Uwamusetsa Marianna w’imyaka 30 wo mu mudugudu wa Rwabagoyi, akagari ka Mataba mu murenge wa Shangi afungiye kuri Station ya Polisi ya Ruharambuga akekwaho kwica umwana yari yabyaye mu gitondo cyo wa kabiri, tariki 11/06/2013, ariko we akabihakana.
Habamungu Isac utuye mu murenge wa Rukira yateye urugo rw’uwahoze ari umugore we Ingabire Monique, tariki 10/06/2013, ateragura abantu ibyuma bane bari bahuruye umwe muri bo yitaba Imana.
Abana babiri bari munsi y’imyaka 17 n’umusore w’imyaka 22 batawe muri yombi n’ aba-local defense bakurikiranweho kwiba terefone ngendanwa mu isoko rya Gakenke, Akarere ka Gakenke kuri uyu wa Kabiri tariki 11/06/2013.
Abanyeshuri biga mu ishuri ryisumbuye rya E.S.Gahunga riherereye mu murenge wa Gahunga, mu karere ka Burera, barasaba ubuyobozi bw’ako karere kubarinda impanuka bakunze guhura nazo kubera umuhanda wa kaburimbo unyura mu kigo cyabo.
Hagumimana Jean Bosco asabira imbabazi gutunda no gucuruza ikiyobyabwenge cy’urumogi, akavuga ko kuva yafatwa amaze kumenya ububi bwacyo kandi agisabira imbabazi.
Ubwo hatangizwaga icyumweru cya Polisi mu karere ka Kirehe, hasobaniwe ko Polisi yihaye inshingano yo gukangurira abantu cyane cyane urubyiruko kwirinda ibisindisha n’ibiyobyabwenge kuko bibangiriza ubuzima.
Umwana w’umuhungu w’imyaka 15 ukomoka mu murenge wa Base ho mu karere ka Rulindo, avuga ko yishe umwana w’umukobwa w’umuturanyi w’iwabo wari afite imyaka itatu.
Igikorwa cyo gutangiza icyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi mu karere ka Huye cyaranzwe no gusibura hamwe mu hari ibimenyetso bigaragaza aho abanyamaguru bambukira mu muhanda wa kaburimbo (zebra crossing) unyura rwagati mu mujyi wa Butare.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera burasaba abaturage bo muri ako karere bafite “ibicugutu” cyangwa “ibitogotogo” bikoze mu biti ko barekera aho kubigendaho kugira ngo birinde impanuka bibatera.
Impanuka y’imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Daihatsu yabereye mu murenge wa Shangi mu karere ka Nyamasheke tariki 09/06/2013 yakomerekeyemo abantu batandatu bahise bajyanwa ku Bitaro bya Bushenge.
Uwingabire Donatha w’imyaka 18 ukomoka mu karere ka Nyanza yafatiwe mu karere ka Rusizi ku mugoroba wa tariki 08/06/2013 yibye umwana muto w’imyaka ibiri wo mu rugo yakoragamo i Kigali.
Niyonsenga Jean w’imyaka 25 uzwi ku izina rya Gumiriza wo mu mudugudu wa Rubavu, akagari ka Nyamugari mu murenge wa Shangi afungiye kuri Station ya Polisi ya Ruharambuga mu karere ka Nyamasheke azira gukubita se inyundo mu mutwe ngo kuko yari yahaye mushiki we umunani.
Umwana w’imyaka 11 wo mu mudugu wa Badura, akagari ka Kamashangi mu murenge wa Kamembe, yatwitswe amaboko na nyina umubyara witwa Uwizera amuziza ko afite ngeso yo kumwiba.
Uwamungu Jacqueline w’imyaka 22 wari utuye mu mudugudu wa Rugandu, akagari ka Nyarutamana mu murenge wa Byumba yishwe n’abagizi ba nabi bataramenyekana bamuciye umutwe n’amaboko.
Umukecuru witwa Mukamuganga Thacienne w’imyaka 58 wo mu mudugudu wa Gahwazi, akagari ka Kamatita ho mu mu murenge wa Gihundwe yari agiye kwicwa n’umwana yibyariye witwa Ingoboke Egide w’imyaka 23.
Umugabo witwa Vincent Yambabariye wari ucumbitse mu mudugudu wa Mataba y’epfo, akagari ka Kabugondo mu murenge wa Mugina, yatorotse urugo rwe, mu gihe abaturanyi bahasanze umurambo w’umugore we bari baraye batonganye.
Ndererimana Bosco wari utuye mu murenge wa Mushonyi yateye icyuma umugore we tariki 03/06/2013, amuziza ko yamutangagaho amakuru igihe yabaga yatorotse TIG, akomeretsa umukobwa we arangije na we anywa umuti wica udukoko twangiza ibihingwa yitaba Imana.
Polisi yo mu karere ka Rubavu yashoboye kugaruza telefoni z’uwitwa Baba Ushindi zari zatwawe n’uwitwa Hassan Sibomana taliki 22/05/2013 nyuma y’uko mu mujyi wa Goma humvikanye umutekano mucye.
Umwana w’umukobwa w’imyaka 16 afungiye kuri station ya Polisi mu mujyi wa Gisenyi azira kuba agira uruhare mu gutera amabuye abamurera.
Ngaboyisonga Alphonse w’imyaka 57 wari utuye mu kagari ka Rubona mu murenge wa Kinazi yaraye yivuganywe n’abajura mu ijora rya tariki 06/06/2013.
Mu gihe mu karere ka Ngoma havugwa impanuka zitari nke, abatwara abagenzi ku magare no kuri moto barashinjwa kugira uruhare muri izo mpanuka kubera kwica amategeko y’imihanda.
Abana b’inzererezi bagera kuri 25 mu mujyi wa Gisenyi biyise intumwa za Shitani kubera ibikorwa bakora by’ubwambuzi no kugirira nabi ushaka kubarwanya mu bikorwa byabo.
Nyuma y’uko umugabo witwa Gihana Yohani ukomoka mu murenge wa Mugombwa akarere ka Gisagara yiyahuye anyweye umuti witwa simikombe agapfa, ubuyobozi bw’uyu murenge buratangaza ko nta mpamvu yo kwiyahura bukanahamagarira abayurage kubwiyambaza igihe bafite ibibazo.
Mu ijoro ryo kuri uyu wa kane tariki 06/06/2013 ahagana mu ma saa mbiri, amazu ane y’ubucuruzi mu mujyi wa Muhanga yafashwe n’inkongi y’umuriro arashya akongokana n’ibyari birimo kuko abari aho batabashije gusohora ibyari birimo.
Impanuka ya Busi nini ya Horizon yabaye tariki 05/06/2013 ahagana saa saba z’amanywa mu mudugudu wa Nyamiyaga mu kagali ka Gatagara mu murenge wa Mukingo mu karere ka Nyanza yakomerekeyemo abantu 15 ubwo imodoka yarengaga umuhanda.
Kuwa 01/06/2013, ahagana saa kumi n’ebyiri z’umugoroba mu kagari ka Kamashangi mu murenge wa Kamembe inzego z’umutekano zarabutswe umugabo wikoreye igikapu zimukekaho kuba yahungabanya umutekano dore ko aribwo bwa mbere bari bamubonye bashatse kumuhagarika kugirango bamubaze uwo ariwe ahita ajugunya igikapu yari afite ariruka.
Abayobozi b’utugari n’imirenge igize akarere ka Ngoma barasabwa gushyira ingufu mu kurwanya ibiyobyabwenge birimo urumogi na kanyanga kuko imibare y’ababifatanwa igenda yiyongera cyane bityo bikaba biteye impungenge ko ikoreshwa ryabyo ryiyongereye.
Bitariho Celestin w’imyaka 67 utuye mu mudugudu wa Munini, akagari ka Kigabiro, umurenge wa Rutare yaraye yivuganye umugore we Bantegeye Xaverina w’imyaka 63 amukubise isuka ya majagu mu mutwe arangije nawe ahita yiyahuza umuti bita Rava ahita apfa.
Umuyobozi w’ikigo nderabuzima cya Munyinya cyo mu murenge wa Rukomo mu karere ka Gicumbi witwa Nsabimana Aloys yaburiwe irengero nyuma yo guta akazi agashakishwa akabura.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Rweru mu karere ka Bugesera buratangaza ko ikibazo cy’urugomo giterwa n’intaragahanga cyahagurukiwe n’inzego z’umutekano, ku buryo hari icyizere ko nta muturage uzongera guhohoterwa n’abo banyarugomo.