Abaturage bo mu mudugudu wa Rukoro, akagari ka Kanyefurwe, umurenge wa Nyakiriba mu karere ka Rubavu barasaba ko amazi ava ku muhanda wa Musanze-Rubavu yashakirwa indi nzira kuko abangiriza.
Mu mudugudu w’Amabumba n’uwa Rugarama mu kagali ka Kinyonzo mu murenge wa Kazo haravugwa abantu biba bakahungabanya umutekano nijoro babanje gufungirana abantu bari mu mazu. Ngo barabanza bagashyira umwanda w’abantu (amabyi) imbere y’inzu.
Abatuye umudugudu wa Mirama ya mbere mu kagari ka Nyagatare mu murenge wa Nyagatare baratangaza ko muri iyi minsi uragaragaramo ubujura bukabije.
Zirimabagabo Epaphrodite w’imyaka 25 utuye mu Kagali ka Muhaza mu Murenge wa Cyabingo, Akarere ka Gakenke arwariye mu Bitaro bya Nemba nyuma yo gutemwa n’umugore wamufatiye mu cyuho amwiba.
Mu gitondo cya tariki 25/05/2013 imbere y’umuryango wa Habagusenga Edson utuye mu kagari ka Nyamagana umurenge wa Ruhango mu karere ka Ruhango, hatoraguwe gerenade yo mu bwoko bwa Tortoise ihateze ku rugi.
Kuri sitasiyo ya Polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera hafungiye umugabo witwa Muyobokimana Jean Pierre w’imyaka 34, nyuma yo gukekwaho kwica umuturanyi we witwa Mukambora Dancilla w’imyaka 60 amukubise umuhini w’isuka mu mutwe.
Nyuma yo gukangurirwa gukumira no kurwanya inkongi z’imiriro aho zigaragara ubu ahenshi mu karere ka Gisagara, nta bikoresho bihari byakwifashishwa mu gihe izo nkongi z’ imiriro zaba zibonetse.
Izabayo Elia w’imyaka 17, wari utuye mu mudugudu wa Mpandu mu kagali ka Karama,umurenge wa Kazo,wakoraga umwuga wo gutwara abantu ku magali yatoraguwe tariki 24/05/2013 mu kizenga cy’amazi (icyinyonzo) i Karama, yarishwe anamburwa igari.
Sindambiwe Theoneste w’imyaka 22 wo mu mudugudu wa Kamonyi mu kagari ka Murambi, mu murenge wa Cyato wo mu karere ka Nyamasheke yagwiriwe n’ikirombe kimuheza umwuka ubwo yari yagiye kwiba amabuye y’agaciro ya coltan mu kirombe cya Koperative CODINYA muri uwo murenge.
Minisitiri w’Uburezi mu Rwanda arasaba abaturage bo mu murenge wa Bungwe, mu karere ka Burera, kureka burundu ikiyobyabwenge cya kanyanga kuko bizatuma umutekano usagamba mu ngo zabo.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Nyanza mu murenge wa Busasamana mu kagali ka Nyanza mu mudugudu wa Kavumu bakomeje kwibasirwa n’ubujura bubibasira mu ngo bakibwa ibikoresho bitandukanye ndetse n’imyaka yabo yo mu mirima.
Mukamana Alphonsine na Mukagashugi Mariam bafungiye kuri station ya polisi ya Nyamagana mu karere ka Ruhango guhera tariki 24/05/2013 bakurikiranyweho gucuruza inzogo itemewe y’Igikwangari.
Mukeshimana Furaha utuye mu mudugudu wa Kabusagara mu kagari ka Kabere mu murenge wa Kivumu mu karere ka Rutsiro avuga ko nta bushobozi asigaranye bwo gucuruza nyuma y’uko abajura bamwibye inshuro ebyiri bakamutwara amafaranga ibihumbi 56.
Ahagana saa mbili na mirongo itanu z’ijoro ryo kuri uyu wa gatanu tariki 24/05/2013, abaturage bo mu murenge wa Kinigi mu karere ka Musanze, bakanzwe n’urusaku rw’amasasu gusa kugeza ubu icyateye aya masasu ntikiramenyekana.
Abantu barindwi bafungiye kuri station ya Polisi ya Rubavu bakurikiranyweho ibikorwa byo gukopera ibizami by’impushya z’ibinyabiziga mu manyanga taliki 21/05/2013. Abacyekwa bagishakishwa ni 48.
Nyandwi Felicien w’imyaka 42 y’amavuko wo mu mudugudu wa Gaseke mu kagari ka Gatare mu murenge wa Macuba wo mu karere ka Nyamasheke afungiye kuri Station ya Police ya Kanjongo muri aka karere nyuma yo gukomeretsa umugore we amukata umunwa.
Ntuyenabo ukomoka mu murenge wa Remera ufite imyaka 23,yafatiwe mu cyuho amaze kwiba ibitoki mu murenge wa Kibungo mu gitondo cyo kuri uyu wa 23/05/2013 saa 5h00 za mu gitondo.
Bibukwishaka Gad ushinzwe gukwirakwiza ibicuruzwa bya MTN muri zone ya Kivumu mu karere ka Rutsiro yatangiriwe n’abajura ku mugoroba wo kuwa gatatu tariki 22/05/2013 bamutwara amakarita yo guhamagara, simukadi n’amafaranga byose hamwe bifite agaciro k’ibihumbi 225.
Hatari Jean Bosco, Nsengiyumva Theophile na Nyandwi alias Jean Kavuyo bibye inka mu gihugu cya Uganda mu rwuri rw’uwitwa Mamenero utuye muri Disctrict ya Kabare ariko ku bufatanye n’inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Bugande izo nka zasubijwe nyirazo.
Ku mugorobwa wo kuwa 22/05/2013, inzego z’umutekano z’ifatanyije n’ubuyobozi bw’akarere ka Rusizi bashwanyaguje imitego ya kaningini yangiza amafi n’ibiyakomokaho mu kiyaga cya Kivu, banatwika urumogi bifite agaciro k’amafaranga 12.270.500.
Umugabo witwa Nzarengerwanimana w’imyaka 32 wo mu murenge wa Nyamiyaga mu karere ka Gicumbi mu gitondo cyo kuri uyu wa 22/05/2013 ahagana saa mbiri basanze umurambo we umanitse mu giti mu murenge wa Rutare mu mudugudu wa Gasharu mu kagari ka Munanira.
Habimana Emmanuel w’imyaka 35 y’amavuko utuye mu kagali ka Katarara mu murenge wa Ntyazo mu karere ka Nyanza mu gitondo tariki 22/05/2013 yapfumbatishije ruswa y’amafaranga ibihumbi 20 umupolisi wari umufatanye amashashi yaciwe mu gihugu yanga kuyakira ahubwo amuta muri yombi.
Umukwabo Polisi y’igihugu yakoze mu gitondo tariki 22/05/2013 mu murenge wa Ntyazo uhana imbibi n’igihugu cy’u Burundi wafatanye abantu 17 inzoga z’inkorano zihita zimenerwa imbere y’amaso y’abaturage.
Mu ijoro ryakeye, abajura bateye mu ngo z’abagabo babiri bakora mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro (Egide na Mbarushimana) batuye mu kagari ka Kagarama mu murenge wa Musha bica abaturanyi babiri batabaye, batema abandi umunani.
Ntaganda Telesphole w’imyaka 30 y’amavuko wakoraga umwuga w’ubushoferi ku modoka ya muramu we yasanzwe mu nzu yapfuye kandi tariki 20/05/2013 yari yaryamye ari muzima.
Ahagana saa sita z’amanywa tariki 21/05/2013, nibwo byari bimaze kumenyekana ko inzu abanyeshuri b’abahungu bararamo mu kigo cya College APARUDE giherereye mu mujyi wa Ruhango yibasiwe n’inkongi y’umuriro.
Mu nama ya komite ishinzwe imiturire mu karere ka Nyamagabe yateranye kuri uyu wa kabiri tariki 21/05/2013, hafashwe ingamba zo kwihutisha ibikorwa byo kwimura abaturage batuye ahantu hashobora kwibasirwa n’ibiza mu buryo bworoshye bagatuzwa mu midugudu hagamijwe kurengera ubuzima bwabo.
Mu gitindo cyo kuri uyu wa kabiri tariki 21/05/2013, Pasiteri Bisimwa yaje kubwiriza mu mujyi wa Kamembe maze abwira abamotari ko kubera ibyaha bakora bagiye guhura n’impanuka 12 ndetse akaba yababwiye n’aho zizabera.
Abantu 14 bafashwe bashaka gukorera abandi ikizamini cy’uruhushya rw’agateganyo rwo gutwara ibinyabiziga, mu gihe abandi batatu bo bari bafite impapuro zemeza ko bishyuye (guitence) z’impimbano.
Nyuma y’igihe kitagera ku kwezi inyubako z’ishuri rya Ecole de Science Byimana zibasiwe n’umuriro, mu ijoro rya tariki 20/05/2013 izindi nyubako z’iryo shuri zafashwe n’umuriro zirashya zirakongoka n’ibirimo byose.