Bamwe mu bacuruzi bo mu karere ka Rusizi baravuga ko guhura n’ikigo cy’igihugu gishinzwe imisoro n’amahoro (RRA) bakaganira bibafasha gusobanukirwa neza gahunda y’imikorere n’imikoranire hagati yabo n’icyo kigo, bikabarinda kutubahiriza igihe cyo gusora kuko hari igihe bacibwa amande biturutse ku kudasobanukirwa neza (...)
Abakora umwuga wo gutwara abantu kuri moto (Abamotari) bakorera mu mujyi wa Nyanza bakomeje kutavuga rumwe n’amasosiyete atwara abagenzi mu modoka ahakorera aho bayashinja gutwara abantu ku buntu mu ngendo nto ziva cyangwa zijya muri uyu mujyi n’inkengero zawo.
Mu nama y’iminsi ibiri yabereye mu ntara ya Cibitoki guhera tariki ya 4/11/2014 yahuje abagore bakora ubucuruzi buciriritse bwambukiranya imipaka hagati y’u Rwanda, Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC) n’u Burundi ku mipaka ya Bugarama, Kamanyora na Cibitoki hamwe n’inzego zikora ku mipaka, hagaragajwe ko hari (...)
Nsabimana Straton, umusore w’imyaka 20 y’amavuko wo mu karere ka Ruhango, umurenge wa Ruhango, utunzwe no gucuruza isombe asya yifashishije akamashini kabigenewe, avuga ko imaze kumugeza ahantu hashimishize.
Mu gihe hitegurwa amatora y’abahagarariye urugaga rw’abikorera mu gihugu, hirya no hino mu turere hari gukorwa ibiganiro bigamije gusobanura inshingano z’urugaga rw’abikorera PSF ari nako basaba abikorera kugira ibyo batekereza byakomeza kubateza imbere.
Abajyanama mu by’ubucuruzi bo mu karere ka Nyamasheke bari bamaze iminsi icumi mu mahugurwa ajyanye no gucunga imishinga n’imari ndetse no gukora ubucuruzi bwunguka biyemeje kuyabyaza umusaruro kugira ngo bazabashe kugera ku ntego biyemeje.
Abakora imyuga itandukanye mu mujyi wa Ngororero bamaze amezi abiri bimuriwe mu gakiriro kubatswe muri aka karere ariko bavuga ko abakiriya batarabamenyera ngo bahabasange. Ibi byatumye akarere kabaha umwaka bakora badakodesha amazu kugira ngo babanze bimenyereze.
Abanyehuye bakora umwuga w’ubucuzi binubira abagura ibyuma bitagifite umumaro bakunze kwita injyamani bakabijyana mu gihugu cya Uganda, kuko ngo batuma babura bimwe mu bikoresho ubundi bifashisha mu mwuga wabo.
Mu Karere ka Karongi bari mu imurikabikorwa aho abafatanyabikorwa mu iterambere ry’akarere bose bahuriye mu busitani bw’Umujyi wa Kibuye berekana ibyo bakora n’ibyo bamaze kugeraho.
Umushinga REACH-T (Rwanda education alternatives for children tea growing areas) ushinzwe kurwanya imirimo ivunanye ikoreshwa abana urasaba inzego za Leta, abikorera n’abandi bose gukumira abakoresha abana imirimo y’ingufu kubwumwihariko abakoreshwa mu mirima y’ibyayi.
Abarobyi bo mu kiyaga cya Rweru mu karere ka Bugesera binjiza nibura miliyoni imwe y’amafaranga y’u Rwanda buri cyumweru bayakuye mu burobyi by’amafi.
Abajyanama b’ubucuruzi bo mu karere ka Kayonza bemeza ko mu gihe cy’ibyumweru bibiri bamaze mu mahugurwa kuri gahunda ya “Kora Wigire” bungutse ubumenyi buzabafasha gukorera ababagana imishinga myiza ku buryo nta banki izajya ipfa kuyanga.
Mu isoko rya Gasarenda riherereye murenge wa Tare, mu karere ka Nyamagabe, hari ikibazo cy’abacuruza ibiribwa birimo amandazi, ibidiya n’amasambusa bidaphundikiye bigatuma hajyamo ivumbi cyangwa za mikobi zishobora guteza abaturage indwara zituruka ku mwanda.
Jua kali/Nguvu kazi ni imurikabikorwa ngarukamwaka ry’abanyabukorikori baturuka mu bihugu bitanu bigize Afurika y’uburasirazuba, aho bahura berekana ndetse banasangira ubunararibonye ku bihangano byabo by’ubukorikori.
Bamwe mu bacuruzi bo mu Karere ka Gatsibo batumiza ibicuruzwa hanze y’igihugu baravugwaho kugira imyitwarire itari myiza, aho bakora amakosa ku bushake bagamije gutubya umusoro cyangwa amahoro ya gasutamo bagomba gutanga hagendewe ku ngano y’ibicuruzwa batumije.
Ikigo cy’imisoro n’amahoro (Rwanda Revenue Authority/RRA) cyafatiriye imitungo y’umushoramari witwa Aboyezantije Louis, ngo ufitiye Leta ibirarane by’imisoro ingana n’amafanga miliyoni 222, akaba ari we nyir’isoko rya Kabeza, mu murenge wa Kanombe, mu mujyi wa Kigali.
Abajyanama bakaba n’abafashamyumvire mu by’ubucuruzi bo mu karere ka Gatsibo, barasabwa kwiyubakamo ikizere mu kazi kabo ka buri munsi kugira ngo babashe kuzuza inshingano bafite.
Abajyanama mu bucuruzi 24 bo mu mirenge yose igize akarere ka Kayonza bari guhugurwa kuri gahunda ya Kora Wigire hagamijwe kubongerera ubumenyi buzatuma barushaho gutanga ubujyanama kuri ba rwiyemezamirimo bashya.
Ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga buratangaza ko imurikagurisha riri kuba ryagaragaje udushya tunyuranye ugereranyije n’andi yaribanjirije.
Bamwe mu bacururiza mu isoko rishya rya Nyagatare bavuga ko imyubakire mibi y’isoko yabateje ibihombo, ariko ubuyobozi bw’akarere kukemeza ko gutunganya imiyoboro itwara amazi bizatangira gukorwa guhera mu gushyingo uyu mwaka.
Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, François Kanimba, yemeza ko imurikagurisha riteza imbere ubucuruzi bushingiye ku ipiganwa mu bikorwa byiza kandi ngo rikaba isoko yo kwihangira imirimo kuko abaryitabira bahavana ibitekerezo bituma bahanga ibikorwa by’ingirakamaro.
Kuva mu ntangiriro z’uyu mwaka w’amashuri, umugabo witwa Safari Theophile wo mu murenge wa Bwira mu karere ka Ngororero yatangiye umushinga wo gukora ingwa zikoreshwa mu kwandika ku bibaho (tableaux noirs) mu mashuri, ubu zaramaze gukundwa n’abarimu bo muri uwo murenge kuburyo arizo bakoresha gusa.
U Rwanda n’u Budage byashyize umukono ku masezerano yo koroshya ibijyanye n’ingendo z’indege aho kompanyi y’indege ya Rwandair izashobora kujyana no kuvana abagenzi mu Bugade.
Ikigo cy’imisoro n’amahoro (Rwanda Revenue Authority/RRA) cyatangaje ko abantu ku giti cyabo cyangwa ibigo, bafite ibirarane by’imisoro by’imyaka igera cyangwa irenga ibiri, ko bagiye gufatirwa imitungo yabo, bakanakurikiranwa mu nkiko kuko batihutiye kwishyura cyangwa kuvuga ibibazo bagize.
Uwimpuhwe Ariane Jeannette ni umukobwa akora akazi ko kotsa ibiribwa bitandukanye kazwi nko gucoma ubusanzwe gakunze gukorwa n’abagabo. Asanga akazi kose abakobwa bagakora kuko bafite ingufu n’ubushobozi, bityo akangurira abakobwa bagenzi kwitabira akazi nkako.
Aborozi bo ku Buhanda mu karere ka Ruhango, baravuga ko ubworozi bw’inka bubateza ibihombo, kuko batabona aho bagemura umukamo wabo, ugasanga n’amafaranga bakuramo ntabasha no kubagurira ubwatsi bw’inka.
Uruganda rutunganya inzoga zitandukanye mu Rwanda, Bralirwa, rwashyize ku isoko icupa rishya ry’inzoga ya Heineken ryise “The Cities” mu rwego rwo kwiyegereza abakiriya bayo.
Abahinzi b’imboga zitandukanye mu bishanga byo mu karere ka Kamonyi barishimira isoko ryubakwa muri Bishenyi, kuko rizaborohereza ingendo bakoraga bajya kugurisha umusaruro wabo mu mujyi wa Kigali.
Abaturage bo mu murenge wa Gitambi, mu karere ka Rusizi bakoze umuhanda Mashesha-Mibilizi barasaba kurenganurwa kuko bamaze imyaka ine batarishyurwa kandi umuhanda barawurangije kera rwiyemezamirimo wabakoresheje bakamubura ngo abishyure.
Abaturage bo mu mirenge itatu ariyo Ndaro na Bwira yo mu karere ka Ngororero hamwe n’umurenge wa Rusebeya wo mu karere ka Rutsiro barema isoko rya Gashubi mu murenge wa Bwira barasaba Leta kububakira iryo soko kuko riremwa n’abantu benshi ndetse rikaba rifite uruhare mu kwinjiriza akarere amafaranga menshi aturuka ku misoro.