Ikibuga cya Stade Huye kizatangira gukinirwaho mu kwezi kwa munani uyu mwaka; nk’uko byatangajwe n’umuyobozi w’akarere ka Huye Eugene Muzuka mu nama nyunguranabitekerezo yo kureba iterambere ry’ikipe ya Mukura VS, yateranye tariki 03/04/2013.
Umukozi ushinzwe umusaruro mu mushinga w’ubuhinzi n’ubworozi ufasha abaturage kurwanya ubukene binyujijwe mu makoperative wo muri APROJUMAP, avuga ko ibiti bibiri bya avoka byitaweho neza, mu gihe cy’umwaka bishobora kuvamo amafaranga agura inka.
Bihira Yuvenali wari uzwi nk’umwe mu bantu bafite amafaranga menshi mu mujyi wa Butare yitabye Imana tariki 24/03/2013, i Burayi aho yari yaragiye kwivuriza. Ku itariki 01/04/2013 ni ho yashyinguwe.
Ku wa gatanu mutagatifu, tariki 29/3/2013, abakirisitu Gatorika bo mu mujyi wa Butare bakoze inzira y’umusaraba bagerageza kwigana uko byagenze igihe Yezu Kristu ababara, agapfa, akabambwa ku musaraba hanyuma agahambwa.
Mu nama mpuzamahanga abanyeshuri biga ibya farumasi (ubuhanga mu by’imiti) muri Kaminuza y’u Rwanda bagiriye i Huye kuwa 23/03/2013, bagaragaje ko hakenewe ko abize ibya farumasi bagira uruhare mu kugenera imiti abarwayi.
Mukamana Alphonsine, umukecuru utuye mu Kagari ka Kabona mu Murenge wa Kinazi, Akarere ka Huye, afite ihene yise Cyabakobwa.
Seminari nto yitiriwe Virgo Fidelis iri ku Karubanda mu karere ka Huye, tariki 16/03/2013 yizihijwe yubire y’imyaka 50 imaze ishinzwe. Iri shuri ryizwemo n’abantu bakomeye batandukanye barimo umuyobozi w’intara y’amajyepfo, Munyantwari Alphonse, abadepite batandukanye n’abandi bayobozi banyuranye.
Abagore bo mu magereza bajyaga bizihiza umunsi w’abagore ubwabo, ariko abafungiye muri Gereza y’i Huye bawijihije bari kumwe n’ubuyobozi bwa Gereza n’ubuyobozi bw’Akarere ka Huye, kuri uyu wa Gatanu tariki 08/03/2013.
Abanyeshuri biga mu mashuri makuru na kaminuza z’u Rwanda ngo ntibagishaka kwitwa intiti zitagira ibikorwa ndetse bamaze gutangiza gahunda bise Students on field izabageza hirya no hino mu gihugu bagahura n’Abanyarwanda, bagamije kubafasha mu bikorwa bitandukanye by’iterambere.
Abagenda mu mugi wa Butare baturutse i Kigali cyangwa no mu yindi migi yo hanze y’u Rwanda, binubira ko kubona serivisi za nijoro muri uyu mujyi bitaborohera. Abacuruzi b’i Huye na bo bavuga ko gukora nijoro batabyanze, ikibazo kikaba ari uko nta bakiriya babona muri ayo masaha.
Umuryango Imbuto Foundation wagendereye abanyeshuri b’abakobwa biga mu mwaka wa mbere n’uwa kabiri muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda ubashishikariza kwiyitaho, kugira intego y’ubuzima ndetse no kurwanya bivuye inyuma ibyababuza kugera ku ntego yabo mu gitaramo bagiranye kuwa gatandatu tariki ya 02/03/2013.
Abanyehuye batunguwe no gusurwa kuwa 26/02/2013 batarabimenyeshejwe n’amatorero y’ibihugu binyuranye byitabiriye iserukiramuco rya Afurika ry’imbyino gakondo, FESPAD riri kubera mu Rwanda kuva ku itariki ya 23/02-03/03/2013.
Ndagijimana Olivier, umuyobozi w’urugaga rw’abafite ubumuga mu Turere twa Huye, Gisagara, Nyamagabe na Nyaruguru avuga ko abafite ubumuga bagira ibyago byo kwanduzwa SIDA kurusha abadafite ubumuga.
Nyuma y’aho Minisitiri w’Intebe agenderereye Abanyehuye tariki 12/02/2013 akabashishikariza kubaka inyubako zijyanye n’igihe tugezemo, abanyamabanki, abafite amahoteri, amakoperative ndetse n’amasosiyete anyuranye bemeye ko ibyo bemeye gukora bazabishyira mu bikorwa bidatinze.
Ubwo yasuraga Abanyehuye kuwa kabiri tariki 12/02/2013, Minisitiri w’Intebe yababwiye ko nta mabanki, nta nganda ndetse nta na mahoteri bagira mu rwego rwo kubashishikariza gushyira imbaraga mu mikorere yabo, kugira ngo batere imbere, boye gusigara inyuma.
Umugore witwa Tirifina w’imyaka 58 amaze imyaka ine abumba amategura hamwe na bagenzi be bibumbiye muri koperative Ingorihujababyeyi, ikorera mu Murenge wa Tumba ho mu Karere ka Huye.
Muri gahunda akarere ka Huye gafite yo guhuriza hamwe ibikorwa by’abanyabukorikori n’inganda, abanyabukorikori bakorera ahitwa mu Rwabayanga mu mujyi wa Huye bagiye kwimurirwa i Sovu mu murenge wa Huye.
Urubyiruko rwiganjemo urwiga mu mashuri yisumbuye ni rwo rwitabiriye kwizihiza umunsi w’intwari ari rwinshi tariki 01/02/2013, mu birori Akarere ka Huye kijihirije kuri sitade Kamena iherereye mu mudugudu wa Kabutare, Akagari ka Butare, Umurenge wa Ngoma.
Ababyeyi babyarira ku kigo nderabuzima cya Matyazo bazajya babyarira mu nzu yujuje ibya ngombwa bakesha Imbuto Foundation n’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku bana (UNICEF), byabashakiye inkunga yo kubaka iyi nzu yari ikenewe cyane.
Udukino tugufi tw’ikinamico ryifashisha kuririmba, maji, indirimbo z’inshinwa, ndetse n’imikino imwe n’imwe ishingiye ku igororamubiri, ni byo byaranze igitaramo itorero riturutse mu Bushinwa ryagaragarije Abanyehuye bari muri Grand Auditorium ya Kaminuza y’u Rwanda tariki 29/01/2013.
Umugabo wo mu kigero cy’imyaka 50 yakubiswe n’abantu bamuziza kwiba ibigori i Cyarwa ho mu Murenge wa Tumba, Akarere ka Huye, bimuviramo urupfu ku cyumweru tariki 27/01/2013
Ivugururwa ry’ingengo y’imari rya Minisiteri y’imari n’igenamigambi riherutse kuba ryagabanyije ku ngengo y’imari y’Akarere ka Huye amafaranga agera kuri miriyoni 99. Icyakora, ngo ibi ntibizabuza ko ibikorwa byari biteganyijwe bikorwa.
Mu gihe gahunda ya Leta y’u Rwanda ishishikariza abantu guhanga indi mirimo itari iy’ubuhinzi, abana bose bakajya mu ishuri, abantu bagatura mu midugudu bityo hakaboneka ubutaka bugaragara bwo guhinga, Abanyarwanda bakwiye gutangira guhinga bifahishije imashini.
Umudozi w’ikweto ukorera mu isoko ryo mu mujyi wa Butare, mu gitondo cya tariki 11/01/2013, yari yivuganywe n’umucuruzi bita Gasongo ukorera muri iri soko amuziza ko yari aje kumubaza impamvu yamumeneye itara.
Mu nama yahuje abari muri komite z’imiturire zo mu Turere twa Huye, Gisagara, Nyamagabe na Nyaruguru barasabwa gukora ku buryo abaturage batura neza kuko gutura habi biri mu bihungabanya umutekano.
Abadozi badodera iruhande rw’abacuruzi b’ubuconsho ndetse n’iruhande rw’abacuruza imyenda mu isoko ryo ku Karambi ryo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Huye, ngo babangamira aba bacuruzi kandi aribo barishye ibibanza ndetse ngo banabateza abajura.
Abaturage barema isoko ryo ku Karambi mu Murenge wa Kigoma mu karere ka Huye bavuga ko bataryohewe n’iminsi mikuru ya Noheri n’Ubunani kubera ahanini ubukene batewe no kuba ibiciro by’ikawa byaraguye.
Umuhanda umanukira kuri Hoteli Faucon ukanyura ku ishuri ryitwa Elena Guerra hanyuma ugatunguka aho bita mu Rwabuye uzatuma haboneka indi nzira imodoka zanyuramo zisohoka mu mujyi wa Butare, igihe hagira igituma zidatambuka zigeze ku bwinjiro bw’Ingoro y’Umurage w’u Rwanda y’i Huye.
Inama njyanama y’Akarere ka Huye yateranye tariki 27/12/2012 yemeje kujya kishyuza amafaranga 3000 ku bashyingura mu marimbi rusange mu mujyi ndetse n’amafaranga 1000 mu cyaro.
Inama njyanama y’akarere ka Huye yateranye tariki 27/12/2012 yemeje amande azajya acibwa abakoze amakosa atandukanye kuva ku bakoresha umuhanda kugera ku muturage wo mu cyaro.