Mu biganiro byahuje (hifashishijwe ikoranabuhanga) Inteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye kuri uyu wa kabiri tariki 29 Nzeri 2020, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yavuze ko ntawe ukwiriye kwemera ko intego z’Iterambere rirambye(SDGs) zari kuzagerwaho muri 2030, ziburizwamo n’icyorezo Covid-19.
Umuyobozi mukuru w’Umuryango wa FPR Inkotanyi, Perezida Paul Kagame, yageze ku cyicaro cy’Umuryango i Rusororo aho agiye kuyobora inama ya komite nyobozi (NEC) yaguye ya FPR.
Perezida wa Koreya ya ruguru Kim jong Un yatunguranye asaba imbabazi nyuma yo kwica umuyobozi wo muri Koreya y’Epfo bakanamutwika.
Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa Gatanu tariki 25 Nzeri 2020 iyobowe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi batandukanye.
Leta y’u Bushinwa yiyamye ku mugaragaro Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) mu Nteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye (UN) kubera kubuhoza ku nkeke zivuga ko ari bwo bwateje icyorezo cya Coronavirus.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki 22 Nzeri 2020 yagejeje ijambo ku Nama y’Inteko rusange y’Umuryango w’Abibumbye iteranye ku nshuro yayo ya 75 ikaba iteraniye i New York muri Leta zunze Ubumwe za Amerika.
Mu gihe habura iminsi 40 ngo habe amatora y’Umukuru w’Igihugu muri Côte d’Ivoire Henri Konan Bédié, wigeze kuyobora iki gihugu mu myaka ya 1993 – 1999, akaba ari no mu bahatanira kujya kuri uwo mwanya, yasabye abaturage kwigaragambya, bamagana ko Alassane Ouattara yongera kwiyamamariza kuyobora iki gihugu.
Inteko Ishinga Amategeko y’u Buyapani yatoye Yoshihide Suga nka Minisitiri w’intebe mushya w’iki gihugu, nyuma y’iyegura rya Shinzo Abe wari usanzwe kuri uwo mwanya.
Amakuru yatangajwe n’umuryango w’uwahoze ari Perezida wa Mali Général Moussa Traoré aravuga ko yitabye Imana kuri uyu wa kabiri tariki 15 Nzeri 2020.
Ubuyobozi bw’igihugu cy’u Burundi bwatangaje ko budateganya kwitabira inama ihuza abakuru b’ibihugu by’u Rwanda, Uganda, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) na Angola. Iyo nama iteganyijwe kuba kuri iki Cyumweru tariki ya 13 Nzeri 2020 ikabera mu mujyi wa Goma.
Abagize Inama Njyanama z’Utugari mu Karere ka Huye bavuga ko zarushaho gukora neza zigiye zigenerwa inyoroshyangendo, nk’uko bigenda kuri Njyanama z’Imirenge n’iz’Uturere.
Mu gihe hasigaye amezi abiri gusa ngo amatora y’umukuru w’igihugu muri Leta zunze ubumwe za Amerika abe, ibitabo byandikwa kuri Donald Trump bikomeje kwiyongera.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, avuga ko kubana neza n’ibihugu bituranyi ari yo nzira y’amahoro kandi ko u Rwanda rutayakeneye kurusha uko ibyo bihugu biyakeneye.
Leta zunze Ubumwe za Amerika (USA) zahagarikiye Ethiopia inkunga ya miliyoni 100 z’Amadolari ya Amerika, nyuma yo gukimbirana na Misiri na Sudani biturutse ku rugomero Ethiopia yubatse ku ruzi rwa Nil.
Nyuma y’uko Paul Rusesabagina ushinjwa ibyaha byo kurema no kuyobora umutwe n’ihuriro ry’imitwe y’iterabwoba yitwara gisirikare atawe muri yombi, umusesenguzi Tom Ndahiro akaba n’umushakashatsi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi yagize icyo abivugaho.
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika Donald Trump yasabye ko we ubwe ndetse n’uwo bahanganye mu matora, umudemokarate Joe Biden, babanza bagakorerwa isuzumamubiri rigamije kureba niba badafata ibiyobyabwenge.
Perezida wa Liban Michel Aoun yasobanuye impamvu yo guhindura imikorere ya politiki muri iki gihugu anatangaza ishyirwaho rya Guverinoma idashingiye ku iyobokamana. Ibi byabaye mbere y’umunsi umwe ngo Perezida w’u Bufaransa Emmanuel Macron agirire uruzinduko muri icyo gihugu.
Uwahoze ari Perezida w’u Buhinde Pranab Mukherjee yapfuye nyuma y’iminsi 21 byemejwe ko arwaye covid-19. Byatangajwe n’umuhungu we Abhijit abinyujije kuri Twitter.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yatangaje ko yagiranye ikiganiro kuri telephone n’Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku bana (UNICEF), Henrietta H. Fore amushimira uruhare rw’uwo muryango mu kwita ku iterambere ry’abana muri Afurika no mu Rwanda by’umwihariko.
Mu kwamamaza umugabo we, Melania Trump yavuze ko Amerika ikeneye kongera gutora Donald Trump kugira ngo ayobore indi manda y’imyaka ine iri imbere. Ni nyuma y’uko benshi bakomeje kumushinja kuba ntacyo arimo gukora mu guhagarika icyorezo cya Covid-19 kimaze Abanyamerika benshi.
Uwahoze ari Perezida wa Congo Brazaville, Pascal Lissouba, yapfiriye mu Bufaransa ku myaka 88 nk’uko byemejwe n’ishyaka rye Union Panafricaine pour la Democratie Sociale (UPADS).
Perezida wa Zambia, Edgar Lungu, yashinje komisiyo ishinzwe kurwanya ruswa muri icyo gihugu kuba ifite imigambi yo kumuvana ku butegetsi, nk’uko ikinyamakuru cya Leta Times of Zambia kibitangaza.
Perezida wa Leta zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko murumuna we witwa Robert Trump w’imyaka 71 y’amavuko yitabye Imana ku wa Gatandatu tariki 15 Kanama 2020 ari mu bitaro i New York.
Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Gatanu tariki 14 Kanama 2020 yashyize Ambasaderi Olivier Nduhungirehe ku mwanya wa Ambasaderi w’u Rwanda mu Buholandi.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane Dr. Vincent Biruta, aremeza ko umubano w’u Rwanda na Zambia nta gitotsi na kimwe ufite, binyuranye n’ibinyoma biheruka kuvugwa na Callixte Nsabimana uri imbere y’ubutabera kubera ibyaha ashinjwa by’iterabwoba.
Leta y’u Rwanda yatangaje ko yiteguye gukomeza kubana neza n’ibihugu byose birimo n’ibyo mu karere ruherereyemo, gusa ngo hari ibihugu birimo n’u Burundi byamaze kugaragaza ko nta bushake bifite mu kuzahura umubano n’ibihugu byombi.
Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda yashyize ahagaragara itangazo rivuga ko yishimiye icyemezo cy’Inteko Ishinga Amategeko y’u Bubiligi cyo gushyiraho Komisiyo yiga ku ngaruka zatewe n’ubukoloni bw’u Bubiligi mu bihugu by’u Rwanda, u Burundi na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Perezida wa Côte d’Ivoire Alassane Ouattara ku wa Kane tariki ya 06 Kanama 2020 yatangaje ko azongera kwiyamamariza kuyobora iki gihugu, akaba ashaka kukiyobora muri manda ya Gatatu.
Kim Kardashian West, arimo kugerageza gusaba umugabo we Kanye West guhagarika ibikorwa byo kwiyamamariza kuyobora Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA).
Depite Mukayijore Suzane yatorewe kuba Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko Nyafurika (PAP), umwanya asimbuyeho Nyirarukundo Ignatienne wahinduriwe imirimo akaba ari Umunyamabanga wa Leta ushinzwe imibereho y’abaturage muri Minisitere y’Ubutegetsi bw’Igihugu.