Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwasinyanye na Polisi y’igihugu n’ishyirahamwe ry’amasosiyete y’ubwishingizi amasezerano agamije kurinda ibikorwaremezo by’umujyi n’abawurimo. Igikorwa kizungura impande zose kinarusheho kongera umutekano mu murwa mukuru w’igihugu.
Nyuma y’uko mu minsi ishize hari abagore babiri batashye barira ntacyo bacyuye cyo guha abana kandi baje guhaha, ahagana saa 13h zo kuri uyu wa Kabiri tariki 16/07/2013, undi mugore witwa Mukankubana Immaculee yariwe amafaranga 6.000 yari yazanye guhaha nyuma yo kuyasheta mu mukino uzwi nka “kazungunarara”.
Umusore witwa Nsanzimana Evariste, wari utuye mu kagari ka Kagitega, umurenge wa Cyanika, akarere ka Burera, yitabye Imana akubiswe ibuye mu mutwe bikaba bikekwa ko yishwe na mugenzi we bari bavanye mu bukwe, basangiye ikigage.
Icyimpaye Leoncie w’imyaka 61 wari utuye mu mudugu wa Kangoma mu kagari ka Kizibere umurenge wa Mbuye mu karere ka Ruhango, umurambo we bawusanze mu rutoki hafi yaho yahingiraga uwitwa Munyaneza Frodouard ku mugoroba wa tariki 15/07/2013.
Umugore witwa Kampundu Gerardine w’imyaka 20 y’amavuko yatemye nyina umubyara witwa Dusabe Espèrance w’imyaka 39 y’amavuko amukomeretsa ku matako no ku maboko amuziza ko yamufashe asambana n’umukwe we.
Abantu umunani bo mugasantire ka Ntenyo mu kagari ka Ntenyo mu murenge wa Byimana mu karere ka Ruhango bari mu maboko ya polisi nyuma yo gufatanwa inzoga z’inkorano zirimo ibikwangari na Kanyanga bacuruzaga.
Kuri sitasiyo ya Polisi ya Runda mu karere ka Kamonyi, hacumbikiwe umugabo n’umugore bazira guhishira aho bashyize umurambo w’umwana wa bo umaze amezi atandatu apfuye. Bakaba bari babeshye ko bamushyinguye aho bavuka, ariko nyuma bigatahurwa ko bamujugunye mu nsi y’urutare.
Baganizi Hakizimana w’imyaka 42 wakoraga umwuga w’ubukarani mu mujyi wa Ruhango mu karere ka Ruhango, yishwe n’abantu bataramenyekana bamujugunya mu mujyende w’amazi uri hafi y’isoko rya Ruhango.
Uwimana Jean De Dieu w’imyaka 26 uvuka mu murenge wa Mururu mu karere ka Rusizi avuga ko hari ibinyamakuru byanditse bivuga ko yanyerejwe na Leta y’u Rwanda kandi ari ibinyoma.
Mu gihe cya saa mbiri z’ijoro tariki 14/07/2013 imodoka yo mu bwoko bwa Toyota coaster ya Volcano express yari ivuye i Kigali yageze ahitwa mu kagari ka Munini umurenge wa Ruhango akarere ka Ruhango igongana n’ivatiri hakomereka abantu bane.
Nyuma yuko tariki 11/06/2013 abantu babili bo mukagali ka Gatonde mu murenge wa Kibungo baguye mu byumba by’amasengesho babasengera ,undi musaza w’imyaka 60 yongeye kugwa mu cyumba cy’amasengesho tariki 12/07/2013.
Inzego z’umutekano mu karere ka Ruhango zifatanyije n’abaturage, hakozwe umukwabo mu mujyi wa Ruhango hafatwa inzego z’inkora “ibikwangari” bingana na litiro 860 n’inzererezi 43 harimo abagabo 39 n’abagore bane.
Nyuma yuko Umunyekongo Mushamuka Jean Marie atishyuwe amafaranga miliyoni esheshatu y’izoga za Vin Rouge byakuruye impaka ndende bibaviramo gufatanywa iyo magendu n’inzego z’umutekano.
Mu rukerera rwo kuri uyu wa gatanu tariki 12/07/2013, Mu murenge wa Nyamiyaga, akagari ka Bibungo, mu mudugudu wa Rwabinagu, hakozwe umukwabo; maze ufata litiro 24 za Kanyanga, n’ibintu bikorwamo inzoga z’inkorano.
Umugabo witwa Munyemana Felicien wari utuye mu murenge wa Gahengeri mu karere ka Rwamagana ari mu bitaro bya Kaminuza bya Kigali CHUK aho yagejejwe amaze kwitema ijosi ngo yiyahure nyuma y’uko yari amaze gutema umugore we n’umwana babyaranye bagapfa.
Kanyamibwa Antoine w’imyaka 34 yongeye gutabwa muri yombi ku nshuro ya kabiri akekwaho kwenga inzoga y’igikwangari akanayicuruza.
Igenzura ryakorewe umucungamutungo w’umurenge wa Nyabirasi, Jean Claude Uwumukiza, rigaragaza ko hari amafaranga yakoreshejwe ku murenge wa Nyabirasi abereye umucungamutungo ndetse no ku murenge wa Manihira yabanje gukoramo mbere, nyamara ntihagaragare impapuro zisobanura uko ayo mafaranga yakoreshejwe.
Mu masaha ya saa saba z’ijoro rishyira kuri uyu wa 11/7/2013, inkongi y’umuriro yibasiye iduka ry’uwitwa Duniya Theoneste wacururizaga muri santere ya Rubaya mu murenge wa Rubaya rirakongoka rirashira.
Sahabo Faustin uyobora ishuri ryisumbuye rya APAKAPE riherereye mu karere ka Rutsiro ari mu maboko ya polisi guhera tariki 10/07/2013 akurikiranyweho icyaha cy’ingengabitekerezo ya Jenoside n’ibindi byaha bifitanye isano na yo.
Abantu batatu barimo abakozi babiri b’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru (ORINFOR) batawe muri yombi na Polisi bakurikiranweho kwiba impapuro zakoreshwaga n’icapiro ry’icyo kigo bakazigurisha.
Abaturage bataramenyekana mu murenge wa Muganza mu kagari ka Cyarukara bateye amabuye inzego z’umutekano ubwo zari ziri mu kazi mu ijoro ryo kuwa 08/07/2013, ahagana saa tatu z’ijoro.
Mu mudugudu wa Kabagesera, akagari ka Kabagesera, umurenge wa Runda; hafatiwe inzoga z’inkorano zisaga litiro 2500. Mu hantu habiri zengerwaga, basanze ba nyiri inzengero batorotse, hakaba harimo umukuru w’umudugudu wa Rugogwe.
Nyuma y’uko Nyaminani Daniel w’imyaka 93 wo mu murenge wa Rangiro agerageje kwiyahura akoresheje umuti wica udukoko (simukombe) tariki 08/07/2013; yaje gupfa tariki 09/07/2013 aguye ku Bitaro bya Kibogora aho yari yajyanywe igitaraganya mu rwego rwo kumutabara.
Nyuma y’igihe gito ubuyobozi bw’akarere ka Rusizi bwihanangirije abavugabutumwa bakorera ahatemewe n’amategeko cyane cyane mu mihanda, ubu noneho hari itsinda ry’abantu 15 baje baturutse mu murenge wa Muganza bagenda bavuga ubuhanuzi akabari ku kandi ndetse no mu mihanda uwo bahuraga wese bamubwiragako agomba kwihana.
Polisi y’igihugu ikorera mu karere ka Nyanza yaburijemo umugambi mubi wari ufitwe n’insoresore eshatu zari mu modoka y’ivatiri zifite gahunda yo guhangika abantu no kubakwirakwizamo amafaranga y’amahimbano.
Akarere ka ka Rusizi gafatanyije n’inzego z’umutekano bahagurukiye guhiga imbwa zikunze kwaduka muri aka karere mu gihe cy’impeshyi zikarya abantu n’amatungo.
Nyuma y’uko ishyamba ryo mu murenge wa Kilimbi mu karere ka Nyamasheke ryafashwe n’inkongi y’umuriro hagashya ahasaga hegitare 16, irindi ryo mu murenge wa Mahembe naryo ryahiye hegitare 7 ndetse n’isambu ya hegitari 8 irashya mu karere ka Ngoma.
Imodoka y’ijipe yo mu bwoko bwa Nissan yaturukaga mu nzira za Hotel Lemigo yerekeza i Remera, iyobye umuhanda kubera umuvuduko mwinshi yari ifite ihitana umumotari wari mu nzira mbere yo kugonga abagenzi babiri bihitiraga.
FUSO yari ipakiye inyanya yaturukaga mu gihugu cya Uganda yerekeza i Rubavu, yakoze impanuka mu ma saha ya saa yine z’amanywa tariki 09/07/2013 mu murenge wa Mukamira, akagari ka Rurengeri mu karere ka Nyabihu.
Ubuyobozi bw’akarere ka Gicumbi burasaba abantu basengera mu ishyamba riri munsi y’inkambi ya Gihembe irimo impunzi z’Abanyekongo kubireka kuko biri mu bintu biteza umutekano muke.