Harabura umunsi umwe ngo abahatanira umwanya wa Nyampinga (Miss) n’Ingenzi (Mister) mu ishuri rikuru ry’uburezi rya Kigali (KIE) ngo batorwe. Ibi birori biteganijwe kubera mu nzu mberabyombi y’iryo shuri tariki 22/12/2011.
Sosiyete Inyarwanda Ltd ifite urubuga rwa internet www.inyarwanda.com yateguye ibirori byitwa Inyarwanda fans hangout bifite intego yo guhuza ibyamamare muri muzika n’ubundi buhanzi mu Rwanda hamwe n’abakunzi babo.
Abahanzi bagize itsinda ry’abahanzi bo muri Nigeria, brackets, bageze mu Rwanda tariki 15/12/2011 aho baje kuririmba mu gitaramo cyo gushyira ahagaragara alubumu y’umuhanzi nyarwanda, Knowless. Abandi bitabiriye iki gitaramo ni Madrax (Get Down) wo muri Kenya.
Affiche igaragaza imurikwa rya alubumu ya gatatu y’umuhanzi Riderman yitwa Igicaniro iriho udushya twinshi cyane. Ibi ndabivuga kuko n’uwayireba atazi gusoma rwose ntiyabura kugira byinshi asigarana ariko simpamya ko Riderman atagusobanuriye ubutumwa muri mu bishushanyo biriho Wabasha kubyivumburira!
Kuri uyu wa gatanu tariki ya 11 ugushyingo mu mujyi wa Huye habaye igitaramo cyo kwakira abanyeshuri bashya ba kaminuza ndetse n’abasohotse mu bizamini bya leta birangiza amashuri yisumbuye.