Mu kiganiro yahaye abanyamakuru ejo tariki 19/07/2012 muri Serela Hotel i Kigali, Josee Chameleon yatangaje ko atajya afata ku biyobyabwenge nk’uko hari bamwe babimutekerezaho.
Josee Chameleon, umuhanzi w’Umugande arasesekara mu Rwanda kuri uyu wa gatatu tariki 18/07/2012 saa 23h00 ku kibuga cy’indege i Kanombe aho aje kwitabira Kesha Festival yo kurwanya ibiyobyabwenge mu rubyiruko.
King James, umwe mu bahanzi bane basigaye muri PGGSS 2 afite ubwoba bwinshi mu gihe ejo kuwa gatandatu tariki 14/07/2012 ari bwo hazamenyekana abandi bahanzi babiri bazasezererwa abandi babiri bagakomeza.
Lion Imanzi umenyerewe cyane mu bitaramo bya PGGSS 2 yatangaje ko atazahagarika kuba umushyushyarugamba (MC) wa PGGSS 2 kugeza irangiye bitandukanye n’amakuru yavugaga ko yaba yasezeye kuri ako kazi.
Nyuma y’ibyumweru bitatu gusa mu mujyi wa Ruhango hatangijwe imyidagaduro y’ibimansuro, abagore baratangaza ko bahangayitse cyane kubera ko abagabo benshi ntibagitaha kare ndetse ngo n’ihaho bageneraga ingo zabo ryaragabanutse.
Kuwa kane tariki 05/07/2012, abahanzi b’Abanyarwanda bifatanije n’Abanyarwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Darfur mu gitaramo cyateguwe mu rwego rwo kwizihiza isabukuru y’imyaka 50 ishize u Rwanda rubonye ubwigenge, n’izabukuru y’imyaka 18 rumaze rwibohoye.
Itsinda Dream Boys barataramira kwa Mutangana (La Belle Terrasse) i Nyabugogo kuri uyu wa gatanu tariki 06/07/2012 guhera saa moya za nijoro.
Knowless araba ari kuri Sky Hotel kuri uyu wa gatanu tariki 06/07/2012; kuwa gatandatu tariki 07/07/2012 azaba ari i Remera kuri Ambiance Club imbere gato ya Alpha Place ahahoze Chaku hanyuma ku cyumweru azataramira abakunzi be Nyabugogo kuri Top Chef.
Umuhanzi Karangwa Lionel “Lig G” wamenyekanye cyane kubera uburyo yatangiye kuririmba akiri muto injyana ya Hip Hop, aratangaza ko mu kwezi kwa 11/2012 ariho azamurikira Abakunzi be ku mugaragaro album ye ya mbere yise “Nimba Umugabo”.
Ibitaramo bya Live biratangira aho abahanzi bose bari muri Primus Guma Guma Super Star 2, kuri uyu wa Gatandatu tariki 23/06/2012 batongera kuririmbira bataririmbiye bakoresheje CD.
Abahanzi bari mu marushanwa ya Primus Guma Guma Super Star II barakomereza ibirori by’umugoroba i Rubavu kuri Tam Tam Beach, ubwo baba bamaze gutaramira i Musanze.
Diane Umutesi w’imyaka 20 niwe wegukanye ikamba rya Nyampinga naho Yves Muvunyi w’imyaka 21 yegukana irya Rudasumbwa muri Kigali Institute of Management (KIM) mu matora yabaye tariki 01/06/2012 kuri Sport View Hotel.
Kuri uyu wa gatanu tariki 01/06/2012 kuri Sport View hazabera ibirori byo gutora Nyampinga na Rudasumbwa (Miss and Mister) bo muri kaminuza ya KIM bikaba bizatangira saa kumi n’imwe z’umugoroba.
Biteguwe na Talent Group, kuri uyu wa gatanu tariki 18/05/2012, Elion Victory, Khizz Kizito, Olivis, Paf G na Jack B barataramira abakunzi babo kwa Mutangana i Nyabugogo guhera 19h00.
Ibitaramo bibera mu Ntara zose z’igihugu (Roadshows) bigomba gukorwa n’abahanzi 10 basigaye muri PGGSS II bizatangira tariki 05/05/2012 kugeza tariki 10/06/2012.
Umuhanzikazi Knowless ubwo yaririmbaga mu gitaramo aherutse kwitabira mu Bubiligi tariki 31/03/2012, yituye hasi mu buryo budasobanutse ku buryo na n’ubu impaka zitarashira ku cyamugushije.
Mu mpera z’uku kwezi kwa gatatu (tariki 31/03/2012) hategenyijwe igitaramo cyiswe Roof Top Party kizabera hejuru y’inzu ya mbere ndende muri Kigali yitwa Kigali City Tower (KTC).
Primus Guma Guma Super Star (PGGSS) ku nshuro yayo ya kabiri, ifite gahunda iteganirijwe abahanzi 10 basigaye muri iri rushanywa.
Abahanzi Danny, Bull Dog,Young Grace, Jay Polly, Just Family, Emmy, Dream Boys, Rider Man, King James na Knowless nibo bazakomeza mu cyiciro cya kabiri cya Primus Guma Guma super Star season 2.
Kuwa gatanu tariki 16/03/2012 saa moya za nijoro hateganyijwe igitaramo cyiswe “An Evening with Natty Dread” i Butare muri Kaminuza y’u Rwanda. muri icyo gitaramo Natty Dread azaba ari kumwe na Kamichi, Ras Kayaga uzwi ku izina Maguru, Holy Jah Doves, King Patience n’abandi.
Umuhanzi w’Umunyamerika Jason Derulo niwe uzaririmbana n’umuhanzi w’Umunyarwanda uzegukana intsinzi muri Primus Guma Guma Super Star season 2 (PGGSS II).
Itsinda Trezzor rigizwe n’abaririmbyi biga muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda riratangaza ko ryiyemeje gushimisha abatuye muri uyu mujyi no mu nkengero zawo mu kirori kiba kuri uyu munsi mukuru w’abakundana babacurangira umuziki ‘Live’.
Urubuga rwa interineti rushya rutanga inama ku rukundo n’inkuru zinyuranye zivuga ku rukundo www.gukunda.com , kuri uyu munsi w’abakundana tariki 14/02/2012, rwateguriye abakunzi ikirori gishyushye aho baganira na benshi mu batanga ibiganiro by’urukundo ku maradiyo anyuranye ndete no kuri televiziyo.
Bamwe mu babyeyi bafite abana bagaragaye ku rutonde rw’abakobwa bishimirwa kurusha abandi mu ishuri rikuru ry’uburezi (ISPG), ntibishimiye uburyo abana babo bagaragaye kuri uru rutonde rwasohotse kuri Kigalitoday.com. Byatumye batangira kugeza ibirego byabo kubuyobozi bw’ikigo.
Umuryango w’abanyeshuri ba ISPG, ubarizwamo abanyeshuri 1.226, abakobwa 809 n’abahungu 418, usanga hari abakunzwe kandi bishimiwe cyane na bagenzi babo. Ni muri urwo rwego buri mwaka muri iki kigo hatorwa abakobwa 10 ba mbere bishimirwa cyane kurusha abandi.
Isimbi Deborah Abiella umukobwa w’Umuvugabutumwa Antoine Rutayisire, niwe waraye atowe nk’umukobwa uhiga abandi mu bwiza muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda mu mwaka wa 2012 (Miss NUR 2012).
Ku mugoroba ku itariki ya 31/12 2011 i Gikondo ahasanzwe habera imurikagurisha, habereye ibirori byo kwiziza impera z’umwaka, ahagaragayemo abahanzi batandukanye uhereye ku Banyarwanda n’abanyamahanga.
Mu gihe hasigaye icyumweru kimwe gusa ngo ikirori gusoza umwaka gitegerejwe n’abenshi, East African Party, ngo kibe, imyiteguro yacyo igeze kure nk’uko twabitangarijwe na Babou, umwe mu bateza imbere umuziki wo muri ibi bihugu bya Afurika y’iburasirazuba (East African Promotors).
Mu gihe hatangwaga impamyabumenyi ku rubyiruko rurangije amasomo y’imyuga mu kigo kiri ku kirwa cya Iwawa, abasore bagize itsinda rya TUFF GANG bataramiye abitabiriye uwo muhango karahava.
Ibirori byiswe Inyarwanda Fans Hangout bihuza abahanzi n’ibyamamare byo mu Rwanda hamwe n’abafana babo bizabera i Gikondo muri Passadena Snack Bar ahasanzwe hazwi nko kwa Virgile aho kuba muri Car Wash.