Uwahoze ari Perezida w’u Buhinde Pranab Mukherjee yapfuye nyuma y’iminsi 21 byemejwe ko arwaye covid-19. Byatangajwe n’umuhungu we Abhijit abinyujije kuri Twitter.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yatangaje ko yagiranye ikiganiro kuri telephone n’Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku bana (UNICEF), Henrietta H. Fore amushimira uruhare rw’uwo muryango mu kwita ku iterambere ry’abana muri Afurika no mu Rwanda by’umwihariko.
Mu kwamamaza umugabo we, Melania Trump yavuze ko Amerika ikeneye kongera gutora Donald Trump kugira ngo ayobore indi manda y’imyaka ine iri imbere. Ni nyuma y’uko benshi bakomeje kumushinja kuba ntacyo arimo gukora mu guhagarika icyorezo cya Covid-19 kimaze Abanyamerika benshi.
Uwahoze ari Perezida wa Congo Brazaville, Pascal Lissouba, yapfiriye mu Bufaransa ku myaka 88 nk’uko byemejwe n’ishyaka rye Union Panafricaine pour la Democratie Sociale (UPADS).
Perezida wa Zambia, Edgar Lungu, yashinje komisiyo ishinzwe kurwanya ruswa muri icyo gihugu kuba ifite imigambi yo kumuvana ku butegetsi, nk’uko ikinyamakuru cya Leta Times of Zambia kibitangaza.
Perezida wa Leta zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko murumuna we witwa Robert Trump w’imyaka 71 y’amavuko yitabye Imana ku wa Gatandatu tariki 15 Kanama 2020 ari mu bitaro i New York.
Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Gatanu tariki 14 Kanama 2020 yashyize Ambasaderi Olivier Nduhungirehe ku mwanya wa Ambasaderi w’u Rwanda mu Buholandi.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane Dr. Vincent Biruta, aremeza ko umubano w’u Rwanda na Zambia nta gitotsi na kimwe ufite, binyuranye n’ibinyoma biheruka kuvugwa na Callixte Nsabimana uri imbere y’ubutabera kubera ibyaha ashinjwa by’iterabwoba.
Leta y’u Rwanda yatangaje ko yiteguye gukomeza kubana neza n’ibihugu byose birimo n’ibyo mu karere ruherereyemo, gusa ngo hari ibihugu birimo n’u Burundi byamaze kugaragaza ko nta bushake bifite mu kuzahura umubano n’ibihugu byombi.
Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda yashyize ahagaragara itangazo rivuga ko yishimiye icyemezo cy’Inteko Ishinga Amategeko y’u Bubiligi cyo gushyiraho Komisiyo yiga ku ngaruka zatewe n’ubukoloni bw’u Bubiligi mu bihugu by’u Rwanda, u Burundi na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Perezida wa Côte d’Ivoire Alassane Ouattara ku wa Kane tariki ya 06 Kanama 2020 yatangaje ko azongera kwiyamamariza kuyobora iki gihugu, akaba ashaka kukiyobora muri manda ya Gatatu.
Kim Kardashian West, arimo kugerageza gusaba umugabo we Kanye West guhagarika ibikorwa byo kwiyamamariza kuyobora Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA).
Depite Mukayijore Suzane yatorewe kuba Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko Nyafurika (PAP), umwanya asimbuyeho Nyirarukundo Ignatienne wahinduriwe imirimo akaba ari Umunyamabanga wa Leta ushinzwe imibereho y’abaturage muri Minisitere y’Ubutegetsi bw’Igihugu.
Urwego ngishwanama rw’u Bushinwa (rufatwa nk’Inteko Ishinga Amategeko y’icyo gihugu) rwashyikirije Sena y’u Rwanda udupfukamunwa 22,400 tuzakoreshwa n’Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame avuga ko ajya ku rugamba rwo kubohora igihugu yari kimwe n’abandi bitabiriye urwo rugamba, ko atigeze atekereza ko yazaba Perezida w’u Rwanda.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, mu kiganiro yagiranye n’urubyiruko rw’abanyamakuru ndetse n’urukoresha imbuga nkoranyambuga, yabajijwe icyo ateganya mu kuzahura umubano w’u Rwanda n’igihugu cy’u Burundi, maze avuga ko u Rwanda rwiteguye kubana neza n’ibihugu by’abaturanyi harimo n’igihugu cy’u Burundi.
Minisitiri w’Intebe wa Côte d’Ivoire Amadou Gon Coulibaly yitabye Imana ku wa Gatatu tariki 08 Nyakanga 2020 mu buryo butunguranye.
Umuhanzi Kanye Omari West wo muri Leta zunze Ubumwe za Amerika yatangaje ko agiye kwiyamamariza kuyobora icyo gihugu aho azaba ahanganye na Donald Trump uyobora Amerika muri iki gihe.
Minisitiri w’Intebe w’u Bufaransa, Édouard Philippe, amaze kwegura, ibi bikaba bisobanuye ko na Guverinoma yose yeguye.
Ku wa 30 Kamena 2020, ku isabukuru ya 60 y’ubwigenge bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), Umwami Philippe w’u Bubiligi yandikiye Perezida Félix Tshisekedi.
Perezida mushya w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yatangaje ko urugamba rushya rutangiye, asobanura ko u Burundi bwafashe ingamba zikomeye zo guhangana na COVID-19.
Umwami w’u Bubiligi Philippe Léopold Louis Marie yasabye imbabazi Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), abinyujije mu ibaruwa yandikiye Perezida Félix Tshisekedi, kuri iyi tariki ya 30 Kamena 2020, umunsi RDC yizihizaho ubwigenge ku nshuro ya 60.
Komisiyo y’Amatora muri Malawi yatangaje ko umukandida Lazarus Chakwera utavuga rumwe n’ubutegetsi buriho muri icyo gihugu ari we wegukanye intsinzi mu matora y’Umukuru w’Igihugu yabaye ku wa Kabiri tariki 23 Kamena 2020.
Perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye yatangaje ko kubura Perezida Pierre Nkurunziza uherutse kwitaba Imana “ari ukubura umujyanama mukuru, umwe ubazwa byose, akaba azi n’akari mu nda y’ingoma nk’uwayikannye, wa wundi umenya akasongoye ihwa”.
Uwahoze ari Perezida w’u Burundi Pierre Nkurunziza akayobora igihe kigera ku myaka hafi 15 arashyingurwa kuri uyu wa Gatanu tariki 26 Kamena 2020 mu Mujyi wa Gitega.
Perezida wa Republika Paul Kagame, kuri uyu wa kabiri tariki 23 Kamena, aritabira inama y’abayobozi yiga ku bucuruzi buhuza Afurika na Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu bihe bya nyuma ya Covid-19.
Perezida Donald Trump wa Amerika ari kurwana urugamba rwo gutambamira isohoka ry’igitabo bivugwa ko kigaragaza amabanga ashobora guhindanya isura ye.
Evariste Ndayishimiye watsindiye kuyobora u Burundi yamaze kurahirira kuzuza inshingano yatorewe zo kuyobora u Burundi. Yarahiriye mu birori byabereye kuri sitade Ingoma yo mu ntara ya Gitega, umurwa mukuru mushya wa Politiki mu Burundi.
Perezida mushya w’u Burundi Evariste Ndayishimiye, ararahirira kuyobora iki gihugu kuri uyu wa kane tariki 18 Gicurasi 2020. Ni umuhango wigijwe imbere ho amezi abiri, bitewe n’urupfu rutunguranye rwa Pierre Nkurunziza wari utararangiza neza manda ye, kuko yagombaga gutangira imirimo ye tariki 20 Kanama 2020.
Urukiko rushinzwe kurinda itegeko nshinga mu Burundi, kuri uyu wa Gatanu tariki 12 Kamena 2020, rwememeje ko Evariste Ndayishimiye arahira vuba, agasimbura Pierre Nkurunziza uherutse kwitaba Imana.