Mu gihe abakozi benshi bagerereye imishahara y’ukwezi gushize k’Ugushyingo bayikenuza, abarimu bakorera mu Karere ka Huye bo ntibarahembwa.
Ubwo yari amaze gusura inyubako ya Banki Nkuru y’u Rwanda iri kubakwa mu mujyi wa Butare, kuwa kane tariki 06/12/2012, Guverineri wungirije wa Banki Nkuru y’u Rwanda, Madamu Monique Nsanzabaganwa, yatangaje ko iyo nyubako izaba yuzuye muri Gicurasi 2013.
Kuri uyu wa gatandatu tariki 08/12/2012, mu karere ka Huye na Gisagara mu ntara y’Amajyepfo, hazabera isiganwa ngarukamwaka ry’amamodoka ryiswe ‘Huye Rally’ rikazazenguruka ibice bitandukanye bigize utwo turere.
Abashakashatsi baturutse mu bihugu binyuranye, harimo n’Abanyarwanda, bateraniye muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda (NUR) bagamije gushyira ahagaragara ibyo ubushakashatsi bwabo bwagezeho ku nsanganyamatsiko igira iti « ubukungu burambye n’imiyoborere myiza».
Abayobozi ba za serivisi zinyuranye zitangirwa mu karere ka Huye bakoze inama n’ ubuyobozi bw’ako karere tariki 28/11/2012, hagamijwe gufatira hamwe ingamba ku byakorwa kugira ngo hatongera kubaho abantu binubira serivisi bahabwa.
Abakozi bakorera KPC (Kigali Professional Cleaners), isosiyete ikora isuku muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda, bigaragambije mu gihe cy’amasaha make tariki 13/11/2012 kubera ko umukoresha wabo atabishyuye amafaranga yari yababeshye ko yabashyiriye mu isanduku y’ubwiteganyirize bw’abakozi.
Kuwa gatandatu tariki 10 Ugushyingo, umuryango w’abanyeshuri bo muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda bacitse ku icumu rya Jenoside (AERG) wijihije isabukuru y’imyaka 16 umaze uvutse.
Hashize amezi arenga abiri bamwe mu bari bagize orchestre Impala n’Imparage bakiriho biyemeje kuyigarura mu ruhando rw’abanyamuzika banezeza Abanyarwanda. Kuri uyu wa gatandatu tariki 10 Ugushyingo, abari batahiwe ni Abanyehuye.
Abakristo bo mu madini atandukanye akorera mu Karere ka Huye bitabiriye ibiganiro byateguwe na Arise and Shine International Ministries ifatanyije n’abafatanyabikorwa bo muri Leta zunze ubumwe za Amerika bagaragarijwe ko uruhare rwabo mu iterambere ari ngombwa.
Abakozi ba Mituweri ya Kaminuza Nkuru y’u Rwanda (NUR) bari mu muryango FPR-Inkotanyi, tariki 01/11/2012, bijihije isabukuru y’imyaka 25 uyu muryango umaze ushinzwe babijyanisha no gufasha abarwayi b’abakene barwariye mu bitaro bikuru by’iyi Kaminuza.
Moteri ifite ingufu College Imena ifite, yarifashije guha umuriro w’amashyanyarazi abatuye umurenge wa Karama, akarere ka Huye, iri shuri riherereyemo, gusa abaturage ntibanyuzwe n’igiciro cy’amafaranga basabwa kugira ngo bemererwe gucanirwa.
Abapolisi 15 bayobora abandi mu ntara y’Amajyepfo basoje amahugurwa ku miyoborere ikwiye kandi ijyanye n’igihe. Abayahawe bishimiye ubumenyi bakuyeko, bavugak ko bari basanzwe babikenera mu kazi kabo ka buri munsi.
Uyu mwaka, Kaminuza Nkuru y’u Rwanda (NUR) izasohokamo abanyeshuri 3254, bamwe barangije Ao, abandi Masters. Ibirori byo gutanga impamyabushobozi byatangiye tariki 23/10/2012 bikazageza tariki 26/10/2012.
Ndayishimye Uwineza Marie Odile wiga mu mwaka wa 4 mu ishami ry’imibare, ibinyabuzima n’ubutabire ni we wabaye Nyampinga y’urwunge rw’amashuri Notre Dame de la Providence de Karubanda nyuma y’imyiyereko yabaye kuwa 21 Ukwakira 2012.
Inzu abana b’uwitwa Maniraho Joseph basigiwe na se wari utuye ahitwa mu Gahenerezo mu Murenge wa Huye mu Karere ka Huye yatejwe cyamunara hagamijwe kwishyura uwitwa Nyiratabaro Veronika ku bw’urubanza yaburanye na se mbere y’uko yitaba Imana.
Uwera Marcelline wo mu Murenge wa Rusatira yishimira jumelage (ubufatanye) bw’umurenge avukamo n’igihugu cy’Ububirigi kuko bwamubashishije kurangiza amashuri yisumbuye na kaminuza, none ubu ni umwarimukazi mu rwunge rw’amashuri Kacyiru II.
Mu muhango wo kwizihiza ku nshuro ya 15 umunsi w’umugore wo mu cyaro tariki 15/10/2012, uhagarariye inama y’igihugu y’abagore mu Karere ka Huye yatangaje ko muri ako karere nta mwana usigaye mu kigo cy’imfubyi.
Abana b’inshuke, abiga mu mashuri abanza n’ayisumbuye nabo bitabiriye gushyira ikigega Agaciro Development Fund mu muhango wabereye mu murenge wa Kinazi mu karere ka Huye tariki 13/10/2012.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’uburezi, Dr. Harebamungu Mathias, arasaba abayobozi b’ibigo by’amashuri kurushaho kwita ku burere bw’abanyeshuri kubera ko ngo byagaragaye ko hari abayobozi b’ibigo bibera mu byabo ku buryo usanga batakiba mu bigo bayobora.
Umuhango wo kwambika amakamba abanyeshuri barangije muri Kaminuza nkuru y’u Rwanda (NUR) muri uyu mwaka wa 2011-2012 uzaba mu byiciro mu gihe mu myaka yabanje byajyaga bikorerwa rimwe ku banyeshuri bose barangirije rimwe.
Abikorera bo mu Karere ka Huye barushije abandi bo mu ntara y’Amajyepfo kwitwara neza mu kwesa imihigo bahize mu mezi atandatu ashize.
Akarere oa Huye gafite umwihariko wo kweza bwiz kurusha ahandi kubera imiterere y’ako, nk’uko bitangazwa n’Umuryango utegamiye kuri Leta (ARDI) ufasha abaturage b’abakene kwiteza imbere binyuze mu myuga iciriritse, harimo buhinzi no ku bworozi.
Theogene Siborurema utuye aho bita i Cyarumbo yishakiye uburyo bwo kuhira imyaka akunda guhinga, yiganjemo inyanya n’intoryi, bwanafashishe n’abaturanyi be kuba yaratekereje icyo gikorwa.
Nyuma yo guhingira umukecuru wari uraye ihinga witwa Verediyana Nyirabakunzi mu gikorwa cy’umuganda cyabereye ahitwa i Mubumbano mu Murenge wa Mukura, akarere ka Huye, tariki 29/09/2012, abawitabiriye bashimangiye ko abasheshe akanguhe ni abo guhabwa agaciro.
Abavuzi gakondo mu karere ka Huye bategetswe kujya bacuruza imiti bikoreye bakarea gukoresha iva hanze, nyuma y’uko hari amaduka yagiye agaragara ko acuruza iyo miti ariko agahita afungirwa.
Janvier Habineza, umushoferi utwara ikamyo yo mu bwoko bwa FUSO yikorera amakara, afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Ngoma mu Karere ka Huye akurikiranyweho kugerageza guha umupolisi ukorera mu Karere ka Huye ruswa.
Ku kigo cyigisha imyuga cyo mu Irango ho mu Murenge wa Tumba, Akarere ka Huye, ntibishimira umubare w’urubyiruko rwitabira amasomo ahatangirwa kuko ari mukeya.
Abanyeshuri biga imyuga mu kigo cyigisha imyuga cyo mu Rwabuye bafashwa na JICA barifuza ko bakongererwa igihe cyo kwiga kuko ngo ubumenyi bahakura ntibutuma babasha guhangana na bagenzi babo baba bize mu gihe cy’umwaka.
Abakobwa babyariye iwabo ndetse n’abahoze bakora umwuga w’uburaya bo mu Murenge wa Mbazi bagabiwe inka esheshatu, ingurube esheshatu ndetse n’ihene 60.
Mu nama yo kunoza imikoranire y’inkeragutabara n’abayobozi b’ibanze, abayobozi b’imidugudu n’abahagarariye inkeragutabara muri imwe mu mirenge igize akarere ka Huye bibukijwe ko nta muntu wemerewe gufunga umuturage uretse polisi yonyine.