Senateri Uwizeyimana Evode avuga ko kuba Rusesabagina Paul yihakana ubwenegihugu bw’inkomoko (Ubunyarwanda) ntacyo byamufasha ku byaha akurikiranyweho kuko atigeze abwamburwa cyangwa ngo asabe kubutakaza.
Umugore wa Donald Trump witwa Melania Trump muri iyi mins ingo yarakariye umugabo we Donald Trump bitewe n’uburyo basohotse muri Perezidansi ya Amerika. Bivugwa ko Melania Trump yarakajwe bikomeye n’ukuntu yavuye mu Mujyi wa Washington DC nyuma y’igihe gito habaye imyigaragambyo yashyigikiwe na Donald Trump ikabera ku (...)
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Repubulika ya Santarafurika, Sylvie Baïpo-Témon, yashimye uburyo u Rwanda rwiyubatse nyuma y’ibibazo bikomeye rwanyuzemo. Ibi yabivugiye mu ruzinduko rw’iminsi ibiri arimo mu Rwanda kuva kuri uyu wa Mbere, rukaba rugamije kurushaho kunoza umubano w’ibihugu byombi.
Ni umwanya yatorewe ku majwi 42 kuri 54 y’abahagarariye ibihugu bigize Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe mu nteko rusange ya 34 y’ uyu muryango.
Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi, ahawe kuyobora umuryango wa Afurika yunze Ubumwe, akaba asimbuye mugenzi we wa Afurika y’Epfo Cyril Ramaphosa, ibyo bikaba byabereye mu nama y’inteko rusange isanzwe ya 34 ya Afurika yunze Ubumwe.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yitabiriye inama y’inteko rusange isanzwe ya 34 y’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe, ikaba yateranye hakoreshejwe uburyo bw’ikoranabuhanga mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19.
Bamwe mu banyapolitiki batavuga rumwe na Perezida Magufuli wa Tanzania bagize icyo bavuga ku ijambo ry’imbwirwaruhame aherutse kuvuga arwanya inkingo za Covid-19, aho yavuze ko zidashobora gukingira icyorezo, ahubwo ngo ari mbi cyane ku buzima bw’abantu.
Prof Sylvestre Ilunga Ilunkamba wari Minisitiri w’Intebe wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) hamwe na Guverinoma yari ayoboye bashyize bemera kwegura nyuma yo gutererwa icyizere n’Inteko Ishinga Amategeko agasabwa gushyikiriza Perezida Félix Tshisekedi ubwegure mu masaha 24.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame akaba n’Umuyobozi w’Akanama k’abakuru b’ibihugu na za Guverinoma gashinzwe kwiga ku cyerekezo cy’Ikigega cy’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe gishinzwe iterambere (AUDA-NEPAD) yitabiriye inama ya 20 y’uwo muryango w’Ubufatanye mu iterambere rya Afurika (NEPAD).
Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa nkuru ya Leta, Johnston Busingye, avuga ko u Rwanda nta hantu rugira hafungirwa abantu mu buryo butazwi, kugira ngo bakorerwe iyicarubozo. Avuga ko ibirego nk’ibyo biba bifite impamvu za Politiki zibyishe inyuma zigamije kwanduza isura ya Guverinoma y’u Rwanda.
Mu gihe isi yose irimo guhangana na Covid-19 yanayogoje ubukungu, Perezida wa Repubulika Paul Kagame, avuga ko muri rusange gahunda yo kwita ku baturage ireba ibihugu byose, byaba ibikize cyangwa ibikennye kuko byose byagizweho ingaruka kimwe n’icyo cyorezo.
Kuri uyu wa Gatatu tariki 20 Mutarama 2021, Perezida mushya wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Joe Biden, yarahiriye kuyobora icyo gihugu, akaba yavuze ko azaba Perezida w’Abanyamerika bose.
Kuri uyu wa Gatatu tariki 20 Mutarama 2020 Perezida mushya wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA), Joe Biden, aratangira kuyobora muri manda ye y’imyaka ine. Joe Biden agiye kuri uyu mwanya nyuma yo gutsinda amatora y’umukuru w’igihugu yabaye tariki 3 Ugushyingo 2020, akarangwa ahanini no kuba uwo asimbuye, Donald Trump (...)
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika uheruka gutorwa, Joe Biden, ararahirira kuyobora icyo gihugu kuri uyu wa 20 Mutarama 2021, bikaba biteganyijwe ko ahita yinjira mu biro bya Perezida ari byo byitwa White House. Ni na ho agomba gutura mu gihe cyose azaba akiyobora icyo gihugu.
Kuri uyu wa Gatatu tariki 20 Mutarama 2021, Leta ya Zimbabwe yatangaje ko Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga n’ubucuruzi mpuzamahanga w’icyo gihugu, Sibusiso Moyo, yitabye Imana azize icyorezo cya Covid-19.
Mu buryo bwifashisha ikoranabuhanga, Perezida Kagame yahaye ikiganiro abagize Ishuri ry’Ubuyobozi n’Ubucuruzi rishamikiye kuri Kaminuza ya Havard, ryitwa ’Havard Business School’ ryo muri Leta zunze ubumwe za Amerika, kuri uyu wa kabiri tariki 19 Mutarama 2020.
Perezida wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, Félix-Antoine Tshisekedi Tshilombo, yakiriye ubutumwa bwa Perezida Kagame burebana n’umubano w’ibihugu byombi ndetse burebana n’ibibazo byo mu Karere ibihugu byombi bibarizwamo.
Robert Kyagulanyi wamenyekanye ku izina ry’ubuhanzi rya Bobi Wine, umuyobozi w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi (NUP) afungiranye mu nzu ye, nyuma yo gutsindwa amatora yo kuyobora Uganda, aho Yoweri Kaguta Museveni yatsinze, akaba agiye kuyobora manda ya gatandatu.
Perezida Yoweri Museveni ushaka indi manda araza imbere mu majwi y’abahatanira kuyobora Uganda.
Abaturage barenga miliyoni 18 bagejeje igihe cyo gutora, bazindukiye mu matora y’umukuru w’igihugu muri Uganda kuri uyu wa Kane tariki 14 Mutarama 2021.
Komisiyo y’igihugu y’amatora (NEC) itangaza ko mu matora y’inzego z’ibanze azaba muri uyu mwaka, kandidatire zanditse ku mpapuro zitemewe ahubwo zitangwa mu buryo bw’ikoranabuhanga hirindwa ikwirakwizwa rya Covid-19.
Mu gihe amatora y’umukuru w’igihugu yegereje mu gihugu cya Uganda, amatora azaba kuri uyu wa kane tariki 14 Mutarama 2021, Facebook yamaze gufunga imbuga za bamwe mu bayobozi bakuru muri Guverinoma aho ibashinja kubangamira ibiganiro bitegura amatora. Ibikorwa byo kwiyamamaza muri iki gihugu byagiye birangwa n’imvururu (...)
Guverinoma y’u Rwanda yamaganye raporo y’impuguke z’Umuryango w’Abibumbye ivuga ko Ingabo z’u Rwanda ziri ku butaka bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (DR Congo).
Perezida Faustin-Archange Touadéra usanzwe ayobora Repubulika ya Santarafurika yegukanye intsinzi mu matora y’Umukuru w’Igihugu n’amajwi 54%.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Mufulukye Fred, avuga ko umwanya Akarere kagira mu mihigo ugirwamo uruhare n’umuturage kuko iyo abishatse kaba aka nyuma cyangwa aka mbere.
Faustin-Archange Touadéra wimamarije kuyobora Repubulika ya Santarafurika yashimiye u Rwanda uburyo rwabaye hafi y’iki gihugu cyageze ku musozo w’amatora yari yakuruye impaka ndetse abatayashyigikiye bakegura intwaro.
Ambasaderi w’u Rwanda mu Gihugu cya Senegal, Jean Pierre Karabaranga, yashyikirije Perezida Macky Sall w’Igihugu cya Senegal impapuro zimuhesha uburenganzira bwo guhagararira Igihugu cy’u Rwanda muri Senegal, uyu muhango ukaba wabaye ku wa Kabiri tariki 22 Ukuboza 2020.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yagize icyo avuga kuri Paul Rusesabagina n’abandi bagize uruhare mu bitero byahungabanyije umutekano w’Abanyarwanda mu Ntara y’Amajyepfo mu Karere ka Nyaruguru, avuga ko ababikoze bagomba kubibazwa n’ubutabera.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yifurije ishya n’ihirwe mugenzi we wa Burkina Faso, Roch Marc Christian Kaboré, wongeye gutorerwa kuyobora iki gihugu, anamwizeza ubufatanye mu gukomeza guteza imbere umubano w’ibihugu byombi.
Ambasaderi Mandisi Bongani Mabut MPAHLWA ugiye guhagararira Afurika y’Epfo mu Rwanda yahize gukura agatotsi mu mubano w’u Rwanda na Afurika y’Epfo.