Hirya no hino mu bitangazamakuru no mu bantu banyuranye haravugwa inkuru y’uko Nyampinga wa Kaminuza Nkuru y’u Rwanda, Isimbi Deborah Abiellah, umukobwa w’umuvugabutumwa (Pastor) Rutayisire Antoine yaba atwite.
Umuhanzi Nzeyimana Nassor umenyerewe ku izina rya Lolilo ukomoka mu gihugu cy’Uburundi avuga ko yishimiye uko yakiriwe mu karere ka Nyamagabe ubwo yahazaga kuririmbira abakundana ku munsi wa St. Valentin.
Kuwa kane tariki 14/02/2013, ubwo hazaba hizihizwa umunsi wahariwe abakundana witiriwe mutagatifu Valentin, hoteli Golden Monkey iri mu karere ka Nyamagabe yateguriye abakiriya bayo igitaramo mu rwego rwo kwifatanya nabo.
Mu gihe habura iminsi mike ngo hizihizwe umunsi mukuru w’abakundana (Saint Valentin) Abanyagicumbi benshi bavuga ko barangije kugura impano bazaha abakunzi babo kuri uwo munsi.
Gushyirwa kw’abahanzi ku mpapuro zitandukanye zamamaza ibitaramo mu mujyi wa Kigali, bikomeje guteza urujijo abenshi mu bankunda umuziki Nyarwanda, kuko usanga ibyo bitaramo bibera amasaha amawe kandi ahandi hatandukanye.
Umuhanzi Ruremire Focus azataramana n’Abanyarwanda mu rwego rwo kurushaho gusigasira, kumenyekanisha no gukundisha abantu umuco gakondo by’umwihariko urubyiruko n’abakiri bato abinyujije mu buhanzi butandukanye.
Kuwa gatanu tariki 26/12/2012 kuri New Life Bible Church Kicukiro mu Kagarama hazabera igitaramo cyo gufasha abana b’imfubyi bo muri foundation Uwanyiligira Suzanne.
Ku cyumweru tariki 23/12/2012, Korali Redeemed izamurika alubumu yayo ya mbere bise “Yesu niwe inshuti yanjye” kuva saa kumi z’umugoroba, igitaramo kikazabera kuri Zion Temple i Kabuga.
Abahanzi Peter Okoye na Paul Okoye (P-Square) bo muri Nigeria baraye bageze mu Rwanda ku mugoroba wa tariki 13/12/2012, bakoresheje indege yabo bwite (private jet).
Mu gitaramo cyo kwizihiza isabukuru y’imyaka 25 FPR imaze ishinzwe cyizabera kuri sitade Amahoro i Remera tariki 14/12/2012 hazaba harimo ibihangange muri muzika bikomoka muri Nigeria aribo P-Square (Peter na Paul Okoye).
Muri Happy People y’uyu mwaka hazaba harimo Dj Fully Focus uturutse muri Amerika aho azaba ari gufatanya na Dj Khalim wa hano mu Rwanda nk’uko twabitangarijwe na Aimé Chrispin umwe mu bategura Happy People.
Abafite utubari n’amazu y’urubyiniro mu mujyi wa Musanze barasabwa kunoza imikorere, maze bakajya bamenyesha inzego z’umutekano hakiri kare, kugirango zitegure kubacungira umutekano ku buryo bunoze.
Kuri uyu wa gatandatu tariki 15/12/2012 hateguwe ikirori kidasanzwe mu mateka y’imyidagaduro yo mu Rwanda aho Inyarwanda LTD ihuza ibyamamare mu ngeri zose n’abafana babo mu birori byiswe Inyarwanda Fans Hangout.
Kuri uyu wa gatanu tariki 07/12/2012, hateguwe ikirori cyiswe “The Goat Plot” kuri Caiman Bar and Restaurant Kibagabaga guhera saa kumi n’ebyiri z’umugoroba. Muri ibi birori harimo kurya inyama z’ihene zitetse ku buryo bushimishije.
Muyoboke Alexis, umujyanama w’itsinda rya Urban Boys akaba yaranigeze kuba umujyanama wa Tom Close nyuma akaba n’uwa Dream Boys, tariki 08/12/2012, azasezerana na Muhimpundu Deis Ornella babyaranye umwana.
Itsinda rya Dream Boyz rigizwe n’abasore babiri Nemeye Platini na Mujyanama Claude aka TMC, kuwa kane tariki 06/12/2012 ryasusurukije impunzi z’Abanyekongo zahungiye ku nkambi ya Kigeme iri mu murenge wa Gasaka mu karere ka Nyamagabe.
Umuhanzi Danny Vumbi witegura gushyira ahagaragara alubumu ye ya mbere “Umudendezo” kuri uyu wa gatanu tariki 30/11/2012 asanga abahanzi nyarwanda bihagije kuburyo yasanze atari ngombwa cyane gutumira umuhanzi wo hanze y’u Rwanda mu gitaramo cye.
Kuva Orchestre Impala de Kigali zakongera kuvuka bundi bushya nyuma y’imyaka zari zimaze zitakibaho kubera ibibazo birimo n’uko abari bazigize benshi bapfuye, kuri ubu ziri gushimisha Abanyarwanda b’ingeri zose.
Mu gihe mu cyumweru gishize abanyaruhango bari biteguye gutaramana na Orchestre Impala, nyuma ikaza kubatenguha nize, ubu noneho icyizere ni cyose cy’uko kuri uyu wa Gatandatu tariki 24/11/2012 bagomba kuba barikumwe nazo.
Nyuma y’igitaramo cyo kumurika alubumu “Batatu kurugamba” ya Urban Boys, tariki 24/11/2012, iri tsinda, abahanzi bakomeye bazaba bavuye Uganda ndetse n’abafana babishaka bazahurira Quelque Part bishimane bidasanzwe.
Nyuma y’igihe gito station Kobil iri Nyarutarama ahitwa mu Kabuga ifungiwe imiryango, ubu biravugwa ko iyi station igiye gufungurwa ahubwo hafungwe K-Club iri uruhande rw’iyi station.
Mu gihe Abanyaruhango bari biteguye gucinya akadiho kuri uyu wa Gatandatu tariki 17/11/2012 babifashijwemo na Archestre Impala, ntibigishobotse kuko iyi gahunda yasubitswe n’Impala.
Kuwa gatanu tariki 09/11/2012 Knowless azataramira abakunzi be kuri Quelque Part. Kuwa gatandatu azataramira ahitwa Zaga Nuty Club ku Kimisagara hafi ya Maison des Jeunes naho ku cyumweru akazataramira kuri Top Chef Nyabugogo.
Ubwo Tonzi yamurikaga alubumu ye yise « Izina ryiza » ku cyumweru tariki 04/11/2012 abari bahari bose bishimiye bidasubirwaho ibyahabereye.
Kuwa gatandatu tariki 03/11/2012 itsinda Urban Boys rizataramira abakunzi babo kuri Sky Hotel naho ku cyumweru tariki 04/11/2012 bakazaba bari kuri Top Chef Nyabugogo. Iri tsinda rizaririmba indirimbo zakunzwe cyane nka Sipiriyani, Take it off, Gira icyo uvuga n’izindi nyinshi.
Imodoka y’ivatiri yari itwaye umuhanzi Bertrand Ndayishimiye “Bull Dogg” na bagenzi be bari kumwe bava mu gitaramo bakoreye mu karere ka Rusizi, yarenze umuhanda ubwo bari bavuye mu gitaramo bakoreye mu karere ka Rusizi, mu rukerera rwo kuri uyu wa Mbere tariki 29/10/2012.
Abdou Rutabeshya uzwi nka “Pappy Packson” w’imyaka 22, afungiwe kuri Station ya Polisi ya Busasamana, azira kuriganya abaturage n’abanyeshuli amafaranga, ababeshya ko abazanira abahanzi Nyarwanda banyuranye ariko birangira ababuze.
Umuhanzi Alpha Rwirangira wamenyekanye cyane kubera kwegukana intsinzi mu marushanwa ya Tusker Project Fame, ubu akaba asigaye abarizwa muri Amerika aho ari kwiga, aratangaza ko azaza mu Rwanda kuhakorera igitaramo cya Noheli.
Kuri uyu wa gatandatu no ku cyumweru (tariki 27-28/10/2012), umuhanzi Kamichi aramurikira abakunzi be indirimbo ye “Byacitse” mu gitaramo cyiswe “Byacitse Concert”.
Kuwa gatanu tariki 26/10/2012, mu ishuri ryisumbuye ryitwa Glory Secondary School riri ahahoze ULK mu gishanga hazabera igitaramo cyo gushima Imana ibyiza yabakoreye no mu rwego rwo gusezeranaho kubera umwaka urangiye.