.
Santere ya Butaro iherereye mu murenge wa Butaro, mu karere ka Burera ni imwe mu masantere yo muri ako karere ari gutera imbere cyane. Ukurikije icyaro iherereyemo ifatwa nk’umujyi kubera ibikorwa bihakorerwa.
Abaturage bo mu murenge wa Rusebeya mu karere ka Rutsiro bavuga ko ubu ibikorwa byabo by’iterambere bitari kugenda neza bitewe n’uko urugomero rw’amashanyarazi bari bikoreye hashize umwaka urenga rudakora kubera ko rwangijwe n’imvura.
U Rwanda na Korera y’Epfo byatangaje ko bifatanyije gukemura ikibazo cy’ubukungu n’imibereho y’abaturage ku ruhande rw’u Rwanda binyuze mu butwererane ibihugu byombi bifitanye kuva mu myaka 50 ishize.
Abatuye Akarere ka Gatsibo, mu mirenge ya Kiziguro, Murambi na Kiramuruzi, bavuga ko bagikora hafi ibirometero bitatu bajya gushaka amazi meza.
Umurenge wa Kanombe mu karere ka Kicukiro, wamuritse isoko rishya rigezweho ryuzuye rigiye gucururizwamo n’abahoze bacururiza mu isoko rishaje rigiye gusenywa, aho akaba ari naho hagiye kubakwa irindi soko najyo rya kijyambere.
Umuyobozi w’akarere ka gicumbi wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Mujawamariya Therese, yasabye ko nta nkunga y’ubudehe yemerewe gukoreshwa ibindi bikorwa bitajyanye n’icyo yagenewe.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere umwuga w’ababaruramari mu Rwanda (ICPAR), cyahaye impamyabumenyi (ACCA, CPA & ATC) ababaruramari 29 bakora mu bigo bya Leta n’ibyigenga babihuguriwe, mu rwego rwo guharanira ko mu Rwanda haboneka ababaruramari bari ku rwego mpuzamahanga.
Ikiraro gihuza imirenge ya Nyankenke na Manyagiro mu Karere ka Gicumbi cyari cyarabujije ubugenderanire hagati y’abaturage bo muri iyo mirenge nuko abagabo babiri bahitamo kucyiyubakira maze bakirangiza kibatwaye amafaranga miliyoni zirenga 3.
Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Francois Kanimba, aratangaza ko Minisiteri ayoboye yishimira ibyagezweho mu Rwanda mu gice cy’inganda n’ubucuruzi, kuko inganda n’ibigo by’imari biciriritse ndetse n’ibyoherezwa hanze byiyongereye muri rusange.
Abaturage bo mu murenge wa Bweyeye ho mu karere ka Rusizi baratangaza ko iminsi mikuru isoza umwaka yaje nta mafaranga bafite bityo bakaba batarishimye nkuko bari basanzwe babigenza.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamasheke n’abaturage bako barishimira ko umwaka wa 2012 urangiye usize umuhanda wa kaburimbo ari nyabagendwa kandi muri aka karere hakaba haruzuye ibitaro bya Bushenge bizatuma ubuzima bw’abatuye aka karere bwitabwaho uko bikwiye.
Ku baturage ndetse n’akarere ka Nyagatare muri rusange, umwaka wa 2012 bawufata nkutazibagirana cyane mu iterambere ry’akarere kabo bitewe ahanini n’ibikorwa bitandukanye bibyara inyungu byakozwe muri ako karere.
Kuradusenge Mediatrice yabashije kubona amafaranga amurihira amashuri ya kaminuza mu ishuri rikuru rya INES Ruhengeri abikesha ibinyomoro ahinga mu murenge wa Muringa mu karere ka Nyabihu.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Gihango mu Karere ka Rutsiro, Niyodusenga Jules, aratangaza ko ingo zirenga 4000 zingana na 80% by’abatuye uwo murenge zizaba zifite amazi meza mu mpera z’umwaka w’imihigo wa 2012-2013.
Umugore witeje imbere wo mu karere ka Gicumbi witwa Bayavuge Bernadette yahembwe n’inama nkuru y’igihugu ibihumbi 200 kuko yiteje imbere ahereye ku mafaranga 500 ubu akaba ageze kuri miyoni 4.