Kuri uyu wa 3 Nyakanga 2015, Jeannette Kagame, Umugore wa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, ari mu Karere ka Nyanza, Murenge wa Rwabicuma aho agiye gushyikiriza abakecuru bagizwe incike na Jenoside yakorewe Abatutsi amazu ajyanye n’igihe yo kubamo.
Abaturage batuye mu karere ka Rutsiro mu ntara y’Iburengerazuba batangaza ko kuba bafite umutekano uhagije bitandukanye n’igihe cy’intamabara y’abacenegezi ubwo bari badatekanye, babibonamo kwibohora bakabizirikana abvuga ko uwabihakana ari utazi iyo ntamabara.
Ubushakashatsi bukorwa cyane cyane n’abarimu bo muri kaminuza ngo iyo bukoreshejwe bugira uruhare mu iterambere ry’igihugu n’abayobozi bakabona imibare n’amakuru afatika agaragaza uko ikibazo giteye n’uko cyakemurwa baheraho bafata ibyemezo.
Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango,Oda Gasinzigwa,avuga ko ubuyobozi bwiza bwafashije abagore kwibohora imyumvire yo kumva ko badashoboye,yaterwaga n’ubuyobozi bubi bwabagaragazaga nk’abadashoboye none nyuma yo guhabwa umwanya ubu ngo bageze kure mu iterambere.
Abarundi baba mu mujyi wa Butare bavuga ko batagiye kuba mu nkambi nk’abandi Barundi bose bahunze kuko babonaga abana babo batashobora ubuzima bwo mu nkambi. Na none ariko, bifuza guhabwa ibyangombwa by’ubuhunzi, bakabasha kwivuza ndetse n’abana babo bakabasha kwiga.
Abanyeshuli barangiza amashuli yisumbuye mu mwaka wa 2014/2015 bo mu murenge wa Busoro mu karere ka Nyanza, bavuga ko ibikorwa bakoze mu mezi atanu ashize by’urugerero bibarirwa asaga miliyoni 4.5 z’amafaranga y’u Rwanda.
Nyuma y’uko bigaragaye ko hari imwe mu miryango y’Impuzamiryango Pro-Femmes Twese Hamwe icumbagira nyuma y’aho abaterankunga bayo bahagaze, Pro-Femme Twese Hamwe irasaba imiryango bakorana kwishakamo ubushobozi ntibashingire ku baterankunga gusa kuko iyo bahagaze isenyuka.
Ubuyobozi bw’akarere ka Gatsibo bwahagurukiye ababyeyi batita ku isuku y’abana babo, buvuga ko bazajya bafatira ibihano umubyeyi wese utazirikana isuku y’umwana we haba ku mubiri no ku myambarire.
U Rwanda rwakiriye inkunga y’igihugu cy’u Bubiligi ingana na miliyoni 35.5 z’amayero(Euro), ahwanye n’amafaranga y’u Rwanda miliyari 28.5 Rwf, kuri uyu wa kabiri tariki 30 Kamena 2015; yo gukomeza guteza imbere gahunda zo kwegereza ubuvuzi abaturage no gushoboza inzego z’ibanze kubaha serivisi.
Perezida Wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, arasaba abaturage b’Akarere ka Rusizi kubana neza b’abaturage b’ibihugu by’Uburundi na Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo bihana imbibe n’ako karere, akavuga ko Abanyarwanda bafite inshingano yo kubanira neza abaturanyi kabone n’ubwo bo [abo baturanyi] batabikora.
Mu biganiro yagiranye n’abavuga rikukumvikana (opinion leaders) bo mu turere twa Rusizi na Nyamasheke mu Murenge wa Bushekeri aho bita mu Gisakura, Perezida Paul Kagame, yasabye ko igiciro cy’ingendo z’indenge ku baturage bakoresha ikibuga cy’indege cya Kamembe cyagabanuka ku Banyarwanda kugira ngo barusheho gukorana no (…)
Nyuma yuko umuryango wa Compassion International ufasha abana bo mu miryango itishoboye mu bijyanye n’imyigire no mubindi bibazo bijyanye n’imibereho myiza utangiriye kubathitamo hifashishijwe ibyiciro by’ubudehe ngo byagabanyije amakosa yakunze kuvugwa ko hari abana bafashwaga n’uyu muryango batabikwiriye.
Bamwe mu bagore bakora ubucuruzi buciriritse bwambukiranya imipaka bibumbiye mu muryango COSOPAX uharanira amahoro mu Karere k’Ibiyaga Bigari basanga kuba barihurije hamwe bizatuma baba umuyoboro w’amahoro muri aka karere aho bavuga ko bazasakaza amahoro bahereye mu miryango yabo ndetse bakayakwiza no mubaturanyi.
Parezida Kagame arasaba abayobozi b’inzego z’ibanze kujya zikemura ibibazo by’abaturage ku gihe kuko ngo ntawe ushoboye kujya yicara imyaka ategereje kuzakemurirwa ikibazo kandi abayobozi bahari.
Mu rwego rwo kugabanya ibicanwa biva ku biti, bamwe mu rubyiruko rwo mu Karere ka Nyamagabe bihangiye umurimo wo gukora imbabura zicanishwa amabuye ya radiyo hifashishijwe ikara rimwe cyangwa zigacanwa hakoreshejwe amashanyarazi afite ingufu nkeya.
Abaturage bo mu karere ka Gicumbi bavuga ko kuba aka karere ariho urugamba rwo kubohora u Rwanda rwatangiriye, babifata nk’umurage wo gusigasiga ubumwe bw’Abanyarwanda no kurinda icyintu cyose cyakongera guhungabanya umutekano wabo.
Umukuru w’igihugu Perezida Paul Kagame aratangaza ko adashimishijwe n’uburyo ubuyobozi bubishinzwe bwananiwe kugeza umuyoboro wa Radio y’igihugu ku baturage bo mu karere ka Nyamasheke, bigatuma bahitamo kwiyumvira izo mu bihugu by’abaturanyi.
Perezida Kagame uru wagendereya abaturage bo mu Karere ka Nyamasheke kuri uyu wa 29 Kamena 2015 yabawiye ko imyumvire y’Abanyarwanda yahindutse ku buryo ntawe ukibasha kubashuka kuko ubu ngo usigaye ubabwira bakakubaza impamvu y’ibyo ubabwira.
Eugène Kayiranga Muzuka, Umuyobozi w’Akarere ka Huye, mu Nama Njyanama y’ako karere yabaye ku wa 26 Kamena 2015, yatangaje ko umwaka w’ingengo y’imari 2015-2016 uzarangira amwe mu masantere y’ibyaro mu karerer ayobora ahawe amatara rusange bita éclairage public.
Abaturage bo mu Karere ka Nyamasheke baravuga ko kuba bafite ubuyobozi bwiza, bigatuma basigaye bibona mu gihugu kibahesha agaciro kurusha indi mibereho yabo ya mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Bamwe mu batuye mu karere ka Nyamagabe babona umuganda ari ikimenyetso cyo kwibohora, kuko babasha gukora ibikorwa bifite agaciro k’amafaranga menshi bigira uruhare mu kubohora ubukene benshi mu baturage kandi bakita no ku bikorwa by’amajyambere babigirira isuku.
Komiseri mu Muryango wa FPR Inkotanyi, Monique Mukaruriza, arasaba abanyamuryango b’iri shyaka n’abandi Banyarwanda, guhagurukira hamwe bagakora cyane kugira ngo batere imbere, bigire; kuko ari byo bizabashoboza kwihesha ishema n’agaciro imbere y’amahanga.
Bamwe mu rubyiruko rwo mu Murenge wa Rambura na Karago rwacikirije amashuri ngo bafite icyizere gikomeye cy’ejo hazaza nyuma yo gufashwa kwiga ubukorikori bakora ibikoresho bitandukanye mu giti cy’umugano.
Abafatanyabikorwa b’akarere ka Kamonyi bari mu imurikabikorwa byabo ry’iminzi itatu kuva ku wa gatanu tariki 26 Kamena 2015 aho abaryitabiye bavuga ko ribafasha kumenyekanisha ibyo bakora no kwigira ku bandi mu rwego rwo kunoza imikorere.
Mu gihe ubushakashatsi bugaragaza ko kwisiramuza bifasha abagabo kugira isuku hamwe no kugabanya ibyago byo kwandura icyorezo cya Sida n’izindi ndwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina ugereranyije n’abadasiramuye, bamwe mu baturage bo mu Karere ka Gakenke ngo ntibakozwa ibyo kwisaramuza kubera imyumvire.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza, Murenzi Abdallah, yabwiye Inama Njyanama y’akarere yateranye kuri uyu wa 26 Kamena 2015 ko ikibazo cy’amadeni ibitaro by’ako karere n’ibigo nderabuzima bibereyemo farumasi y’imiti amaze kurenga kure ubushobozi bw’akarere ku buryo atagishoboye kuba yakwishyurwa hatabayeho ubufasha bw’izindi nzego.
Minisitiri w’Iterambere ry’Umuryango akaba n’uhagarariye Akarere ka Nyanza muri Guverinoma y’u Rwanda, Madamu Oda Gasinzigwa, mu muganda w’ukwezi yakoranye n’abaturage bo mu Karere ka Nyanza wabaye kuri uyu wa 27 Kamena 2015 mu gihugu hose mu Rwanda yabasabye kurushaho kwibumbatira umutekano ngo kuko nta kindi kiguzi cyawo.
Intore zo mu Karere ka Rwamagana zisoje icyiciro cya gatatu cy’urugerero kuri uyu wa 26 Kamena 2015 zari zimazeho amezi 6, zirashimirwa uruhare zagize mu gufasha abaturage kuzamura imyumvire no gutera imbere.
Bamwe bari mu nzego z’urubyiruko rw’Akarere ka Ruhango baravuga ko kuba urubyiruko rudatinyuka ngo rubyaze umusaruro amahirwe ari mu karere kabo ahanini biterwa no kwitinya ndetse no gusesagura utwo babonye.
Nyuma y’impaka zikomeye hagati y‘Inama Njyanama y Aakarere ka Ngororero, Komite Nyobozi yako hamwe n’abashinzwe gucunga umutungo, Inama Njyanama yatoye ingengo y’imari y’akarere yiyongereyeho miliyari zisaga 2, maze isaba Komite Nyobozi y’Akarere kuzayikoresha neza mu mwaka wa 2015-2016, birinda amakosa yatuma idakoreshwa neza.