Umuryango w’umwana w’umukobwa watemye mwarimu, watangiye gusaba iperereza ryimbitse kuko utizera ko amanota ahagije kugira ngo umwana wabo akore icyaha.
Umusore w’imyaka 19 mu murenge wa Gakenke, akarere ka Gakenke, yakubiswe n’inkuba iramuhitana mu ijoro ryo kuwa 01 Nzeli 2015.
Imodoka yari yaguye mu Kivu muri iki gitondo mu karere ka Karongi yaje gukurwamo ariko uwari uwitwaye akomeza kuburirwa irengero.
Umuyobozi w’ikigo cy’igihugu gishinzwe gukwirakwiza amashanyarazi REG, Mugiraneza Jean Bosco, yatawe muri yombi kuri uyu wa 01 Nzeli 2015.
Abasirikari 165 b’u Rwanda barwanira mu kirere berekeje muri Sudani y’Epfo mu butumwa bw’amahoro basimbuyemo bagenzi babo.
Umuryango w’Abibumbye (UN) ushima ubushake n’imbaraga ubuyobozi bw’u Rwanda bushyira mu bikorwa byo kubugangabunga no kugarura amahoro ku isi.
Abanyarwanda bakorera muri Chad bageneye impunzi z’Abarundi zicumbikiwe mu ngo z’i Kigali, ibiribwa n’ibiryamirwa mu rwego rwo kubihanganisha.
Abapolisi bakorera mu karere ka Ruhango bazamuwe mu ntera bagahabwa amapeti atandukanye, barasabwa guhindura imyitwarire bakarangwa n’ubushishozi mu kazi kabo.
Koperative Abishyize Hamwe Housing Cooperative (AHC) ikorera mu murenge wa Mukarange yasaniye umuturage utishoboye inzu yari yaratangiye kumugwira.
Urubyiruko 50 rwa Rubavu na Goma rwatangije ukwezi kw’amahoro kuzarangwa n’ibiganiro hagati y’urubyiruko n’abayobozi n’ibikorwa byuka amahoro.
Abayobozi bashya b’Umuryango FPR Inkotanyi mu Ntara y’Iburasirazuba, basabwe gukorana ubwitange begera abanyamuryango kugira ngo barusheho gutera imbere.
Abaturage bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye baravuga ko umwanya wa mbere akarere kabo kabonye mu mihigo batazawuvaho.
Abacukuzi b’amabuye y’agaciro bo muri Nyamasheke basabwe kwisubiraho bagakurikiza amategeko agenga ubucukuzi kugira ngo barusheho gutanga umusaruro bitezweho.
Bamwe mu baturage ba Kamonyi ngo bashishikarira gukora umuganda wo kubaka ibyumba by’amashuri kuko ngo ari yo batezeho ahazaza h’abana babo.
Abatuye ahitwa ku Itaba mu Mujyi wa Butare, kuri uyu wa 29 Kanama 2015 bamurikiye Ubuyobozi bw’Akarere ka Huye imihanda bitunganyirije.
Perezida Kagame yakoreye umuganda mu murenge wa Kigali kuri uyu wa gatandatu tariki 29 Kanama 2015, ahabonwa nk’icyerekezo gishya cy’ahazagukira umujyi.
Abaturage b’umudugudu wa Rutaraka bitabiriye umuganda usoza ukwezi, aho bakuye amarebe mu iriba kugira ngo ridasiba.
Abakozi b’akarere ka Rwamagana barashinja sosiyete yitwa “Revolution Electronic Ltd” kubatekera umutwe mu ntangiriro z’icyumweru gishize ikabambura amafaranga.
Umujyi wa Kigali bwabwiye Abanyarwanda birukanywe muri Tanzaniya batujwe muri Gasabo ko igihe kizagera ntibabe bagifashwa ahubwo bakishakira imibereho.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera burateganya guha abaturage agatabo k’imihigo y’ibanze kazajya kabafasha gushyira mu bikorwa no kwesa imihigo y’umuryango.
Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi umuturage wo mu Karere ka Ngororero ukekwaho gukora impapuro mpimbano z’rwego rw’Umuvunyi.
Imiryango ibarirwa mu gihumbi y’Abanyekongo mu Mujyi wa Goma barengereye imbibe bakubaka mu Rwanda kuva kuri uyu wa 26 Kanama 2015 batangiye gusenyerwa.
USAID Ejo Heza iributsa abaturage ba Tumba na Mukura mu Karere ka Huye ko amashereka ya nyuma ari yo agira intungamubiri nyinshi ku bana.
Abavuye ku masomo ku Iirwa cya Iwawa barasaba abaturage kubagirira icyizere ntibazongere kubabona mu ishusho y’abagizi ba nabi.
Kuri uyu wa 26 Kanama 2015, umukecuru Kamaraba w’i Maraba yatemwe n’umugabo yari abereye mukase, naho i Rwaniro utumva ntanavuge yicisha ishoka abagore babiri.
Abarwayi bavurwa n’Ibitaro bya Gahini i Kayonza ntibishyure ngo babishyira mu gihombo cy’amafaranga agera kuri miliyoni ebyiri buri kwezi.
Bamwe mu Nyarwanda birukanywe muri Tanzaniya batuye mu karere ka Nyagatare bibaza uko bazarangiza amazu batujwemo atuzuye kandi batizeye kuzayagumamo.
Bamwe mu banyonzi bo mu Mujyi wa Nyanza barishimira ko bakomorewe gukora nubwo ngo bagihura n’imbogamizi zo gusuzugurwa n’abatwara ibindi binyabiziga.
Umuyobozi w’Akarere ka Burera, Sembagare Samuel, avuga ko mu gihe cy’impeshyi basabye abaturage guhagarika gutwika amakara mu rwego rwo kwirinda inkongi z’umuriro.
Abayobozi b’amatorero n’amadini akorera mu Karere ka Muhanga ngo bahangaykishijwe n’ikibazo cy’umutekano w’abasengera ku Musozi wa Kanyarira na Kizabonwa.