U Burundi bwabwiye Umuryango w’Ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba (EAC) ko indorerezi zose zoherejwe gukurikirana amatora rusange mu Burundi zigomba gushyirwa mu kato mu gihe cy’iminsi 14 ubwo zizaba zihageze mu rwego rwo kureba niba nta cyorezo cya COVID-19 zifite.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, yatangaje ko yagiranye ibiganiro byiza na Perezida Donald Trump wa Leta zunze Ubumwe za Amerika.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yavuze ko isi ikeneye gufatanya kurandura icyorezo cya Covid-19, kandi ko u Rwanda rushyigikiye iyi gahunda.
Umunyamabanga mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bivuga ururimi rw’Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo, yasobanuye ko kuba Afurika itaribasiwe cyane n’icyorezo cya COVID-19 nk’indi migabane y’u Burayi na Leta zunze Ubumwe za Amerika, byatewe n’uko Afurika yafashe ingamba zikomeye z’ubwirinzi hakiri kare bituma icyorezo (…)
Inama idasanzwe ya 18 yagombaga guhuza abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba (EAC), yongeye gusubikwa.
Ashingiye ku biteganywa n’Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda ryo mu 2003 ryavuguruwe muri 2015, cyane cyane mu ngingo yaryo ya 116; kuri uyu wa kane tariki 09 Mata 2020 Nyakubahwa Perezida wa Repubulika yavanye ku mirimo Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, wari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga (…)
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yavuze ko azirikana Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza Boris Johnson umaze iminsi arwaye COVID-19, akaba yifatanyije n’inshuti ze ndetse n’igihugu cye muri rusange mu kumuba hafi no kumwifuriza gukira vuba.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yatangaje ko yagiranye ibiganiro by’ingirakamaro na bamwe mu bayobozi bakomeye ku Isi ku buryo bwihuse bwo guhangana n’icyorezo cya Coronavirus (COVID-19).
Umuyobozi wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU), Moussa Faki Mahamat, yemeje ko umwe mu bakozi bakorana mu biro, yasanganywe icyorezo cya Coronavirus.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, kuwa gatatu tariki 25 Werurwe 2020, yagiranye ikiganiro kuri telephone na Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia Dr. Abey Ahmed ndetse n’uwa Canada, Justin Trudeau, baganira ku cyorezo cya Coronavirus gikomeje kwibasira isi, n’imbaraga ziri gukoreshwa mu rwego rwo guhangana na cyo.
Inama ihuriweho n’abakuru b’ibihugu bine yari itegerejweho kwiga ku kibazo cy’u Rwanda na Uganda yabaye ihagaze, mu gihe ibihugu byagombaga kugira uruhare mu guhuza impande zombi byashyize imbaraga mu guhangana n’icyorezo cya Coronavirus.
Ministeri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Rwanda yahamagariye Abanyarwanda bari mu mahanga bashobora kugira ikibazo cy’ingendo bashaka kuza mu Rwanda mu gihe ikibuga cy’indege cyaba cyafunzwe kwegera ambasade z’u Rwanda zibari hafi.
Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Ururimi rw’Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo, na we yinjiye mu bukangurambaga bwo gusukura neza intoki, mu rwego rwo kwirinda ndetse no gukumira icyorezo cya Coronavirus cyahawe izina rya COVID-19.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, kuri uyu wa mbere tariki 16 Werurwe 2020, yakiriye mugenzi we wa Ethiopia, Sahle-Work Zewde, bagirana ibiganiro byabereye muri Village Urugwiro, byibanda ku mubano w’ibihugu byombi.
Umunyamabanga mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres, yasabye abatuye isi kudacibwa intege n’icyorezo cya Coronavirus cyahawe izina rya COVID-19, abasaba kudakuka umutima, ahubwo bakarushaho kucyirinda no kugikumira.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yinjiye mu bukangurambaga bw’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (WHO) bushishikariza abatuye Isi gukaraba intoki mu rwego rwo kwirinda no gukumira icyorezo cya Coronavirus cyahawe izina rya COVID-19.
Mu kwezi k’Ukwakira 2018, Komisiyo y’Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, ishinzwe gukurikirana ikoreshwa ry’umutungo wa Leta (PAC), yabonye umuyobozi wasimburaga umugabo wamenyekanye cyane, ari we Nkusi Juvenal, wayoboye iyo Komisiyo imyaka irenga umunani.
Inama y’Abaminisitiri yateranye kuwa 06 Werurwe 2020 iyobowe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yemeje gukuriraho ikiguzi cya Viza ku baturage bo mu bihugu bigize Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (African Union), abo mu bigize Umuryango w’ibihugu bivuga Icyongereza (Commonwealth) ndetse n’abo mu Muryango uhuje ibihugu (…)
Ku mugoroba wo kuwa mbere tariki 09 Werurwe 2020, Perezida wa Repubulika Paul Kagame yashyize abayobozi mu myanya, aho Madamu Bakuramutsa Feza Urujeni, yagizwe Umuyobozi w’Ibiro bya Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, naho Dr. Jean Chrysostome Ngabitsinze agirwa Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi.
Itangazo Kigali Today ikesha Ibiro bya Minisitiri w’Intebe riravuga ko ashingiye ku biteganywa n’Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda ryo mu 2003 ryavuguruwe muri 2015, cyane cyane mu ngingo zaryo zirimo ingingo ya 112 n’iya 116, none ku wa 9 Werurwe 2020, Nyakubahwa Perezida wa Repubulika yashyizeho Abayobozi mu buryo (…)
Umunyamabanga Mukuru wungirije w’Umuryango w’Ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba (EAC), Hon. Christophe Bazivamo, avuga ko uwo muryango hari byinshi wagejeje ku bihugu biwugize byo kwishimira ariko ko hakiri byinshi byo gukora.
Kuwa gatanu tariki ya 6 Werurwe 2020, Inteko Rusange ya Sena iyobowe na Perezida wa Sena Dr. Iyamuremye Augustin, yemeje abayobozi bakuru batatu mu nzego nkuru z’Igihugu.
Dr. Isaac Munyakazi wari Visi Perezida wa kabiri mu Ishyaka Ntangarugero muri Demokarasi (PDI), nyuma y’ibimuvugwaho byo kurya ruswa, byanamuviriyemo kwegura muri Guverinoma.
Ubwo yari mu muhango wo kwakira indahiro z’abayobozi bashya, Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yababwiye ko bagomba kwita ku buremere bw’amagambo ari mu ndahiro, aho biyemeje kutazakoresha ububasha bahawe mu nyungu zabo bwite.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame ku wa 26 Gashyantare 2020 yashyize abayobozi mu myanya inyuranye, harimo abashya muri Guverinoma n’abahinduriwe imyanya.
Urubyiruko rwiga mu mashuri makuru na Kaminuza hamwe n’abayobozi bazo bari mu muryango wa RPF Inkotanyi mu Ntara y’Iburengerazuba bahamagariwe gukoresha ikoranabuhanga mu gushaka ibisubizo by’igihugu.
Nyuma gato y’uko hasinywa amasezerano yo guhererekanya imfungwa yasinywe na Perezida w’u Rwanda n’uwa Uganda imbere ya Perezida wa Angola n’uwa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, Perezida wa Uganda yari yatangiye kuvuga amagambo yo gutesha agaciro ayo masezerano.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 21 Gashyantare 2020, i Gatuna/Katuna ku mupaka w’u Rwanda na Uganda habereye inama yahuje abakuru b’ibihugu by’u Rwanda na Uganda, ndetse n’abakuru b’ibihugu bya Angola na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nk’abahuza muri ibyo biganiro.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 21 Gashyantare 2020, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame na Yoweri K. Museveni wa Uganda, bahuriye ku mupaka wa Gatuna-Katuna uhuza ibihugu byombi, mu biganiro bigamije kugarura umubano hagati y’ibihugu byombi.
Perezida w’u Rwanda Paul Kagame kuri uyu wa gatanu tariki 21 Gashyantare 2020, yakiriye mu biro bye Perezida wa Angola João Lourenço, na Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.