Perezida Kagame yagaragaje ingaruka za ruswa cyane cyane ku bakene

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yavuze ko hakwiye ikiguzi cya Politiki mu kurwanya ruswa, kuko kutayirandura bigira ingaruka zikomeye cyane cyane ku bakene n’abanyantege nke.

Perezida Kagame
Perezida Kagame

Ibi Umukuru w’Igihugu yabivugiye mu muhango ngarukamwaka wo gutanga ibihembo ku babaye indashyikirwa mu kurwanya ruswa hirya no hino ku isi, uyu muhango ukaba wabereye i Tunis muri Tuniziya.

Mu ijambo rye, Perezida Kagame yavuze ko ashimishijwe no kwitabira umuhango wo gutanga ibyo bihembo byitiriwe umuyobozi w’Ikirenga (Emir) wa Qatar, Sheikh Tamim Bin Hamad Al-Thani.

Yashimiye Emir wa Qatar ugira uruhare rukomeye mu gutegura ibyo bihembo, ku bufatanye n’Umuryango w’Abibumbye.

Perezida Kagame yashimiye n’abahawe ibihembo, kubera uruhare rwabo n’ubushake bagaragaza mu guharanira ko ruswa yacika.

Yagize ati “urugamba rwo kurwanya ruswa ruratureba twese ku isi. Ni intego isi yihaye, rero birasaba ubufatanye bwacu twese, tugakorera hamwe tugamije kuzamura imibereho y’abaturage.”

Ati “Gukorera mu mucyo no kubazwa inshingano bidufasha gukoresha neza imitungo y’ibihugu byacu mu nyungu z’abaturage.”

Perezida Kagame yibukije ko i Kigali umwaka ushize ubwo hizihizwaga umunsi mpuzamahanga nk’uyu wo kurwanya ruswa, hubatswe ishusho ikomeye y’ikimenyetso cyo kurwanya ruswa, ashimangira ko u Rwanda ruzakomeza guharanira iyo ntego.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Corruption irahari hano mu Rda

Church yanditse ku itariki ya: 9-12-2020  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka