Kuva taliki 28/10/2013 Abanyarwanda 4 bo mu murenge wa Bugeshi ahitwa Gasizi baturiye igihugu cya Congo bambuwe ibyabo abandi bakubitwa n’ingabo za Congo ubwo abo baturage bari bagiye hakurya muri Congo.
Ubuyobozi bw’ikigo cy’gihugu gishinzwe imisoro n’amahoro (RRA), tariki 29/10/2013, bwashyikirije minisiteri y’impunzi n’imicungire y’ibiza (MIDIMAR) ibiribwa byafashwe byinjira mu gihugu mu buryo bwa magendu kandi biri gucuruzwa nyamara bigenerwa impunzi ku buntu.
Akarere ka Nyamasheke n’aka Rubavu two mu Ntara y’Uburengerazuba, tariki 29/10/2013 twashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye agamije gufasha utu turere kurushaho gutera imbere, by’umwihariko bamwe bigira ku bandi.
Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bivuga Icyongereza “Commonwealth”, Kamalesh Sharma yatangaje ko amatora y’abadepite yabaye tariki 16-18/09/2013 mu Rwanda yabaye mu mutuzo kandi yubahiriza ibipimo bya demokarasi.
Abagize inteko ishingamategeko umutwe wa sena n’uw’abadepite kuri uyu wa 29 Ukwakira 2013 bagiye mu mwiherero w’iminsi itatu mu kigo cya gisirikare i Gabiro, mu karere ka Gatsibo, mu rwego rwo kugira ngo gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” na bo bayigire iyabo.
Minisitiri Jean Philbert Nsengimana ufite urubyiruko n’ikoranabuhanga mu nshingano ze arashima aho iterambere ry’ikoranabuhanga n’itumanaho (ICT) rimaze kugeza u Rwanda, kuko hari byinshi byiza byabaye impamo kuva ubu buryo bwatangira gukoreshwa.
Mu mahugurwa y’abakangurambaga mfashamyumvire b’imiryango AVEGA na RRP, abayobozi b’imidugudu n’abakozi b’inzu y’ubutabera bashinzwe kugira inama abaturage (MAJ) byifujwe ko Abanyarusizi bareka imyumvire ya cyera iheza abagore ku mitungo y’ubutaka.
Intambara yamaze iminsi ine ibera mu burasirazuba bwa Congo mu gace ka Kibumba yakomerekeyemo abarwanyi 15 ba M23 bahungiye mu Rwanda bagashyikirizwa umuryango mpuzamahanga wita ku mbabare Croix-Rouge nk’uko biteganywa n’amategeko mpuzamahanga.
Umwiherero w’abakozi b’akarere ka Nyamasheke wabereye mu karere ka Rubavu kuva tariki 27-28/10/2013 wize ku ngamba zatuma ahantu hahurira abantu benshi hashyirwa imirindankuba.
Ubwo bizihizaga umunsi bibukaho ivugurura ryakozwe na Martin Luther washinze itorero ryabo, abayobozi b’Itorero ry’Abaruteri mu Rwanda Paruwasi ya Kamembe basinyiye imbere y’Abakiristu babo imihigo y’ibyo bateganya gukora mu gihe kiri imbere.
Nyuma yo kwirukana ingabo za M23 mu mujyi wa Kibumba no mu kigo cya gisirikare cya Rumangabo, mu mujyi wa Kibumba ibyishimo byari byose mu ngabo za Congo (FARDC) kuri uyu wa 28/10/2013.
Bamwe mu bashoferi cyane cyane abatwara abagenzi ku Rusizi ya mbere banze gukorera muri gare kubera ko ngo abakiriya babo b’Abanyacongo baherereye mu mujyi gusa. Bari babanjye kubyubahiriza ariko ngo haje gusanga bari gukorera mu gihombo kubera ko aho gare iri ari kure y’aho abagenzi babo bari.
Umwana w’umukobwa w’imyaka 15 witwa Mushimiyimana Vestine wo mu murenge wa Bugeshi mu karere ka Rubavu yakomerekejwe n’amasasu yavuye muri Congo mu murwano yashyamiranyije M23 n’ingabo za Congo Kibumba hafi y’umupaka w’u Rwanda mu gitondo cyo kuri uyu wa 28/10/2013.
Abayobozi b’umugi wa Kigali bari kumwe n’abahagarariye inzego z’urubyiruko, iz’abagore hamwe n’abikorera basuye Abanyarwanda birukanywe muri Tanzaniya bari mu nkambi ya Kiyanzi babashyikiriza imfashanyo y’ibikoresho, ibiribwa n’imyambaro bagenewe n’abatuye umujyi wa kigali.
Kanani Pacifique utuye mu murenge wa Mushubati mu karere ka Rutsiro avuga ko aho agereye mu Rwanda ubworozi bw’inka bwanze kongera kumuhira, nyuma yo kwirukanwa muri Tanzaniya igitaraganya bikamuviramo gusiga inka ze nkuru 870 atabariyemo utunyana duto.
Ubwo Paruwasi Gatolika ya Rambura yizihizaga yubire y’imyaka 100 imaze ishinzwe yashimiwe ibyiza yagezeho ariko abaturage barimo n’abakirisitu basabwa gucika ku mico mibi irimo n’ubuharike buharangwa.
Mu mirwano ishyamiranyije ingabo za Congo n’umutwe wa M23 ku mugoroba wo kuri icyi cyumweru taliki 27/10/2013 yatumye ibisasu 12 byongera kugwa ku butaka bw’u Rwanda abantu umunani barakomereka.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’akagari ka Murambi mu murenge wa Gihango mu karere ka Rutsiro, Aloys Nahimana, akurikiranyweho kunyereza amafaranga ibihumbi 176 yakusanyijwe guhera mu kwezi kwa kane 2013 mu gihe cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda atanzwe n’abaturage kugira ngo afashe abacitse ku icumu batishoboye.
Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Kabahizi Celestin arasaba abakozi b’akarere ka Nyamasheke kurangwa n’ubufatanye ndetse n’imikoranire myiza kugira ngo babashe kugera ku ntego zo kwesa imihigo no gutera imbere.
Itangazo ryashyizwe ahagaragara na Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika taliki ya 26/10/2013, rivuga ko buhangayikishijwe n’imirwano yongeye kubura mu burasirazuba bwa Congo ndetse ko bwamaganye ibikorwa byo kurasa mu kindi gihugu.
Ambasaderi Eugene Richard Gasana uhagarariye u Rwanda muri LONI yabwiye ibiro ntaramakuru by’Abafaransa AFP ko u Rwanda rwamaze kumenyesha Umuryango w’Abibumbye LONI ko igihugu cya Kongo Kinshana nikidakumira abatera ibisasu mu Rwanda mu minsi ya vuba aha u Rwanda ruzohereza ingabo muri Kongo kwicyemurira icyo kibazo.
Abana babiri n’umukecuru umwe bo mu murenge wa Bugeshi na Busasamana mu karere ka Rubavu bakomerekejwe n’amasasu yaturutse muri Congo mu ntambara ihuje ingabo za Leta ya Congo n’umutwe wa M23.
Intambara ihuje ingabo za leta ya Congo FARDC na M23 mu kibaya gihuje u Rwanda na Congo mu masaha ya 6h45 kuri uyu wa gatandatu yakomerekeje Gisubizo umusore w’imyaka 16 mu kagari ka Rusura umudugudu wa kageyo.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 26/10/2013, umugabo witwa Elie Renzaho w’imyaka 54 yagwiriwe n’ikirombe kiramuhitana, naho bagenzi be batanu bajyanwa mu bitaro bya Ruhengeri.
Umugoroba w’ababyeyi watangijwe ku mugoroba wo kuwa Gatanu tariki 25/10/2013 watangijwe mu karere ka Nyanza ku rwego rw’igihugu witegezweho kuzakemura byinshi mu miryango y’Abanyarwanda.
Mu mirenge ine yo mu karere ka Nyabihu hatanzwe inka 43 muri gahunda ya Girinka. Mu murenge wa Bigogwe hatanzwe inka 10, mu wa Kabatwa inka 11, uwa Shyira na Rugera naho hakaba hatanzwe 11 buri hose, Kuri uyu wa Gatanu tariki 25 Ukwakira 2013.
Intambara iri kubera mu burasirazuba bwa Congo yanagize ingaruka ku bice by’u Rwanda byegegeranye, imaze kugwamo Abanyarwanda babiri naho undi arakomereka biturutse ku bisasu byinshi bimaze kuraswa mu Rwanda biturutse mu mpa ingabo za Congo ziherereyemo.
Ishuri ry’Amahoro Rwanda Peace Academy (RPA) riherereye mu karere ka Musanze, kuri uyu wa gatanu tariki 25/10/2013 ryashyize umukono ku masezerano y’imikoranire n’urwego rw’ingabo z’umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba zishinzwe gutabara aho rukomeye arirwo Eastern Africa Standby Force (EASF).
Kuri uyu wa 25/10/2013, mu Rwanda hinjiye Abanyarwanda 98 bavuye mu buhungiro mu bice bitandukanye bya Congo. Bamwe bavuga ko batashye kubera kurambirwa ubuzima bubi abandi bavuga ko bari bamaze kumenya amakuru y’ukuri ku bibera mu Rwanda.
Abaturage batuye mu mudugudu wa Kageyo akagari ka Rusura umurenge wa Busasamana akarere ka Rubavu baratangaza ko ingabo za Congo zitangiye kurasa mu Rwanda.