Rwamagana: Nyuma y’urupfu rutunguranye Padiri Karekezi yashyinguwe

Padiri Dominique Karekezi wayoboraga Ishuri Rikuru rya Kibungo (INATEK) yashyinguwe mu cyubahiro i Rwamagana ku wa gatanu tariki 14 Kanama 2015.

Umuhango wo gushyingura Padiri Karekezi wabanjirijwe n’igitambo cya misa yo kumusabira cyaturiwe muri Paruwase ya Rwamagana n’Umushumba wa Diyosezi ya Kibungo, Musenyeri Antoine Kambanda.

Umubiri wa nyakwigendera Padiri Dominique Karekezi wajyanwe muri Paruwase ya Rwamagana mbere y'uko ushyingurwa.
Umubiri wa nyakwigendera Padiri Dominique Karekezi wajyanwe muri Paruwase ya Rwamagana mbere y’uko ushyingurwa.

Hari hateraniye abantu ibihumbi biganjemo abihayimana, abo mu muryango avukamo ndetse n’inshuti babanye zari zaturutse mu Rwanda no mu mahanga.

Abitabiriye uyu muhango bagaragaje ko mu buzima bwe, Padiri Karekezi yarangwaga n’umuhati, ubunyangamugayo n’urukundo; by’umwihariko mu bikorwa byo guteza imbere uburezi no gufasha abatishoboye.

Muri uyu muhango, abafashe ijambo bose bagaragaje ko Padiri Karekezi yabaye umugabo ukunda Imana kandi w’umukozi, wabaniraga neza abihayimana bagenzi be ndetse n’abandi baturage.

Abantu bari bababajwe n'urupfu rutunguranye rwa Padiri Karekezi.
Abantu bari bababajwe n’urupfu rutunguranye rwa Padiri Karekezi.

Arikepisikopi Thaddee Ntihinyurwa wavuze mu izina ry’abandi bashumba, yahamije ko Padiri Karekezi yakoze ibikorwa byiza mu gihe yari akiriho kandi ko bikwiriye gutera ishema, bikaba n’urugero ku bakiriho.

Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Odette Uwamariya, yavuze ko Padiri Karekezi yakoze ibikorwa by’indashyikirwa ku buryo abakiri bato bamwigiyeho, na bo bazasiga umurage mwiza.

Abagize umuryango wa Padiri Karekezi bashimiye ababafashe mu mugongo.
Abagize umuryango wa Padiri Karekezi bashimiye ababafashe mu mugongo.

Umuvugizi wa INATEK Padiri Karekezi yayoboraga, na we yavuze ko mu buzima bw’iyi kaminuza, bazahora bazirikana uruhare rwa Padiri Karekezi rwatumye INATEK yiyubaka ikaba yaratangiye umushinga wo kugaba amashami hirya no hino. Ngo babikehsa Padiri Karekezi.

Padiri Dominique Karekezi yavukiye mu Karere ka Kamonyi, tariki 30 Mata 1953. Yabaye umusaserodoti tariki 26 Nyakanga 1981.

Uyu mupadiri wari ufite impamyabumenyi y’ikirenga (PhD) mu bijyanye n’iyobomana yabaye umunyamakuru w’Ikinyamakuru “Kinyamateka”, aza no kukibera umuyobozi. Yanakoze mu biro bya Papa i Vatican mu bijyanye n’ubuzima mu gihe cy’imyaka itatu mbere y’uko agaruka mu Rwanda mu 1993.

Kuva mu mwaka wa 2008, Padiri Karekezi yari Umuyobozi Mukuru wa (INATEK). Yitabye Imana mu buryo butunguranye tariki 10/08/2015 aguye aho yari atuye mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana. Biravugwa ko yazize uburwayi bw’umutima.

Emmanuel Ntivuguruzwa

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 10 )

Uwakoze ibyiza ntiyibagirana ibikorwa bye bizajya bimutwibutsa, imana imuhe iruhuko ridashira.

Alphonse yanditse ku itariki ya: 16-08-2015  →  Musubize

imana imwakire mubayo kdi umuryango we wihangane

Habimana jean d’amour yanditse ku itariki ya: 16-08-2015  →  Musubize

twese nkabakristu tumwifurije irihuko ridashira

jean marie yanditse ku itariki ya: 16-08-2015  →  Musubize

rest in peace father.

barasa benit yanditse ku itariki ya: 15-08-2015  →  Musubize

yoooo nti tuzakwibagirwa pe!

bruno yanditse ku itariki ya: 15-08-2015  →  Musubize

Padiri wacu twamukundaga ariko aradusize pe!He was a realy parent

jambo gregoire yanditse ku itariki ya: 15-08-2015  →  Musubize

Padri wacu twamukundaga ariko aradusize pe!!

jambo gregoire reg. no. 9645/12-13 yanditse ku itariki ya: 15-08-2015  →  Musubize

Iyo umuntu apfuye asize ibikorwa byiza ntiyibagirana tuzahora tumwibukira kuri UNATEK n’ahandi.

Nepo yanditse ku itariki ya: 15-08-2015  →  Musubize

Imana imwakire mubayo yarumupadri wintangarugero pe

Aliane yanditse ku itariki ya: 15-08-2015  →  Musubize

father,Dr,karekezi Dominique
wakoze NEZA ibikorwa birivugira.pe,ugire iruhuko ridashitara amen.

alias yanditse ku itariki ya: 15-08-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka