Abayobozi batandukanye barimo abakozi b’imirenge bashinzwe imibereho myiza y’abaturage, abafite uburezi mu nshingano zabo hamwe n’abandi bakorera mu bigo nderabuzima, barasabwa kumenya abo abana bari munsi y’imyaka 19 bavuga ko babateye inda ubundi bagakurikiranwa n’inzego zishinzwe umutekano kugirango bashikirizwe ubutabera.
Ambasaderi w’Ubudage mu Rwanda, Peter Fahrenholtz, yemeza ko igihugu cye gishyigikiye ihagarikwa ry’imitwe yitwaza intwaro mu burasirazuba bwa kongo, by’umwihariko umutwe wa FDLR.
Nyuma yo kugomera uruzi rwa Nyabarongo kugirango urugomero rubashe kubona amazi ahagije azifashishwa mu gutanga ingufu z’amashanyarazi, amazi aragenda agera mu mirima y’abaturage, akangiza imyaka.
Umugabo witwa Bugingo Francois Xavier uvuka mu mudugudu wa Gacumu, mu kagari ka giheta, umurenge wa Munini mu kerere ka Nyaruguru aherutse kwirega ko yasambanyije ku gahato abana b’abakobwa batandatu barimo n’ufite imyaka 3.
Umunyapakistani wita Waseem Sheikh atangaza ko ibihugu by’Afurika y’Iburasizuba abihoramo ariko by’umwihariko ngo akunda u Rwanda kuko ari igihugu ugenda igihe cyose ntacyo wikanga bitandukanye n’ibindi bihugu byo mu Karere.
Ahitwa mu Gashikiri mu karere ka Huye haguye ikamyo yari itwaye amavuta ya mazutu irakongoka, abari bayirimo barakomereka bidakanganye ubwo bayisimbukagamo.
Kuva taliki 27/09/2014 abaturage batuye mu mujyi wa Gisenyi ntibabona amazi meza bahabwa ikigo cy’igihugu gishinzwe amazi (Water & Sanitation Corporation/WASAC), benshi bakaba bitabaza amazi yo mu bigega by’ubudehe abadashoboye kuyagura bakajya kuvoma amazi y’ikiyaga cya Kivu.
Nduwamungu Jean Claude w’imyaka 26 urerwa n’umuryango wamutoraguye mu karere ka Nyamasheke avuga ko yayobewe irengero ry’ababyeyi be ndetse akaba atibuka aho bari batuye.
Abanyamakuru bo mu Rwanda bavuga ko imbogamizi ebyiri zibakomereye mu mwuga wabo, ari ukuba hari abakibarushya mu kubaha amakuru hakiyongeraho ko abahembwa byujuje amategeko ari mbarwa abandi nabo ntibanahembwe.
Ikibuga cy’indege cya Kamembe kiri mu karere ka Rusizi kigiye gufungwa by’agateganyo mu gihe cy’amezi atanu kugirango gisanwe uhereye tariki yambere z’ukwezi kwa 11 uyu mwaka wa 2014.
Ubwo kuri uyu wa Mbere tariki 29/09/2014, yasozaga imurikagurisha rya gatanu mu Ntara y’Amajyaruguru Umuyobozi w’iyo ntara yasabye abikorera gutandukana n’imikorere ya gakondo bakagira icyerekerezo cyo kwagura ibikorwa byabo kugira ngo babashe kwiteza imbere.
Urugaga rw’urubyiruko rushamikiye ku muryngo wa FPR-Inkotanyi ku rwego rw’igihugu, ruratangaza ko rwishimiye cyane ibikorwa bimaze kugerwaho n’urubyiruko rw’umuryango wa FPR-Inkotanyi mu karere ka Ruhango. Ikarusaba kwegera n’urundi rubyiruko kugirango narwo rudasigara inyuma.
Abaturage batuye umurenge wa Gashora mu karere ka Bugesera n’uwa Rukumberi mu karere ka Ngoma barashima ingabo z’igihugu zabasaniye ikiraro gihuza iyo mirenge none kikaba cyongeye kuba nyabagendwa.
Nyuma y’ibibazo by’ubutaka byakomeje kurangwa hagati y’uruganda rw’icyayi rwa Gisakura n’abaturage baturanye n’uruganda, abayobozi b’akarere ka Nyamasheke baratangaza ko byaba bigiye kubonerwa umuti mu gihe ibiganiro bya nyuma n’abaturage byaba bigenze neza.
Mu Rwanda hatangijwe isosiyete yitwa SSIAP (Societe de Securite Incendie et d’Assistance aux Personnes) y’abikorera ishinzwe gukumira, kurwanya inkongi z’imiriro mu nyubako no gutanga ubutabazi bw’ibanze ku bahuye n’ibyo byago, kugirango Polisi y’igihugu izajye itabara hatarangirika byinshi.
Nubwo bemeza ko ntako Leta itagize ngo ibakire beza, bamwe mu banyarwanda birukanwe muri Tanzaniya bacumbikiwe mu murenge wa Nyarusange, akarere ka Muhanga, barasaba kubona aho kuba no guhinga kuko nta masambu bagira.
Abayobozi b’umuryango FPR-Inkotanyi bo mu ntara y’Uburengerazuba bahaye imiryango 30 yo mu karere ka Rutsiro inka muri gahunda ya Girinka bakaba biyemeje kurandura imibereho mibi.
Mu gikorwa cy’umuganda rusange wabaye kuri uyu wa gatandatu tariki 27/09/2014 polisi y’u Rwanda yifatanyije n’abaturage batuye mu kagali ka Gahondo mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza isiza ibibanza by’aho iteganya kubakira abatishoboye amazu yo kubamo.
Abakozi 40 ba company yitwa CAPUSCINE ikora isuku mu bitaro bya Gihundwe bashinja umukoresha wabo kubakata amafaranga ibihumbi bitatu bikurwa kuri buri mukozi bizezwa ko bayabashyirira mu isanduku y’ubwiteganyirize yabo nyamara bagerayo bagasanga ntayo.
Abaturage b’akarere ka Ruhango barasabwa gukomeza kwimakazi gahunda z’ubumwe n’ubwiyunge, baharanira ko ukwezi kw’imiyoborere kwasiga buri wese agize uruhare rugaragara mu bumwe n’ubwiyunge.
Nyagatare: Ntawukwiye kwicuza ku bikorwa byo gufasha Amazu atatu niyo yazamuwe n’amatafari 2000 arabumbwa mu gikorwa cy’umuganda wi kubakira Abanyarwanda birukanywe muri Tanzania kuri uyu wa gatandatu tariki 27/9/2014, cyabereye mu karere ka Nyagatare, mu mudugudu wa Ryeru akagali ka Ryeru umurenge wa Rwempasha.
Ibikorwa bibi byabaye mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, byagize ingaruka ku bagize uruhare mu kuyikora no kubayirokotse, kuko hariho imitima ifite intimba n’agahinda baterwa n’ibyo bakorewe, ku rundi ruhande hakabaho ipfunwe n’ikimwaro ku bakoze Jenoside.
Nk’uko biba bimenyerewe buri wa gatandatu wa nyuma usoza ukwezi, Abanyarwanda n’abaturarwanda bose bazindukira mu gikorwa cy’umuganda mu gihe cy’amasaha atatu kuva ku isaha y’isaa mbili kugeza ku isaa tanu z’amanywa.
Abakuru b’imidugudu bagera muri 630 igize akarere ka Gicumbi bahawe terefone zigendanwa zizajya zibafasha mu kazi kabo. Telefoni bazishyikirijwe n’ubuyobozi bw’akarere kuri uyu wa gatanu tariki 26/9/2014.
Abagore bo mu murenge wa Ndera 500 bakora akazi ko gutunganya ikawa, bishyize hamwe batera inkunga ingabo z’igihugu zamugariye ku rugamba bagura imipira 500, umwe bawugura ibihumbi bitanu.
Sinumvayabo Valens utuye mu murenge wa Kibeho avuga ko atarajya mu matsinda y’abagabo n’abagore bahabwa ibiganiro na RWAMREC ngo yari umuntu wananiranye ahora arwana n’umugore yaramubujije amahoro ariko ubu yiyemeje kuba intangarugero akaba “Bandebereho”.
Abana babiri umwe uri mu kigero cy’imyaka itatu uvuga ko yitwa Eric na murumuna we uri mu kigero cy’umwaka umwe witwa Ahishakiye barashakirizwa ababyeyi babo nyuma yuko batoraguwe mu rugo ry’umuturage mu mudugudu wa Ryabitana, akagari ka Gihinga mu murenge wa Gacurabwenge.
Ingengo y’imari ya 2014-2015 izarangira umuhanda Ruhango-Kinazi-Mukunguri umaze gutunganywa, ibi bikaba ari ibyashimangiwe na Minisitriri w’intebe Anastase Murekezi ubwo aheruka gusura abaturage b’akarere ka Ruhango tariki 22/09/2014.
Abapolisi babiri, Kaporali Iyakaremye Nelson na Kaporali Ndabarinze Isaac, nibo Polisi y’u Rwanda yatangaje ko ku itariki 17/7/2013 bishe Gustave Makonene wari umukozi w’umuryango mpuzamahanga uharanira kurwanya ruswa (Transparency International) mu karere ka Rubavu.
Ubuyobozi bw’umujyi wa Kigali buratangaza ko abashoferi batwara abagenzi mu buryo rusange bagiye guhabwa amakarita, aho bazajya bakurwaho amanota mu gihe batitwaye neza mu muhanda ku buryo uzagaragarwaho amakosa menshi azajya ahagarikwa.