Umusore w’imyaka 20 n’umugore w’imyaka 27 bafunze bakekwaho kugerageza kwinjiza ibiyobyabwenge mu kigo cy’amashuri Sonrise giherereye mu murenge wa Cyuve akarere ka Musanze.
Mukamwiza Jeannette w’imyaka 24, wo mu murenge wa Bwishyura akarere ka Karongi yatawe muri yombi tariki 30/06/2013 afatanywe urumogi rufunze mu dupfunyika (boules) 800, ariko akemera ko yari yamaze kugurishaho 200, bivuga ko yari afite utubure 1000.
Mu masaha ya saa tatu za mu gitondo tariki 01/07/2013, inzuki zamaze amasaha abiri zabujije abagenzi gutambuka bavaga cyangwa bajya mu isoko mu mudugudu wa Kigarama mu kagali ka Nyanza mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza.
Ntamakiriro w’imyaka 21 utuye mu mudugudu wa Kabeza mu kagari ka Tangabo, umurenge wa Manihira mu karere ka Rutsiro yahondaguye se umwase mu mutwe amukubita n’umutwe mu mbavu ku bw’amahirwe abaturage babasha kuhagoboka ataramumaramo umwuka.
Masake Bernard utuye mu kagari ka Kanazi mu murenge wa Nyamata mu karere ka Bugesera, ari mu gahinda kenshi nyuma yaho bamwe mu nsoresore bamwadukiriye maze bakamukubita ndetse bagatera inka ye amabuye igakomereka.
Ubuyobozi bw’ikigo cy’igihugu gishinzwe gukwirakwiza umuriro w’amashanyarazi isuku n’isukura (EWSA) Station ya Ngoma, buhangayikishijwe n’ikibazo cy’ubujura bw’ibikoresho birimo n’insinga z’amashanyarazi zirikwibwa aho ziba zensitaye mu baturage.
Inkongi y’umuriro yabaye tariki 25/06/2013 ndetse umuriro ukaza kongera kwihembera ku munsi wakurikiyeho yibasiye ishyamba ryo mu murenge wa Kilimbi mu karere ka Nyamasheke utwika ishyamba rifite ubuso busaga hegitare 16.
Umugore witwa Uwizeyimana Kezzia wo mu kagari ka Kigembe, umurenge wa Gacurabwenge, yatahuwe ko umwana yazanye ku murenge amusabira ubufasha ko yamutoraguye, ari uwa nyirarume wari waramumusigiye babyumvikanye.
Umuyobozi w’ikigo nderabuzima cya Rususa, Beninka Leoncie, hamwe n’umucungamutungo witwa Nyirabashyitsi Gloriose bahagaritswe ku kazi kubera gukurikiranwaho kunyereza umutungo w’icyo kigo nderabuzima.
Perezida, Umucungamutungo n’Umucungamari ba SACCO Muhanda hamwe n’umunyamabanga nshingwabikorwa w’akagali ka Bugarura mu murenge wa Muhanda bafunzwe bazira kuba baranyereje amafaranga ya SACCO y’umurenge wa Hindiro mu karere ka Ngororero.
Mu ma saa tanu yo mu ijoro rishyira tariki 27/06/2013, ikamyo yari itwaye amavuta ya vidanje iyakuye i Mobassa iyajyana i Bujumbura yibirinduriye mu ikoni ry’aho bita ku mukobwa mwiza, mbere gato y’uko zinjira mu mujyi wa Butare.
Polisi y’u Rwanda mu karere ka Rwamagana icumbikiye abasore batatu bemera ko bibye umucuruzi witwa Uwurukundo Ignace igihe bari bamusabye ko ava mu iduka rye akajya kubayobora aho bavugaga ko bashaka gukodesha inzu.
Mahoro Alexis w’imyaka 28 y’amavuko yasanzwe mu muhanda wa kaburimbo yapfuye mu ijoro rya tariki 25/06/2013, ariko icyamwishe ntikiramenyekana.
Nyuma yaho mu tugari tumwe na tumwe hagiye habura ibikoresho, umuyobozi w’akarere ka Rusizi arasaba abayobozi kutarangara ngo bageze aho bibwa ibikoresho bya Leta. Mu kagari ka Shagasha baherutse kwiba televisiyo y’akagari yagenewe abaturage bayikuye mu biro by’ako kagari.
Umusore witwa Niyomugabo David utuye mu kagari ka Gasiza, umurenge wa Cyanika, mu karere ka Burera, yakomerekejwe n’imbogo ubwo iyo mbogo yavaga muri parike y’ibirunga maze ikajya mu baturage igateza umutekano muke.
Umugabo witwa Ndimurwango Alphonse yatewe icyuma n’uwitwa Izagirukwayo amuhoye kuba yaranze ko acururiza kanyanga mu kabari ke kari mu gasantere ka Nkanika mu Mudugudu wa Karambo, Akagari ka Gakamba, Umurenge wa Mayange akarere ka Bugesera.
Uwari umucungamari wa SACCO y’umurenge wa Hindiro mu karere ka Ngororero witwa Ayingeneye Vilginie yaburiwe irengero atorokanye amafaranga asaga miliyoni 21 z’iyo SACCO.
Jean Damascène Ndagijimana w’imyaka 35 yatawe muri yombi ku nshuro ya kabiri azira kwiba insinga z’amashanyarazi zifite uburebure bwa metero 1100 zaguzwe n’abaturage bagamije kwizanira amashanyarazi iwabo mu tugari twa Mataba na Shyembe two mu murenge wa Gihango mu karere ka Rutsiro.
Abagize komite y’Imbanzabigwi mu gukumira ibyaha (Community Policing Commitees) bo mu turere twose tw’u Rwanda ndetse n’umujyi wa Kigali bari mu itorero i Nkumba, mu karere ka Burera, aho bari gutozwa gukora uko bikwiye akazi bashinzwe.
Ku bufatanye n’ikigo cy’igihugu gishinzwe imisoro n’amahoro (RRA), kuri uyu wa 25/06/2013 mu karere ka Kirehe hateraniye inama yo kwiga ku buryo bwo gukomeza gukumira forode zishobora kuzanywa mu gihugu zinyujijwe ku mipaka y’u Rwanda n’u Burundi.
Ntahorutaba Jean de Dieu uzwi ku izina rya Gifege ukomoka mu Kagali ka Sereri, Umurenge wa Kivuruga ho mu Karere ka Gakenke yatawe muri yombi n’abaturage ahagana saa saba z’ijoro zo kuri uyu wa kabiri tariki 25/06/2013 azitura intama enye mu rugo rw’umuturage.
Igikoni cy’ishuri rya Lycee Ikirezi de Ruhango cyagwiriye abakozi batekera abanyeshuri, babiri barakomereka bikomeye cyane bahita bajyanwa mu kigo nderabuzima cya Kibingo.
Nsabiyezu Venuste w’imyaka 24 ufungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Gakenke kuva kuri uyu wa mbere tariki 24/06/2013, yiyemerera ko yishe umusore witwa Ntibansekeye Wellars akuraho ijosi, umutwe ajya kuwuhisha kure.
Abaturage ndetse n’abayobozi b’inzego z’ibanze mu karere ka Nyabihu barasabwa kwitabira kugira amakaye abafasha mu miyoborere myiza, mu mutekano, mu gutanga serivise nziza ndetse no mu kwesa imihigo.
Abatera ubwoba abaturage bakoresheje ibyo bita ubuhanuzi bimaze iminsi myinshi bigaragara mu karere Rusizi barasabwa kubicikaho kuko ngo hari n’ababurira abandi ngo bagiye gupfa bigatuma biheba.
Prundence Karamira umunyamabanga nshingwabikorwa wa Bureau Social de Developpement aratangaza ko benshi mu bana bo mu muhanda bakira mu kigo cyabo bababwira ko bahunze imiryango yabo kuko yaboherezaga mu gucukura amabuye y’agaciro mu birombe.
Itsinda ry’Abarundi ririmo abayobozi b’inzego z’umutekano n’ab’amakomine baje kuganira n’abayobozi b’akarere ka Rusizi ku birebana n’igikorwa cyatuma ibihugu byombi bisenyera umugozi umwe cyane cyane mu birebana n’umutekano.
Nyuma yo gufata icyemezo ko nta modoka ikora taxi-voiture izongera kuzana abagenzi mu Rwanda kubera ko hari Abanyarwanda babyihisha inyuma bagakwepa imisoro, Abarundi bakorera ku mupaka uhuza ibihugu byombi mu karere ka Rusizi ntibishimiye icyo cyemezo.
Mvuyekure Emmanuel w’imyaka 29 y’amavuko afungiye kuri Station ya Police ya Kanjongo mu karere ka Nyamasheke nyuma yo gutabwa muri yombi ku mugoroba wa tariki ya 19/06/2013 amaze guhohotera umwana w’umuhungu w’imyaka 13, aho yashakaga kumujugunya mu musarani, nk’uko umwana abivuga.
Mu ma saa kumi z’umugoroba tariki 21/06/2013 ikigo cy’imfubyi kitiriwe Mutagatifu Antoine kiri mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza cyafashwe n’inkongi y’umuriro maze aho abana b’abakobwa barara harashya.