Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango burasaba aborozi kwirinda kugurisha inyana zivuga ku nka zatewe intanga, kuko baba bagurishije inka zifite imbaraga kandi zat=ri kuzatanga icyoror cyiza ku bifuza ubworozi bugezweho.
Abahinzi bo mu Karere ka Muhanga by’umwihariko abo mu gice cya Ndiza mu Murenge wa Rongi, barifuza guhabwa ifumbire y’imborera kuko bahinze ubuso bugari ugereranyije n’ubwo bahingagaho.
Amakoperative abiri y’abahinzi b’umuceri n’ibigori yahuye n’ibiza kubera imvura nyinshi yaguye imyaka yabo ikarengerwa n’umwuzure, yashumbushijwe Miliyoni 12 n’ibihumbi 700Frw muri gahunda ya Tekana Muhinzi-Mworozi Urishingiwe kugira ngo abahinzi bazongere kubona ibishoro mu buhinzi.
Abahinzi b’imboga mu Karere ka Rubavu bahangayikishijwe no kubona isoko ry’ibitungu bejeje nk’uko ryabuze mu 2020 bagahomba, none bamwe bakavuga ko bafite ubwoba ko bashobora kubihingiraho.
Abafashamyumvire mu bworozi bo mu Karere ka Musanze, bahamya ko igihe kigeze, ngo akajagari kagaragara mu kugeza umukamo ku masoko no mu bucuruzi bwayo gahagarare, mu kwirinda ingaruka zituruka ku ruhererekane rw’amata rutuma yangirika, abaguzi bakayanywa yatakaje umwimerere.
Abahinzi mu Karere ka Gatsibo barasabwa gukorera mu makoperative no gushaka ubwishingizi bw’ubuhinzi bwabo, kugira ngo nibahura n’ibiza bagobokwe.
Bamwe mu bahinzi mu Karere ka Nyagatare bavuga ko bashobora kurara ihinga cyangwa bakarikerererwa kubera kubura imbuto y’ibigori ndetse n’ifumbire kuko bitaboneka neza.
Madamu wa Perezida wa Repubulika Jeannette Kagame yasabye abahanga gushakira ibisubizo Umugabane wa Afurika wugarijwe no kubura kw’ibiribwa(igwingira) ku ruhande rumwe, ariko ku rundi hakabaho gutaka kw’abafite umubyibuho ukabije uterwa no kubona ibiribwa byinshi cyane.
Abahinzi hirya no hino mu Gihugu bavuga ko batangiye gushyira imbuto mu butaka, nyuma yo kubona imvura y’Umuhindo yatangiye kugwa mu mpera za Kanama 2022.
Abahinzi b’ibihumyo bavuga ko umuntu washora amafaranga nibura ibihumbi 50Frw muri icyo gihingwa ku butaka butarenga metero kare(m²) imwe mu rugo iwe, ashobora gukuramo ibihumbi 100Frw mu gihe kitarenga amezi atatu.
Urwego rw’ Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB), rworoje imiryango 23 y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi itishoboye yo mu Karere ka Ruhango, mu rwego rwo kuyifasha kwiteza imbere.
Abahinga mu bishanga bya Gasuma na Ruhoboba mu Murenge wa Simbi mu Karere ka Huye, barifuza gutunganyirizwa ibi bishanga ku buryo bajya babasha kubona amazi yo kuhira mu buryo bworoshye, bityo babashe kubibyaza umusaruro no mu gihe cy’impeshyi.
Abaturage bo mu miryango 20 itishoboye, bo muri imwe mu Mirenge igize Akarere ka Burera, barahamya ko kuba borojwe inka, ari imbarutso yo kwikura mu bukene bwari bumaze igihe bwarabadindije, ubu bakaba bagiye kwihutana n’abandi mu iterambere.
Abashinzwe ubuhinzi hirya no hino mu gihugu batangiye gahunda yo kugenzura ko buri rugo rufite ikimoteri cyo gukusanyirizwamo imyanda, mu rwego rwo kugira ngo bazabone ifumbire y’imborera bazakenera.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba Emmanuel K. Gasana yasabye abayobozi gukora ibishoboka byose ubutaka butabyazwa umusaruro bugakoreshwa hagamijwe kuwongera.
Abaturage bo mu Murenge wa Cyeza mu Karere ka Muhanga, baravuga ko mu rwego rwo kurwanya imirire mibi n’ingaruka zikomoka ku mafumbire mvaruganda, bize guhinga mu buryo bw’Imana (Farming in God’s way), bagasarura imbuto zibereye umubiri nk’izivugwa muri Bibiliya zeraga muri Eden.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru, kuri uyu wa 4 Kamena 2022, bwatangije amarushanwa ku kurwanya isuri, abazahiga abandi bakazahembwa.
Umuyobozi mukuru ushinzwe Ibikorwa mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Iyohereza mu Mahanga ry’Ibikomoka ku buhinzi (NAEB), Sandrine Urujeni, avuga ko 24% by’ibiti bya kawa bikeneye gusazurwa kuko bitagitanga umusaruro ukwiye.
Perezida Paul Kagame ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 25 Nyakanga 2022, yakiriye muri Village Urugwiro Hailemariam Dessalegn, Umuyobozi w’inama y’ubutegetsi y’Umuryango nyafurika uharanira guteza imbere ubuhinzi (AGRA).
Umuryango w’abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi biga ku ishuri ryisumbuye rya Gahogo Adventist Academy), AERG Ngira Nkugire, boroje inka uwarokotse Jenoside utishoboye wo mu Murenge wa Cyeza, basaba n’ibindi bigo by’amashuri kubigiraho.
Ikigo gishinzwe guteza imbere ibyoherezwa mu mahanga bikomoka ku buhinzi n’ubworozi (NAEB), kirashishikariza abahinzi b’ikawa kurimbura irengeje imyaka 30 bagatera indi, kuko yera kawa nkeya, ikabahombya.
Ku wa Kane tariki ya 14 Nyakanga 2022, Abajyanama b’ubuhinzi 82 bo mu Karere ka Ngoma bahawe amagare hagamijwe kubashimira uruhare bagize, mu kwesa imihigo y’umwaka wa 2021-2022, ariko banasabwa kongera ingufu kugira ngo ubuhinzi burusheho gutera imbere.
Ikigo gishinzwe guteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB), kirasaba aborozi bose mu Gihugu kwitabira gukingiza inka, ihene n’intama zimaze byibura amezi atatu zivutse kandi zidahaka, gufuhera umuti urwanya imibu kabiri mu cyumweru, ndetse no kuvuza izarwaye ubuganga bwa ‘Rift Valley Fever’, byose bikaba birimo gukorwa ku buntu.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango buratangaza ko bugiye gutunganya ubuso busaga Ha 700 z’ibishanga bizahingwaho umuceri, mu rwego rwo gukemura ikibazo cy’inganda zitunganya umuceri zigaragaza ko nta musaruro uhagije zifite.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI), iravuga ko mu myaka itanu iri imbere nta nzara izaba ikibarizwa mu Rwanda, kuko buri wese azaba ashobora kwihaza mu biribwa. Ibi MINAGRI ibishingira ku bushakashatsi buheruka gukorwa bukerekana ko u Rwanda ruhagaze neza mu ruhando mpuzamahanga ku bijyanye no kwihaza mu biribwa (...)
Abahinzi baturiye igishanga cy’Agatorove giherereye mu Murenge wa Mata mu Karere ka Nyaruguru, barishimira kuba cyaratunganyijwe bakanahabwamo imirima, ariko ubwanikiro bumwe bamaze kubakirwa ngo ntibuhagije.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare buvuga ko uko umubare w’Inka uzajya wiyongera, ari nako hazajya hongerwa umubare w’Ibikomera (Amasoko y’inka), ibishaje nabyo bikavugururwa hagamijwe kugabanya ingendo z’inka n’aborozi.
Perezida wa Senegal Macky Sall, ubu uyoboye Afurika yunze Ubumwe (AU) aherutse gutangariza ibinyamakuru byo mu Bufaransa France 24 na RFI ko Afurika yatangiye guhura n’ikibazo cy’ibura ry’ibinyampeke ndetse n’ifumbire.
Ubuyobozi bw’ikigo OVG gishinzwe gukurikirana imihindugurikire y’ibirunga, cyatangaje ko amafi yabonetse hejuru y’amazi mu kiyaga cya Kivu yapfuye ntaho ahuriye na gazi iboneka mu kiyaga cya Kivu nk’uko benshi babiketse, ahubwo ngo ashobora kuba yarishwe n’ibindi bintu bitahise bimenyekana.
Ubuyobozi bw’Agace ka Minova muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwatangaje ko tariki ya 3 Kamena 2022 batunguwe no kubona amafi n’isambaza mu kiyaga cya Kivu byapfuye bikareremba hejuru y’amazi, bakeka ko byishwe na Gaz iri mu Kiyaga cya Kivu.