Bamwe mu bikorera bo mu Karere ka Muhanga biganjemo abacuruzi usanga hakiri ibinengwa bigomba gukosorwa kuko bitabereye Umunyarwanda wamaze kumva ibyiza byo gutanga serivisi nziza.
Uruhushya rwo kuroba rugiye kujya ruhabwa koperative umurobyi abarizwamo aho guhabwa umurobyi ku giti cye bikazatangira gushyirwa mu bikorwa ku wa 06/09/2014, iki cyemezo kikaba kigiye gukoma mu nkokora bikomeye ba rushimusi b’amafi n’isambaza mu kiyaga cya Kivu.
Ku nshuro ya 13 ikigo cy’igihugu cyu’imisoro n’amahoro cyizihiza isabukuru y’abasora, hirya no hino mu Ntara hateguwe ibirori byo kuwizihiza.
Abacuruzi bo mu Isoko rya Byangabo, Umurenge wa Busogo barasaba ubuyobozi kubashyirira umuriro w’amashanyarazi mu isoko kuko umwijima ubabuza gukora nimugoroba bigatuma bataha kare ari bwo abakiriya batangiye kuza guhaha.
Abenshi mu bamotari bakorera mu karere ka Kamonyi, bambaye amajile y’umuhondo , ashushanyijeho telefoni igendanwa bigaragara ko ari bimwe mu biranga Sosiyeti y’itumanaho MTN na serivisi itanga ya Mobile Money.
Ikigo cy’imisoro n’amahoro (RRA) cyavuze ko gikomeje kongera umubare w’abasora no kunoza servisi, kugira ngo mu mwaka utaha kizagere ku ntego yacyo, nyuma y’aho muri uyu mwaka ushize w’ingengo y’imari 2013-2014 cyakiriye miliyari 769 z’amafaranga y’u Rwanda, ahwanye na 96.9% y’ayo gisabwa.
Abacuruzi bo mu karere ka Rusizi bari mu muryango FPR Inkotanyi barasabwa kubyaza umusaruro amahirwe bafite biteza imbere cyane cyane baharanira kwinjiza ibicuruzwa byabo mu isoko mpuzamahanga.
Nubwo ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuziranenge cyashyizeho amabwiriza y’imikoreshereze y’iminzani, abaturage bo mu murenge wa Bugeshi akarere ka Rubavu bavuga ko bagikoresha iminzani ya cyera kuko imishya itaragera muri uyu murenge.
Abagurira inka mu isoko rya Ruhango baravuga ko bahangayikishijwe no kuba hari abazana inka mu isoko bazuhiye amazi n’umunyu byinshi ku ngufu, bakazigura zigaragaza ko ari nini, ariko bamara kuzigura zigahita zitakaza ubunini bazibonagaho ndetse zimwe zigapfa.
Musabyimana Rose utuye Buhanda mu murenge wa Kabagali mu karere ka Ruhango, aravuga ko yatangiye gukorana n’ikigo cy’imari ari umukene utagira epfo na ruguru, ariko ubu amaze guhindura byinshi aho atuye ndetse n’abaturanyi be bakaba basigaye bamwigiraho byinshi.
Abagore bakora ubucuruzi bwambukiranya imipaka mu bihugu by’u Rwanda, u Burundi na Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo bavuga ko barambiwe ibibazo bahura nabyo muri ubu bucuruzi none biyemeje gushyiraho ishyirahamwe mu rwego rwo kubishakira ibisubizo.
Abarema n’abacururiza mu isoko rya kijyambere rya Kabukuba mu karere ka Bugesera baravuga ko bafite inzitizi y’imihanda yerekeza kuri iri soko bikaba bituma ritaremwa cyane nubwo riza ku mwanya wa gatatu w’amasoko yitabirwa muri Bugesera.
Urugaga rw’Abikorera mu Ntara y’Iburasirazuba ku bufatanye n’Ubuyobozi bw’iyi Ntara, barategura imurikagurisha ngarukamwaka ryo ku rwego rw’iyi Ntara, riteganyijwe gutangira tariki ya 18 rikageza 28 Nzeri 2014 mu karere ka Rwamagana.
Abakozi bubatse inzu y’ubucuruzi y’abahabwa inkunga y’ingoboka (VUP) mu murenge wa Muganza mu karere ka Gisagara, baratangaza ko bahangayikishijwe no kuba barakoze ntibahembwa bakavuga ko birimo kubagiraho ingaruka zitandukanye zirimo ubukene no kutabasha gutanga ubwisungane mu kwivuza.
Abanyamuryango 30 ba koperative ya ba karaningufu bo mu mujyi wa Ngororero baravuga ko batishimiye imikoranire yabo n’abacuruzi bo muri uwo mujyi kuko itabateza imbere nk’uko bigenda ahandi bavuga ko ba karingufu babayeho mu buzima bwiza.
Abahuriye mu ihuriro ry’abavumvu bo mu gace kegereye ibirunga barasabwa kudategereza buri gihe inkunga bahabwa ahubwo bakishakamo ubushobozi nabo bakikorera ibyo baba bakeneye kuko aribwo bazagera ku iterambere rirambye.
Minisitiri w’inganda n’ubucuruzi, Kanimba Francois, mu ruzinduko rwe yagiriye mu karere ka Ruhango tariki 16/07/2014, yasuye uruganda rw’imyumbati ruri mu murenge wa Kinazi ndetse n’urw’umuceri ruri mu murenge wa Mwendo ahitwa Gafunzo.
Bamwe mu baturage batuye mu bice bitandukanye bigize umurenge wa Gashenyi mu karere ka Gakenke bavuga ko badakunze kworoherwa n’urugendo bakora bagiye kurema isoko bitewe nuko mu murenge wabo ntaryo bagira.
Mbonimpa Slyvestre wahawe isoko ryo kubaka ikimoteri cy’akarere ka Ruhango, aravugwaho kwambura abo yakoresheje amafaranga angana na miliyoni 2 n’ibihumbi 225, nyamara we akarere kamuhaye isoko kakaba karamaze kumwishyura angana na miliyoni 113.
Abagore n’abagabo bazwi ku izina rya “abazunguzaji” bacururiza ibintu bitandukanye mu muhanda barasaba ahantu ho gukorera nko muri Gare ya Musanze bagasezerera gukorera mu muhanda bahurira n’ibibazo byinshi, nk’uko babyemeza.
Ubuyobozi bw’ikigo cy’igihugu gishinzwe kohereza mu mahanga ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi (NAEB) ngo bwahagurukiye abacuruza kawa ziteze kuko uretse kuba abazicuruza bishyira mu gihombo banatuma amadovize atinjira mu gihugu, nk’uko bivugwa na Kirenga Leonard, umukozi ushinzwe ubugenzuzi mu kigo cya NAEB.
Bamwe mu baturage b’umurenge wa Mukama mu karere ka Nyagatare bavuga ko bacyokesha imyaka yabo kubera kutagira umuhanda n’amasoko bajyanamo umusaruro wabo,ariko ubuyobozi bubasaba guhunika imyaka byaba ngombwa bakaka inguzanyo muri Sacco y’umurenge ariko bakazagurisha badahenzwe.
Ku muhada Rusizi-Kigali, mu birometero bike uvuye ku ishyamba rya Nyungwe ugera ku gasanteri aho bita ku Buhinga, haba hari urubyiruko rwinshi rukuruza imbuto zitandukanye ziganjemo imineke, amatunda, ibinyomoro , amacunga n’indimu.
Abacuruzi bakorera mu isoko rya Byumba mu karere ka Gicumbi barasaba ko bahabwa ibyuma bikonjesha biri muri iryo soko kugirango bajye babona aho babika imbuto n’imboga ndetse n’ibindi bicuruzwa bibasaba kubika kuri za firigo.
Komiseri Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro (RRA), Tushabe Richard yizeza abacuruzi bo mu Ntara y’Amajyaruguru ko bagiye kunoza serivisi bahabwa bashaka inyubako yo kubika ibicuruzwa mu gihe bitegerejwe kumenyekanishwa.
Mu rwego rwo kongera agaciro k’umusaruro w’abaturage, mu karere ka Ngororero biyemeje gukwirakwiza amasoko manini ahasanzwe hakorerwa ubucuruzi bw’imyaka no kubaka amasoko mato mato mu mirenge kugirango hagurishirizwe umusaruro w’abaturage kandi ku giciro kibaha inyungu.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe iterambere (RDB) cyagaragarije abacuruzi bo mu turere twa Nyanza na Ruhango ko bimwe mu bibatera igihombo hazamo no kutamenya amategeko agenga umwuga wabo w’ubucuruzi.
Isoko mpuzamahanga ryo ku mupaka wa Cyanika ryagombaga kubakwa mu mwaka wa 2014 ariko ntibize gushoboka biturutse ku mushoramari wahagaritse umushinga waryo, ubu noneho ngo rizubakwa mu mafaranga agaragara mu ngengo y’imari y’umwaka wa 2014-2015.
Nyuma y’uko bimuwe mu isoko basanzwe bakoreramo kugira ngo ryubakwe mu buryo bugezweho, abacuruzi bakorera mu isoko rya Kabacuzi riri mu mujyi wa Nyamagabe baratangaza ko basabwa amafaranga arenze ayo bari basanzwe bishyura, bagasaba ko yagabanywa kugira ngo babashe kubona inyungu.
Yadufashije Jeanne ni umwana w’umukobwa wo mu murenge wa Shyorongi ho mu karere ka Rulindo akora ibintu bijyanye n’isuku ku bagore birimo guca inzara no kuzisiga, kudefiriza, koza ibirenge n’ibindi bijyanye n’isuku ku bagore.