Mu gihe isi yose irimo guhangana na Covid-19 yanayogoje ubukungu, Perezida wa Repubulika Paul Kagame, avuga ko muri rusange gahunda yo kwita ku baturage ireba ibihugu byose, byaba ibikize cyangwa ibikennye kuko byose byagizweho ingaruka kimwe n’icyo cyorezo.
Kuri uyu wa Gatatu tariki 20 Mutarama 2021, Perezida mushya wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Joe Biden, yarahiriye kuyobora icyo gihugu, akaba yavuze ko azaba Perezida w’Abanyamerika bose.
Kuri uyu wa Gatatu tariki 20 Mutarama 2020 Perezida mushya wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA), Joe Biden, aratangira kuyobora muri manda ye y’imyaka ine. Joe Biden agiye kuri uyu mwanya nyuma yo gutsinda amatora y’umukuru w’igihugu yabaye tariki 3 Ugushyingo 2020, akarangwa ahanini no kuba uwo asimbuye, Donald Trump (…)
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika uheruka gutorwa, Joe Biden, ararahirira kuyobora icyo gihugu kuri uyu wa 20 Mutarama 2021, bikaba biteganyijwe ko ahita yinjira mu biro bya Perezida ari byo byitwa White House. Ni na ho agomba gutura mu gihe cyose azaba akiyobora icyo gihugu.
Kuri uyu wa Gatatu tariki 20 Mutarama 2021, Leta ya Zimbabwe yatangaje ko Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga n’ubucuruzi mpuzamahanga w’icyo gihugu, Sibusiso Moyo, yitabye Imana azize icyorezo cya Covid-19.
Mu buryo bwifashisha ikoranabuhanga, Perezida Kagame yahaye ikiganiro abagize Ishuri ry’Ubuyobozi n’Ubucuruzi rishamikiye kuri Kaminuza ya Havard, ryitwa ’Havard Business School’ ryo muri Leta zunze ubumwe za Amerika, kuri uyu wa kabiri tariki 19 Mutarama 2020.
Perezida wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, Félix-Antoine Tshisekedi Tshilombo, yakiriye ubutumwa bwa Perezida Kagame burebana n’umubano w’ibihugu byombi ndetse burebana n’ibibazo byo mu Karere ibihugu byombi bibarizwamo.
Robert Kyagulanyi wamenyekanye ku izina ry’ubuhanzi rya Bobi Wine, umuyobozi w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi (NUP) afungiranye mu nzu ye, nyuma yo gutsindwa amatora yo kuyobora Uganda, aho Yoweri Kaguta Museveni yatsinze, akaba agiye kuyobora manda ya gatandatu.
Perezida Yoweri Museveni ushaka indi manda araza imbere mu majwi y’abahatanira kuyobora Uganda.
Abaturage barenga miliyoni 18 bagejeje igihe cyo gutora, bazindukiye mu matora y’umukuru w’igihugu muri Uganda kuri uyu wa Kane tariki 14 Mutarama 2021.
Komisiyo y’igihugu y’amatora (NEC) itangaza ko mu matora y’inzego z’ibanze azaba muri uyu mwaka, kandidatire zanditse ku mpapuro zitemewe ahubwo zitangwa mu buryo bw’ikoranabuhanga hirindwa ikwirakwizwa rya Covid-19.
Mu gihe amatora y’umukuru w’igihugu yegereje mu gihugu cya Uganda, amatora azaba kuri uyu wa kane tariki 14 Mutarama 2021, Facebook yamaze gufunga imbuga za bamwe mu bayobozi bakuru muri Guverinoma aho ibashinja kubangamira ibiganiro bitegura amatora. Ibikorwa byo kwiyamamaza muri iki gihugu byagiye birangwa n’imvururu (…)
Guverinoma y’u Rwanda yamaganye raporo y’impuguke z’Umuryango w’Abibumbye ivuga ko Ingabo z’u Rwanda ziri ku butaka bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (DR Congo).
Perezida Faustin-Archange Touadéra usanzwe ayobora Repubulika ya Santarafurika yegukanye intsinzi mu matora y’Umukuru w’Igihugu n’amajwi 54%.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Mufulukye Fred, avuga ko umwanya Akarere kagira mu mihigo ugirwamo uruhare n’umuturage kuko iyo abishatse kaba aka nyuma cyangwa aka mbere.
Faustin-Archange Touadéra wimamarije kuyobora Repubulika ya Santarafurika yashimiye u Rwanda uburyo rwabaye hafi y’iki gihugu cyageze ku musozo w’amatora yari yakuruye impaka ndetse abatayashyigikiye bakegura intwaro.
Ambasaderi w’u Rwanda mu Gihugu cya Senegal, Jean Pierre Karabaranga, yashyikirije Perezida Macky Sall w’Igihugu cya Senegal impapuro zimuhesha uburenganzira bwo guhagararira Igihugu cy’u Rwanda muri Senegal, uyu muhango ukaba wabaye ku wa Kabiri tariki 22 Ukuboza 2020.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yagize icyo avuga kuri Paul Rusesabagina n’abandi bagize uruhare mu bitero byahungabanyije umutekano w’Abanyarwanda mu Ntara y’Amajyepfo mu Karere ka Nyaruguru, avuga ko ababikoze bagomba kubibazwa n’ubutabera.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yifurije ishya n’ihirwe mugenzi we wa Burkina Faso, Roch Marc Christian Kaboré, wongeye gutorerwa kuyobora iki gihugu, anamwizeza ubufatanye mu gukomeza guteza imbere umubano w’ibihugu byombi.
Ambasaderi Mandisi Bongani Mabut MPAHLWA ugiye guhagararira Afurika y’Epfo mu Rwanda yahize gukura agatotsi mu mubano w’u Rwanda na Afurika y’Epfo.
Pierre Buyoya wayoboye u Burundi muri manda ebyiri (1987-1993, 1996-2003) ariko akaba yari aherutse gukatirwa igifungo cya burundu n’inkiko z’icyo gihugu adahari, yaraye yitabye Imana.
Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, ibipimo byagaragaje ko afite ubwandu bwa Virus ya COVID-19, nk’uko ibiro bye byabitangaje kuri uyu wa Kane tariki 17 Ukuboza 2020. Emmanuel Macron yahise afata icyemezo cyo kwishyira mu kato mu gihe cy’iminsi irindwi.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yashimiye Nana Akufo-Addo wongeye gutsinda amatora nk’Umukuru w’Igihugu muri Ghana.
Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) itangaza ko gutanga kandidatire ku bashaka kuziyamamaza mu matora y’inzego z’ibanze azaba mu mwaka utaha bizaba mu mpera z’uku kwezi, bityo ko abayobozi bariho bagomba kuba batakiri mu myanya.
Perezida wa Leta zunze Ubumwe za Amerika watowe, Joe Biden, yihaye intego yo kuba yatanze urukingo rwa Covid-19, ku Banyamerika miliyoni 100, mu minsi 100 ya mbere akigera ku butegetsi.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yavuze ko hakwiye ikiguzi cya Politiki mu kurwanya ruswa, kuko kutayirandura bigira ingaruka zikomeye cyane cyane ku bakene n’abanyantege nke.
Ibiganiro mpaka hagati y’abakandida bahatanira kuyobora Uganda byari biteganyijwe gukorwa inshuro ebyiri, mu minsi ibiri byahagaritswe.
Ambasaderi w’u Rwanda mu Buholandi, Olivier Jean Patrick Nduhungirehe, kuri uyu wa Gatatu tariki 25 Ugushyingo 2020, yashyikirije umwami w’u Buholandi, Willem-Alexander, impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri icyo gihugu.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yitabiriye inama ihuza ibihugu 20 bikize ku isi. Ni inama yabaye hifashishijwe ikoranabuhanga mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19. Iyo nama yibanze ku buryo bwo guhangana n’icyorezo cya COVID-19 no kurebera hamwe uko ubukungu bwazahajwe n’icyo cyorezo (…)
Kongera kubara amajwi yavuye mu matora y’umukuru w’igihugu cya Leta zunze ubumwe za Amerika muri Leta ya Georgia, byemeje intsinzi ya Joe Biden nk’uko byatangajwe n’inzego z’ubuyobozi muri iyo Leta.